Bagaragarijwe uruhare rwabo mu kubanira n’abaturanyi babo neza

Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwasobanuriye abaturage b’umurenge wa Kinyinya ko bakwiye kubana neza bakirinda icyakurura amakimbirane nk’ubukene n’umutekano muke.

Ubuyobozi buvuga ko ari bwo igihugu kizatera imbere kuko nta mwiryane uzaba urangwa mu baturage, nk’uko Rugabirwa Deo ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Gasabo, yabitangaje ubwo bizihizaga umunsi w’amahoro kuri uyu wa mbere tariki 21 Nzeri 2015.

Abaturage mu murenge wa Kinyinya ku munsi mpuzamahanga w'amahoro.
Abaturage mu murenge wa Kinyinya ku munsi mpuzamahanga w’amahoro.

Yagize ati “Tugira amahirwe ko turi mu gihugu gifite amahoro, kirimo kuyasagurira amahanga[ingabo n’abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro], ariko tugomba kuyarinda, nk’uko Rugabirwa Deo, ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Gasabo yabisabye.”

Yavuze ko ibyashimangira amahoro arambye ari uko abaturage bafata ingamba zo kwirindira umutekano, kwishyira ahamwe bagakorera mu makoperative ku bwizigame babashije kubona.

Abaturage kandi basabwe kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, nk’imwe mu mpamvu zikurura urugomo no kubuza abandi amahoro.

Abagize inzego z'ubuyobozi muri Gasabo, hamwe n'abafatanyabikorwa baharanira amahoro n'iterambere ry'akarere.
Abagize inzego z’ubuyobozi muri Gasabo, hamwe n’abafatanyabikorwa baharanira amahoro n’iterambere ry’akarere.

Abatoni Jane Gatete, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango w’abajyanama ku ihungabana ARCT-Ruhuka, yavuze ko amahoro nyayo atari ibura ry’intambara, ahubwo ko ubukene n’amakimbirane nabyo bikomeje kubuza benshi amahoro.

Ati “Ubukene, urubyiruko rutagira akazi, imibanire y’abanyarwanda ibabuza gukorera hamwe; biracyari imbogamizi yo kugira ngo amahoro twabonye mu rwego rw’umutekano abashe gushimangirwa.”

Ishyirahamwe ry'urubyiruko mu murenge wa Kinyinya ryiyemeje guteza imbere siporo, harimo kwigisha abana umukino wa karate.
Ishyirahamwe ry’urubyiruko mu murenge wa Kinyinya ryiyemeje guteza imbere siporo, harimo kwigisha abana umukino wa karate.

Abibumbiye mu makoperative muri Kinyinya bavuze ko ubu batangiye gushora imari mu bikorwa bibateza imbere, bitewe n’ubujyanama n’ubukangurambaga bahawe n’akarere gafatanije n’abaterankunga bako.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

twimike amahoro mu miryango yacu dore ko ahari amahoro iterambere rihahinda

karamuka yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

amahoro atangirira mungo zacu , mubaturanyi agasakara mugihugu hose mureke duharanire amahoro aho turi hose

Muyinga yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka