Abagenzacyaha batangiye kwigishwa ururimi rw’amarenga
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kwigisha abagenzacyaha ururimi rw’amarenga bizanoza serivisi z’ubutabera ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kuko wasangaga kubakira bisaba gushaka abasemuzi.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, avuga ko n’ubwo nta bibazo byinshi bahuraga na byo mu kwakira abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, byasabaga umwanya wo gushaka abasemuzi muri urwo rurimi igihe bakira ukeneye serivisi cyangwa bakurikiranye ibyaha ku bafite ubumuga.
Muhorakeye Pelagie uyobora umuryango nyarwanda w’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, avuga ko abafite ubumuga bahura n’imbogamzi nyinshi mu kubona serivisi z’ubutabera, kubera ko bigoye kumvikana n’abantu badafite ubumuga.
Avuga ko hari ingero nyinshi bagiye babona aho nk’ufite ubumuga yahohoterwaga ariko yagera muri RIB ntibabashe kumvikana n’ababakira ku gihe kuko batazi ururimi rw’amarenga, no kuba urwo rurimi rutaremerwa mu Gihugu nk’izindi ndimi, ibibazo byinshi bikaba byiganje cyane mu bice by’icyaro.
Agira ati “Kuba abatanga serivisi z’ubutabera batumva urwo rurimi, bituma hari ubwo ufite ikibazo ahabwa serivisi itanoze kuko habayeho kutumvikana neza. Ni yo mpamvu twatekereje kwigisha uru rurimi rw’amarenga kuko ni ikibazo kuba utanga serivisi atazi ururimi rw’amarenga by’umwihariko RIB n’izindi nzego”.
Abakozi ba RIB batangiye guhugurwa ku rurimi rw’amarenga
Mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi z’ubutabera, mu Gihugu hose hagiye hatoranywa umwe mu bakozi ba RIB kuri buri Sitasiyo bagahurizwa hamwe ngo bahabwe amahugurwa azamara amezi atatu.
Muri ayo mezi baziga iminsi ibiri mu cyumweru ururimi rw’amarenga, bahereye ku bimenyetso bijyanye n’uko inyuguti zikoreshwa mu nyandiko zisanzwe, ziba zishushanyije mu rurimi rw’amarenga.
Dr. Murangira avuga ko abafite ubumuga bakeneye serivisi nk’abandi bose, kandi bakayihabwa mu buryo bumva mu rwego rwo guhabwa ubutabera bunoze, kandi hakurikijwe uko amategeko abiteganya.
Agira ati “Byari bitarananirana cyane kwakira abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ariko twakoreshaga abasemuzi muri urwo rurimi. Ibyo byasabaga ko serivisi ishobora gutinda mu gihe ugishakisha uwo muntu”.
Yongeraho ati “Umugenzacyaha niba amenye gukoresha amarenga, bizaba byiza kurushaho, kuko iyo hategerejwe undi muntu byakerezaga serivisi ufite ubumuga bwo kutumva no kutabona akeneye”.
Dr. Murangira avuga ko kwiga ururimi rw’amarenga kandi bizarushaho kunoza uburyo bwo kuvugana, gusabana no guhana amakuru k’uregwa cyangwa urega ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|