Umukecuru w’imyaka 80 acuranga umuduri agususurutsa ibirori

Nubwo afite ubumuga bw’amaguru, umukecuru witwa Munganyinka Rose, wo mu Kagari ka Muganza, mu Murenge wa Runda, acuranga umuduri agasusurutsa ibirori.

Uyu mukecuru w’imyaka 80, ari mu itorero ry’Akagari ka Muganza. Avuga ko nubwo atabasha kubyina kuko afite ibyuma (tiges) mu maguru; asusurutsa ibitaramo acuranga umuduri nk’uko yabyigiye mu Itorero mu gihe cyo ha mbere.

Nubwo ashaje kandi akaba afite ubumuga, acuranga umuduri agasususrutsa ibirori.
Nubwo ashaje kandi akaba afite ubumuga, acuranga umuduri agasususrutsa ibirori.

Ngo akiri umwana muto yitabiraga ibikorwa by’Itorero maze ahigira guhanga, gusiga no gucuranga. Ageze igihe cyo gushyingirwa ngo yashakanye n’uwari umutware wa Kayenzi bituma akomeza gushyigikira umuco yigiye mu itorero.

Ariko ngo uwo muco wajyanye n’intambara yabaye mu mwaka w’1959, wongera kugaruka Perezida Kagame Paul ayoboye u Rwanda.

Ati “Nakundaga gususurutsa ibitaramo nkiri umukobwa, ubu rero byongeye kugaruka naramugaye ariko simbura kujya mu birori by’itorero ry’akagari kacu maze ngacuranga umuduri kandi nkanasiga”.

Abantu baba bahimbawe iyo bamureba acuranga.
Abantu baba bahimbawe iyo bamureba acuranga.

Mu gisigo yahimbiye Perezida Kagame, amushimira ko yahagaritse Jenoside mu 1994, ko yazaniye Abanyarwanda ubwisungane mu kwivuza, ko yatanze inka muri gahunda ya “Gira inka” n’uko yazanye umutekano mu gihigu.

Munganyika ashimira Perezida Kagame wagaruye Itorero mu gihugu kuko ari ryo urubyiruko rwigiramo umuco wo gukundana, gukunda igihugu no gusabana. Avuga ko kuba mu Itorero bifasha abantu kumenya amateka y’igihugu cyabo na gahunda za Leta.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ubuse uyu mukecuru afite imyaka 80!!!!!cyangwa nukuberako ahora yiririmbira ,mumutubarize uko yabigenje

Muyinga yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

ahubwo mutwereke uwo mukecuru atwigishe twe abakiri bato tumenye gucuranga umuduri

matama yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

hahaaaa umukecuru w’imyaka 80 asusutsa abantu n’umuduri hahaaaaa ahwiiiii uwabimyereka

kibwa yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

Yewe impano ipfa nyirayo yapfuye

Mado yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

abanyarwanda bakera bari bazi ibintu, ntabikoresho byumuziki byabagaho ariko abakihimbira uburyo bacuranga

patrick yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

itorero ryahozeho kandi rizahoraho umuco ntugacike mubana babanyarwanda

alexandre yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

kubera kwizihirwa no guhora yishimye ntiwamenya ko afite imyaka 80 bamuvugaho, ubundi se kuki abahanzi bashaje bo batakwitabwaho na MINISPOC sibo bajaya bigisha abatoya, urugero hari nkumugabo witwa BUHIGIRO JACQUES waririmbye indirimbo nyinshi nka NYIRABIHOGO, AMAFARANGA, AGAHINDA KARAKANYAGWA..NIZINDI NYINSHI, ashobora kwigisha abatoya kuko aririmba anacuranga guitare ye...nka MINISPOC rero yajya inyuzamo wenda nka rimwe mu mwaka , abahanzi bashaje bazwiho ubunararibonye , bakajya bahurizwa mu gitaramo cy’umwihariko..kandi concerts zabo zikishyurwa, avuyemo akabafasha mubintu bitandukanye, igikenewe nukubaha agaciro bakwiye gusa, ibintu nkubwitabire hagakorwa publicite ifatika

kimberley yanditse ku itariki ya: 22-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka