Abanyarwanda 20 birukanywe muri Uganda
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko yakiriye Abanyarwanda basaga 20 birukanywe muri Uganda ku wa kabiri tariki 12 Kamena 2019, bakaba bari bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko.
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ufite mu nshingano ze Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yihanganishije abo Banyarwanda n’imiryango yabo kubera akaga bahuriye na ko muri Uganda.
Yagize ati “Uko gufungwa mu buryo budakurikije amategeko, uko gufatwa nabi ndetse no kwirukanwa, ni zo mpamvu Guverinoma y’u Rwanda ishingiraho igira abaturage bacu inama yo kwirinda kujya muri Uganda.”
Ambasaderi Nduhungirehe yasabye Igihugu cya Uganda guhagarika imikoranire yacyo n’imitwe y’iterabwoba irimo na RNC, igira uruhare mu gufunga mu buryo butemewe Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo.
U Rwanda kandi rusaba ko Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bahabwa ubutabera bakaburanishwa ku byaha baba bakekwaho.
U Rwanda ruvuga ko abo Banyarwanda birukanywe mu buryo bugayitse atari aba mbere bahohotewe n’Igihugu cya Uganda. U Rwanda rushinja Uganda kuba hari Abanyarwanda babarirwa mu magana kandi bazwi na Guverinoma ya Uganda bishwe, abandi batabwa muri yombi, bafungirwa ahantu habi, bakorerwa iyicarubozo, ndetse ntibemererwe no gusurwa.
U Rwanda kandi ruvuga ko ikibabaje ari uko ibibazo abo Banyarwanda bahurira na byo muri Uganda bidasuzumwa hakurikijwe inzira ziteganywa n’amategeko, ahubwo bagahambirizwa mu buryo budakwiriye. Ni mu gihe u Rwanda rwasabye inshuro nyinshi ko ibyo bibazo byakemurwa binyuze mu nzira ya Dipolomasi ariko Uganda ntishake kubyumva.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Ndabaza kandi nsubizwe umunyarwanda zajya akubitwa yicwe afunge birangirire aho pee nk’igikeri kiguye mu isuka bikomeze gutyo turebera ntaho twabariza cga ngo tubarege.
Mubyukuri ntibyumvikana uburyo ki abanyarwanda bakomeza gupfa bazirubusa hagomba kurebwa icyogukora nukur birakabije!!!!!
!