Abarundi n’Abanyarwanda baturanye inzoga

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda hamwe n’uw’Intara ya Kayanza mu Burundi, baturanye inzoga mu rwego rwo kwizihiza Umuganura mu Rwanda n’umunsi wo Gufatana mu nda mu Burundi.

Abarundi n'Abanyarwanda baturanye inzoga
Abarundi n’Abanyarwanda baturanye inzoga

Bazituranye ku itariki 6 Kanama 2021, ubwo Guverineri w’Intara ya Kayanza mu Burundi, Col. Remy Cishahayo, yashyikirizaga Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, Alice Kayitesi, abana b’Abanyarwanda 7 bafatiwe i Burundi ndetse n’inka Abarundi bari batwaye Abanyarwanda nyuma y’uko yari yambutse uruzi ikagera mu gihugu cyabo.

Guverineri Cishahayo yabwiye Kayitesi ko babazaniye izo nzoga bagira ngo basangire, cyane ko ku itariki ya 6 Kanama mu Burundi aba ari umunsi mukuru wo Gufatana mu nda no Gushyigikirana.

Yagize ati “Ni byiza cyane ko umunsi nk’uyu twabagendereye wahuriranye n’uwo Gushyigikirana no Gufatana mu nda, kugira ngo natwe abavandimwe b’u Rwanda dushyigikirane kandi dufatane mu nda. Murumva ko ari ibyo gushima”.

Yunzemo ati “Ni na cyo gituma mubona twaje twitwaje n’abinyobwa. Turazi ko Abanyarwanda mukunda ka Amstel kava i Burundi, twaje tukitwaje kugira ngo dusangire, noneho dukomeze twese n’umunsi mukuru”.

Ba Guverineri ku mpande zombi basuhuzanya
Ba Guverineri ku mpande zombi basuhuzanya

Ubundi umunsi wo Gufatana mu nda no gushyigikirana mu Burundi, wizihizwa “umwe wese aho avuka ku musozi iwabo cyangwa mu kagari atanga icyo afite nk’ibiribwa, imyenda, ibikoresho byo mu nzu kugira ngo bashyigikire abafite amikoro make”, nk’uko byasobanuwe n’umunyamakuru wo mu Barundi waganiriye na Kigali Today.

Guverineri Kayitesi yashimiye Guverineri Cishahayo kuba batekereje kuzana inzoga ngo basangire kuri uwo munsi, anamubwira ko byahuriranye n’uko mu Rwanda bijihije umunsi w’Umuganura, aho abantu basangira ku byo bejeje.

Icyakora Guverineri Kayitesi yamubwiye ko ibirori bitemewe mu Rwanda muri iyi minsi kubera icyorezo cya Covid-19, bityo gusangira bikaba bitashoboka.

Guverineri w'Intara ya Kayanza mu Burundi, Col. Remy Cishahayo
Guverineri w’Intara ya Kayanza mu Burundi, Col. Remy Cishahayo

Ku bw’ibyo na we yamuhaye ku nzoga zo mu Rwanda azitahana i Burundi, izo Abarundi bari bazanye na zo zisigara mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyo kwishimira ko umubano w’ibihugu byombi urimo kuzahuka bizafasha ku mpande zombi mu bikorwa butandukanye biteza imbere abenegihugu

Angelo yanditse ku itariki ya: 8-08-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka