Umusanzu n’umuganda byatumye biyubakira ikiraro kibakiza ibyago

Abaturage bo mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera bakusanyije umusanzu bakora n’umuganda biyubakira ikiraro cyabatezaga ibyago.

Icyo kiraro kiri mu kagari ka Kidakama, ku mukoki ufite metero zigera kuri eshanu z’ubujyakuzimu, unyuramo umuvu w’amazi aturuka mu birunga. Cyubakishije isima n’imbaho aho cyubatse hari hasanzwe ikiraro cy’ibiti bibiri gusa.

Icyo kiraro gishya cyuzuye abaturage bakinyuraho nta mususu.
Icyo kiraro gishya cyuzuye abaturage bakinyuraho nta mususu.

Nubwo ngo mbere nta muntu wari wakaguye muri uwo mukoki, ngo isaha n’isaha yari kuzagwamo akabura ubuzima cyangwa agakomereka bikomeye. Icyo kiraro gishya cyubatse kuri uwo mukoki, cyuzuye gitwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshashatu n’ibihumbi 300.

Ayo mafaranga yose yaturutse mu musanzu w’amafaranga y’u Rwanda abanyagahunga bakusanyije n’umuganda rusange bagiye bakora.

Iki kiraro kitaruzura ngo aha ntihari nyabagendwa.
Iki kiraro kitaruzura ngo aha ntihari nyabagendwa.

Nyirabahizi Venancie utuye muri uyu murenge avuga ko icyo kiraro kitarubakwa bahanyuraga badatekanye, bafite ubwoba ko bashobora kugwa mu mukoki. Avuga ko ariko ubu byabanejeje kuba biyujurije ikiraro kuko bagiye kujya bahanyura batekanye.

Agira ati “Twaragikoze (ikiraro)…twumva ko twakoze neza!”

Niyoyita Potien yungamo avuga ko icyo kiraro kitari nyabagenwa ariko baza kwigira inama yo kubagiramo uruhare.

Ati “Nta muntu wahacaga! Abana barahageraga ugasanga bashaka no kugwamo…ubuyobozi buratubwira buti ‘kugira ngo iki kiraro kizabe kizima twakagombye gufatanya namwe mukakiyubakira.”

Batarubaka icyo kiraro ngo banyuraga kuri ibi biti bafite ubwoba ko bagwa mu mukoki.
Batarubaka icyo kiraro ngo banyuraga kuri ibi biti bafite ubwoba ko bagwa mu mukoki.

Avuga ko usibye kuba kinyuraho abanyamaguru, ngo kinanyuraho imodoka zijya gutwara umusaruro w’ibihingwa bitandukanye, ziwujyaja ku isoko. Mbere icyo kiraro kitarubakwa ngo imodoka zaburaga aho zinyura, umusaruro ukagera ko isoko bigoranye.

Iki kiraro cyanatumye umurenge wa Gahunga uba uwa kane mu gihugu mu bijyanye n’ibikorwa by’umuganda. Uyu murenge wabaye uwa mbere mu ntara y’amajyaruguru. Wahaye “Certificate” y’ishimwe ndetse n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500.

Mugire Esther, umukozi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ubwo yashyikirizaga abanyagahunga iryo shimwe, tariki ya 26 Nzeli 2015, yarabashimiye. Ariko anabasaba gukomeza gukora kurushaho kugira ngo bazaze ku mwanya wa mbere mu Rwanda.

Ati “Mugomba no guharanira kuba aba mbere. Turifuza ko umwaka utaha (2016), ku rwego rw’igihugu, tuzaba turi hano twaje kwishimira ibindi bikorwa muzaba mwagezeho.”

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ikigali natwe twisubireho kuko ahandi umuganda bigeze kure, usanga i kigali iyo hari umuganda aribwo abantu barara mutubari ati ejo numuganda ngo bazaryama. ibyo leta izabifatire ingamba

mugisha yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

uwashyizeho umuganda yabitekereje neza kabisa urebye ibikorwa abaturage bakora byakagombye gutwara leta amafaranga menshi ,ntacyo wabigereranya. nitwiyubakire urwatubyaye

habaguhirwa yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

u rwanda ruzubakwa namaboko yabana barwo. nitwiyubakire urwatubyaye kuko ntabandi bashobora kuzaza ngo batwubakire

sagatwa yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka