Abashoferi 4 bafashwe bajyanye abagenzi mu Ntara barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rwamagana yeretse itangazamakuru abashoferi bane batwara abagenzi mu modoka ntoya, bafashwe barimo kuvana abagenzi mu Mujyi wa Kigali baberekeza mu turere two mu Ntara y’Iburasirazuba.

Imodoka zafashwe zijyanye abagenzi mu turere mu buryo butemewe
Imodoka zafashwe zijyanye abagenzi mu turere mu buryo butemewe

Bafatiwe mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Ntunga tariki 06 Nyakanga 2021, bafatanwa abagenzi 14, berekezaga mu turere twa Rwamagana, Kayonza, Gatsibo na Nyagatare.

Habarurema Joel ni umwe mu bashoferi bane bafatanywe abagenzi. Avuga ko yari afite uruhushya yasabiwe na Yego Cabs ariko agatwara abagenzi badafite impushya zibemerera kuva mu Mujyi wa Kigali zibemerera kujya mu Ntara.

Ati “Bamfatiye mu Karere ka Rwamagana ahitwa i Ntunga mvuye mu Mujyi wa Kigali ngiye mu Karere ka Kayonza, nari mfite abagenzi 4 buri umwe namuciye amafaranga ibihumbi birindwi kandi bose nta n’umwe wari ufite uruhushya”.

Uwitwa Mutoni Alexia wari muri abo bagenzi 14 bafashwe berekeza mu Ntara y’Iburasirazuba, avuga ko yiga muri kaminuza, abonye batakirimo kwiga yigira inama yo gushaka uko yataha.

Ati “Nabonye tutakirimo kwiga nigira inama yo gushaka uko naba nsubiye iwacu mu Karere ka Kayonza. Nta ruhushya nasabye Polisi kuko abantu bambwiye ko hafi ya gare bahasanga imodoka zifite impushya zikabatwa”.

Abo bashoferi n’abagenzi bose bemera ko ibyo bakoze ari amakosa kandi bishobora gukwirakwiza covid-19 bakaba babisabira imbabazi bagira n’abandi inama yo gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Bemeye ko bakoze amakosa
Bemeye ko bakoze amakosa

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, avuga ko mu bafashwe harimo abafite imodoka zifite impushya zemerewe gutwara abagenzi gusa bakaba bazikoresheje mu buryo butari bwo.

Ati “Hari imodoka zizwi nka Yego Cabs zifasha abantu gukora ingendo, ba nyirazo batanga urutonde rwazo zikaba zizwi kandi na zo zigatwara abantu bafite uruhushya, bahawe na Polisi ariko iyo ubirenzeho urafatwa”.

Uretse abo bafatiwe mu Ntara y’Iburasirazuba, ku mugoroba wo ku wa 03 Nyakanga 2021, undi mushoferi yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge atwaye abagenzi mu modoka yo mu bwoko bwa Coaster abajyanye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyarugu yanyuranyije n’amabwiriza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka