Abandi Bagande 75 bari baraheze mu Rwanda kubera Covid-19 batashye (Video)

Ambasade ya Uganda mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, icyiciro cya kabiri cy’abaturage b’Abagande 75 bari baraheze mu Rwanda kubera icyorezo cya Covid-19 batashye mu gihugu cyabo.

Batwawe n'imodoka za sosiyete ya Volcano
Batwawe n’imodoka za sosiyete ya Volcano

Aba baje bakurikira abandi 100 batashye mu cyiciro cya mbere, ku wa Kabiri tariki 15 Nzeri 2020, hakaba hasigaye ikindi kiciro kimwe.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, hariho amafoto ndetse namashusho y’abo baturage b’Abagande ndetse n’abakozi ba Ambasade, baganirizwa ndetse banabasezeraho.

Ubwo hatahaga icyiciro cya mbere, Ambasade yari yavuze ko mu Rwanda hari haraheze Abagande barenga 350, kubera ingamba zo gufungwa kw’imipaka mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Mbere yo guhaguruka babanje kuganirizwa
Mbere yo guhaguruka babanje kuganirizwa

Nk’uko byagenze ku cyiciro cya mbere kandi, abatashye none na bo batwawe n’imodoka za kompanyi ya Volcano, zikaza kubageza i Kampala, zinyuze ku mupaka wa Gatuna/Katuna.

Biteganyijwe ko bakigera mu gihugu cyabo, babanza gushyirwa mu kato nk’uko amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima muri icyo gihugu abitaganya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka