Kamonyi: Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye ibiro by’Akagari ka Mugina

Imvura yaguye ku cyumweru tariki 5 Mata 2015, yarimo umuyaga mwinshi usambura inyubako y’Akagari ka Mugina gaherereye mu Mudugudu wa Mugina, mu Murenge wa Mugina inangiza bikoresho byari biri mu biro birimo n’impapuro.

Imvura yaguye ahagana saa kumi z’umugoroba, abantu hirya no hino bari kwizihiza umunsi mukuru wa Pasika. Inyubako y’ibiro by’akagari ka Mugina isakambuka uruhande rumwe, amabati araguruka, maze ibikoresho byose byari mu biro by’umunyamabanga nshingwabikorwa biranyagirwa.

Igisenge cy'Akagari ka Mugina cyagurutse kubera umuyaga.
Igisenge cy’Akagari ka Mugina cyagurutse kubera umuyaga.

Habimana Alexis, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mugina wahise uhagera mu mvura akimenyeshwa ko igisenge cy’ibiro by’akagari cyagurutse, avuga ko nubwo ibikoresho birimo amadosiye y’akazi byanyagiwe, ngo ntibyangiritse cyane.

Mu gitondo cyo ku wa mbere bakaba bazindutse babyanika ngo barebe ko byakumuka.

Aka kagari kari gasanzwe gashaje barimo kugasana.
Aka kagari kari gasanzwe gashaje barimo kugasana.

Inyubako y’akagari ka Mugina yasakambutse, isanzwe iri kuvugururwa kuko yagaragaraga nk’ishaje.

Amabati yagurutse yangiritse, ku buryo atakongera gukoreshwa, Umunyamabanga Nshingwabikorwa atangaza ko babimenyesheje inzego zibakuriye kugira ngo babafashe kongera gusakara. Imirimo y’akagari ngo yimuriwe mu gice gito kitasakambutse.

Uretse inyubako y’akagari yakozweho n’imvura, mu mudugudu wa Mporo, muri aka kagari ka Mugina, inzu y’uwitwa Ntiyamira Jean Marie Vianney na yo yagurukishije igisenge.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka