Bugesera: Batatu barohamye mu Kagera umwana w’iminsi 20 aburirwa irengero

Abantu batatu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015, barohamye mu Ruzi rw’Akagera, ubwo bambukaga bava mu Kagari ka Jarama mu Karere ka Ngoma berekeza mu Kagari ka Mazane mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera maze umwana w’ iminsi 20 aburirwa irengero.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rweru, Rwabuhihi Chrisostome, we avuga ko Munyentwari Eric n’umugore we Uwingeneye Francine bambukaga uruzi rw’Akagera mu bwato bw’ibiti maze bagezemo hagati bararohama umwana w’iminsi 20 bari bafite ngo ahita yitaba Imana.

Agira ati “Twihutiye gutabara maze ababyeyi b’uwo mwana babasha kurokoka, ariko uwo mwana aza kwitaba Imana, kuri ubu umurambo we urimo ugishakishwa kuko nturaboneka.”

Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera ikaba isaba abaturage cyane cyane abakoresha amazi ko bagomba kwitwararika maze bakajya bajya mu bwato bambaye imyenda yabugenewe ituma batabasha kurohama.

Aba babyeyi bakoze impanuka ngo bari bavuye gusura abantu mu Kagari ka Jarama mu karere ka Ngoma bagarutse iwabo aho batuye mu mudugudu wa Rusenyi mu kagari ka Mazane mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

urwo ruhinjya imana irwakire mu bayo.

alias kumbukumbu yanditse ku itariki ya: 14-03-2015  →  Musubize

twifatanije nuwo muryango

kabanda yanditse ku itariki ya: 14-03-2015  →  Musubize

urwo ruhinjya imana irwakire mu bayo.

kabanda yanditse ku itariki ya: 14-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka