U Rwanda rwatesheje agaciro raporo ya LONI

U Rwanda ruramagana raporo y’abakorera Umuryango w’abibumbye(LONI) muri Kongo Kinshasa, barushinja gutoza igisirikare inyeshyamba z’Abarundi.

Mu nyandiko Ministeri y’ububanyi n’amahanga yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatanu, yavuze ko u Rwanda rurimo gukorerwa akarengane ko kwisobanura ku makuru u Burundi burimo gukwirakiza ku isi; bukaba bwaranayahaye abo bakozi ba Loni muri Kongo.

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Louise Mushikiwabo
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga, akaba n’Umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo yagize ati:”Ikibazo cy’u Burundi kirakomeye kandi cyatewe n’ubuyobozi bwacyo; umuryango mpuzamahanga ugomba gushaka igisubizo aho gushaka urwitwazo”.

Aya makuru yatanzwe ku bakozi ba Loni bivugwa ko yavuye mu mpunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, ariko Ministeri y’ububanyi n’amahanga ikaba igaragaza ko ari ibinyoma, ndetse izo mpunzi na zo ngo zaje kubishimangira ko u Rwanda rutigeze rutoza bamwe muri bo guteza umutekano muke mu Burundi.

U Rwanda ruravuga ko icyo rwakoze ari ukwakira impunzi no kwita ku mibereho yazo, kandi rugasaba Umuryango w’abibumbye kubishyigikira aho “guta umwanya mu gukora raporo”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka