Abakozi bacu bahabwa ikiruhuko nk’uko babyemererwa n’itegeko - RITCO

Ubuyobozi bwa Rwanda Interlink Transport Company (RITCO) buravuga ko amakuru aherutse kunyuzwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari abashoferi b’icyo kigo badahabwa ikiruhuko nta shingiro afite, kuko abakozi b’icyo kigo harimo n’abashoferi bafatwa kimwe hakurikijwe amasezerano y’akazi, hakurikijwe kandi ibiteganywa n’amategeko agenga umurimo mu Rwanda.

Ibi biri mu itangazo RITCO yashyize ahagaragara, nyuma y’inyandiko iherutse gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga, uwayanditse avuga ko abashoferi b’icyo kigo badahabwa ikiruhuko, bikaba impamvu yateza impanuka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka