Nyamasheke: Imvura idasanzwe yateje umwuzure inasenyera abaturage

Imvura idasanzwe yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 04 Kamena 2015 yasenyeye abaturage barindwi ndetse irengera imyaka y’abaturage mu Kibaya cya Kirambo mu Kagari ka Kigoya na Kibogora mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke.

Iyi mvura yatumye imigezi ya Nyakagezi na Karundura yuzura maze aho batuye hararengerwa ku buryo bamwe babanza gukuramo imyenda kugira ngo bagere aho batuye.

Iki gishanga cyari gihenzemo imyaka y'abaturage cyahindutse ikiyaga.
Iki gishanga cyari gihenzemo imyaka y’abaturage cyahindutse ikiyaga.

Ukigera mu gishanga cy’aho bita mu Kirambo ugira ngo havutse ikiyaga ndetse ntiwanamenya ko higeze imyaka kubera imvura idasanzwe yaguye ikahateza umwuzure.

Iyo uzamutse gato aho abaturage batuye mu gasanteri gahari ubona amazu yasenyutse yuzuyemo amazi, hagati y’ayo mazu y’ubucuruzi ukahabona umuvu munini warengeye ku mabaraza y’inzu, abaturage bakavuga ko ari umugezi wa Nyakagezei wuzuye ukabasanga aho batuye.

Amabaraza y'amazu y'ubucuruzi yari yabaye nk'imigezi.
Amabaraza y’amazu y’ubucuruzi yari yabaye nk’imigezi.

Umwe muri bo agira ati “Nta hantu mfite ho kwikinga ibyo nari mfite byose byagiye, umuvu wansanze mu nzu urayisenya mbasha kurokoka, mu baturanyi naho imyaka yarengewe ndetse kugera aho batuye ni ukwambura imyenda”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aime Fabien, yahumurije abaturage ababwira ko ubuyobozi buri kumwe na bo mu byago bagize ariko abizeza ko bagiye gukora ibishoboka byose bakabashakira ubutabazi mu gihe cyihuse.

Umuhanda na wo wari hahindutse umuvu abaturage bumiwe.
Umuhanda na wo wari hahindutse umuvu abaturage bumiwe.

Agira ati “Tugiye kwitabaza minisiteri dukorana ishinzwe ibiza, ariko natwe nk’akarere tugiye gushaka ubutabazi bw’ibanze, kandi turahumuriza abaturage twifatanyije na bo mu byago bagize, tubabwira ko ibihe byahindutse bakwiye kujya batura ahantu kure y’imigezi cyangwa ahantu hashobora kutabateza akaga”.

Iyi mvura yatangiye kugwa mu rukerera rwo kuri uyu wa kane igeza ku gicamunsi yasenye amazu agera kuri arindwi ajyana n’ibyari biyarimo irengera imyaka y’abaturage ariko kugeza ubu nta ngano n’ agaciro k’ibyangiritse kari katangazwa.

Umugwaneza Jean Claude

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

YOO POLE BANDUGU MWARAHATSWE IMANA IBANDANYE IBAZIGAMA NKUKO YAMA

NDAYIZEYE SAMUEL yanditse ku itariki ya: 10-05-2016  →  Musubize

Abo yangirij’ibintu bihangane.Imana ishimwe ko ntawe yahitanye.

Mwumvaneza Theogene yanditse ku itariki ya: 6-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka