Abakuru b’ibihugu 40 bamaze kwemeza ko bazitabira CHOGM
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku ya 31 Gicurasi 2022, yavuze ko ibihugu 40 mu bigize Commonwealth 54, bimaze kwemeza ko abakuru babyo bazaza mu Rwanda kwitabira inama ya CHOGM.

Minisitiri Biruta abajijwe uko imyiteguro ya CHOGM ihagaze, yasubije ko imeze neza, kandi igihugu cyabyiteguye neza kuko u Rwanda rumaze kumenya abazitabira inama, kandi rukaba rwaramaze gutegura ibintu byose kuko inama izatangira vuba muri Kamena.
Ati “Tumaze kumenya abakuru b’ibihubu bazitabira iyi nama kandi hari izindi nama zishamikiye kuri iyi y’Abakuru b’ibihugu, hari inama y’urubyiruko, inama y’abagore, irebana n’ubucuruzi, irebana n’imiryango yigenga idashamikiye kuri Leta, rwose nta gushidikanya izi nama zose zibanziriza CHOGM zizagenda neza”.
Minisitiri Biruta avuga ko mbere ya CHOGM nanone hari indi nama ijyanye n’itumanaho, nayo iri ku rwego rw’Isi izaba ku va ku itariki ya 6 kugeza ku ya 16 Kamena 2022.
Iyo myiteguro niyo u Rwanda rurimo na n’ubu kandi biragaragara ko rwiteguye neza kwakira iyi nama, nk’uko inzego zitandukanye z’ubuyobozi ndetse no mu bikorera bagize iminsi bita ku bijyanye no kuzakira abashyitsi benshi.
Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ohereza igitekerezo
|