Abanyekongo baturiye Nyiragongo bakomeje guhungira mu Rwanda
Impunzi 64 zabyutse zambukiranya ikibaya gihuza u Rwanda na Congo binjira mu Murenge wa Busasamana bavuga ko barimo guhunga imyotsi iva mu mazuku yarutswe n’ikirunga cya Nyiragongo kuwa 22 Gicurasi 2021.

Abahungiye mu Rwanda nu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gicurasi 2021, bavuga ko bafite ubwoba bw’imyotsi ikomeje kuva mu mazuku atarazima neza, bigatuma abayegereye babura ubuzima.
Umwe mu bageze mu Rwanda avuga ko abantu icyenda bamaze kwicwa no kubura umwuka "oxygen" bitewe n’ayo mazuku bakuma.
Kuva kuu itariki ya 23 ikirunga cya Nyiragongo kikimara kuruka, bamwe mu baturage ba Congo bagaragaye bifotoreza ku mazuku bayagenda hejuru, abandi bayotsamo ibigori.
Icyakora ahazwi nka Kilimanyoka aho amazuku yapfupfunutse agaca umuhanda wa kaburimbo uhuza umujyi wa Goma na Rutshuru, mu bantu bahifotoreje habonetse amafoto y’abahaguye bishwe n’iyo myuka ikizamuka.
Kigali Today ivugana na Mvano Etienne, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, avuga ko abahunga ngo batinya imyotsi irimo kuva mu mazuku.
Ati "Kubera imvura yatangiye kugwa imyotsi ikazamuka muri biriya byarutswe n’ikirunga, baravuga ko ababihumeka bapfa, tukaba twabakiriye biyongera ku basanzwe".

Abageze mu Rwanda biyongereye ku bandi 354 bamaze kugezwa muri uwo murenge wa Busasamana.
Ubu bacumbikiwe mu rusengero mu gihe hategerejwe ko basubira iwabo, cyangwa bikemezwa ko bazaguma mu Rwanda bagashakirwa aho bajyanwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko inzego zitandukanye mu Rwanda zikorana kugira ngo zifashe Abanyecongo bahuye n’iruka ry’ibirunga, bakaba bahungiye mu Rwanda.
Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
Ohereza igitekerezo
|