Tuzakomeza gutera u Rwanda inkunga kuko ruzikoresha neza - Minisitiri Kirsten Garaycocheer

Minisitiri Kirsten Garaycocheer ushinzwe Afurika muri leta y’Ubudage aratangaza ko igihugu cye cyizakomeza gutera u Rwanda inkunga kuko ngi rukoresha inkunga ruhabwa neza cyane.

Ibi minisitiri Kirsten yabivugiye mu karere ka Rulindo kuwa 13/06/2014 aho yasuraga ibikorwa n’imishinga y’iterambere ry’abaturage igihugu cye gitera inkunga mu Rwanda.

Aha minisitiri Kirsten Garaycocheer yaganiraga n'abayobozi mu karere ka Rulindo ku bikorwa by'iterambere bikorerwa iwabo
Aha minisitiri Kirsten Garaycocheer yaganiraga n’abayobozi mu karere ka Rulindo ku bikorwa by’iterambere bikorerwa iwabo

Minisitiri Kirsten Garaycocheer yasuye ishuri ry’imyuga ry’abana b’abakobwa bacikirije amashuri riri mu murenge wa Tumba, asura Guest house ya Shyorongi, umuyoboro w’amazi mu murenge wa Shyorongi n’amashanyarazi mu murenge wa Rusiga, imishinga igihugu cy’Ubudage cyagizemo uruhare.

Aha minisitiri Kirsten yerekwaga umushinga w'ubukorikori wakozwe ku nkunga y'igihugu cy'Ubudage.
Aha minisitiri Kirsten yerekwaga umushinga w’ubukorikori wakozwe ku nkunga y’igihugu cy’Ubudage.

Uyu muminisitiri yashimye ibikorwa byose yaretswe muri ako karere, avuga ko ari imishinga myiza igaragara ko iteza abaturage imbere, atangaza ko igihugu cye cyizakomeza gutera inkunga u Rwanda kuko ruzikoresha neza mu bikorwa by’iterambere ry’abaturage n’iry’igihugu muri rusange.

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo Kangwagye Justus yavuze ko abaturage b’ako karere bose bashima cyane inyungu bakura mu mishanga igihugu cy’Ubudage cyibateramo inkunga.

Aha minisitiri Kirsten araganira n'abakobwa biga imyuga no gukora imishinga ibyara inyungu.
Aha minisitiri Kirsten araganira n’abakobwa biga imyuga no gukora imishinga ibyara inyungu.

Umuyobozi w’akarere yijeje ko bazakomeza ubufatanye no gukomeza kubungabunga ibikorwa muri iyo mishanga, bakabifata neza ngo bikomeze bizamure abaturage bazagera ku mibereho myiza.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nibyo u Rwanda rukoresha inkunga neza kandi rukaza ku mwanya mwiza wo kurwanya ruswa rero uwo mu minisitiri ibyo yavuze nibyo kandi twishimira inkunga ubudage butugenera ifasha abnayrwanda benshi kandi idufasha mu iterambere ry’igihugu cyacu.

Alias yanditse ku itariki ya: 14-06-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka