Croix Rouge irategura abakozi n’abakoreshabushake bayo mu gutabara abahuye n’ibiza

Abakozi n’abakorerabushake 28 b’umuryango utabara imbare Croix-Rouge y’u Rwanda bakorera mu bice bitandukanye by’igihugu bari kwigishwa guhangana n’ingaruka z’ibiza no kubikumira.

Aho barimo gukorera ayo mahugurwa mu karere ka Rubavu, basuye imwe mu mirenge ikunze kugarizwa n’ibiza biterwa n’isuri n’imyuzure by’umugezi wa Sebeya bashyira mu bikorwa ibyo bazamara icyumweru bigaho.

Mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka mu kagari ka Kabirizi amazu arenga 15 yaragurutse naho amahegitare menshi y’imyaka ararengerwa bitewe n’imvura nyinshi ivanze n’imiyaga.

Bamwe mu bigishwa gukora ubutabazi bwihuse ahabaye ibiza.
Bamwe mu bigishwa gukora ubutabazi bwihuse ahabaye ibiza.

Abaturage basabye Croix-Rouge gukomeza kubaba hafi kuko bashobora no kuzahura n’ibibazo by’ibiribwa kubera imyaka yangiritse, guhura n’indwara kubera ubwiherero bwuzuye imyanda igasakara mu baturage hamwe n’ibizenga by’amazi byabaye byinshi imibu ikaba yakiyongera.

Abaturage bagaragarije Croix-rouge ko ibiza bimaze iminsi bibibasira byangije imigezi y’amazi bakaba nta mazi meza bafite, bagirwa inama yo guteka amazi, kurwanya ibizenga no gukora imirwanyasuri hamwe no guca inzira amazi anyuramo mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’ibiza.

Umuyobozi wa Croix Rouge y’u Rwanda mu karere ka Rubavu avuga ko abaturage bagaragaza ibyo badashoboye ariko bashoboye gutera imbere ku myumvire, igikwiye ari ugukomeza kubaba hafi.

Abakozi ba Croix-Rouge baganira n'abaturage bahuye n'ibiza i Nyundo na Rugerero.
Abakozi ba Croix-Rouge baganira n’abaturage bahuye n’ibiza i Nyundo na Rugerero.

Umurungi Angelique ushinzwe imicungire y’ibiza muri Croix-Rouge y’u Rwanda atangaza ko ubumenyi batanga ku bakozi n’abakorera bushake ba Croix Rouge y’u Rwanda hamwe n’inzego z’umutekano na MIDIMAR buzatuma hafatwa ingamba zituma ubutabazi bugera ku bantu benshi kandi vuba.

Cyakora ngo haratekerezwa n’uburyo hajya hakorwa ibikorwa byo guhangana n’ibyatera ibiza aho gutegereza ko ibiza biba, Dushime akaba avuga ko umugezi wa Sebeya wajyaga usenyera abantu ubu hari gutegurwa ingamba zo kwirinda ko wasenyera abaturage.

Ubumenyi butangwa ngo buzatuma abaturage batababwa ari benshi kandi vuba.
Ubumenyi butangwa ngo buzatuma abaturage batababwa ari benshi kandi vuba.

Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye na Croix Rouge y’u Rwanda n’urugaga rw’imiryango mpuzamahanga itabara imbabare ku isi (Federation International de Croix-Rouge et Croissant Rouge) akaba arimo gutangwa n’impugucye zavuye mu karere k’Afurika y’iburasirazuba no mu buyobozi bukuru bwa Croix-Rougeku rwego rw’isi.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka