Atewe agahinda n’ubumuga bukabije bw’umwana we

Nangwahafi Consolée wo mu kagari ka Muhamba umurenge wa Gahara ababazwa n’ubumuga bw’umwana amaranye imyaka 10 bukaba bwarananiye n’abavuzi.

Nangwahafi nyuma yo gusanirwa inzu no gucukurirwa umusarani mu gihe asanzwe akoresha iy’umuturanyi nyuma y’uko iye iridutse.

Yafashwe n'ubumuga afite imyaka 7 none agize 23
Yafashwe n’ubumuga afite imyaka 7 none agize 23

Avuga ko atewe intimba no kurwaza umwana we Ntirenganya Janvier kuva ku myaka7akaba yujuje 23 atabasha kwikura hasi kandi nyina atunzwe no guca incuro kuko nta sambu agira.

Uyu mukecuru atewe intimba no kubona umwana we afite ubumuga kuva afite imyaka irindwi akaba ageze ku myaka 23 ntacyo yimarira
Uyu mukecuru atewe intimba no kubona umwana we afite ubumuga kuva afite imyaka irindwi akaba ageze ku myaka 23 ntacyo yimarira

Byabaye mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe abafite ubumuga ku rwego rw’Akarere kuwa 23/11/2015gihuza ubuyobozi bw’Akarere n’abatuye Umudugudu wa Ntaruka atuyemo.

Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y'abaturage nawe yitabiriye umuganda
Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage nawe yitabiriye umuganda

Ati “Intimba yo ndayifite nawe kurwaza umusore nk’uyu ntumenye n’indwara, nazengurutse ibitaro byinshi biranga njya no mu Kinyarwanda biba iby’ubusa maze gushenguka kandi ntunzwe no guca incuro nta sambu, ndihangana ko namubyaye namushyira he?”.

Abaturanyi bari bitabiriye umuganda batera inkunga umuryango w'ufite ubumuga
Abaturanyi bari bitabiriye umuganda batera inkunga umuryango w’ufite ubumuga

Yakomeje avuga ko uwo mwana yafashwe bari mu nkambi Tanzaniya bagarutse mu Rwanda umwana akomeza kurwara nyuma yo kuzenguruka amavuriro menshi byanga biba ngombwa ko amujyana mu rugo.

Abaturage basabwe gufasha uwo muryango baha agaciro ufite ubumuga kandi bamwereka ko bamuri hafi
Abaturage basabwe gufasha uwo muryango baha agaciro ufite ubumuga kandi bamwereka ko bamuri hafi

Umuturanyi witwa Mukeshimana Christine avuga imvune y’uwo mubyeyi ati “Hari igihe kujya gukora bimunanira kubera kumuba hafi amuterura, tugerageza kumufasha tumuvomera”.

Murekatete Jacqueline umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage ashima abaturage kuba hafi uwo muryango, ashima n’umukecuru ubwitange yagize bwo kuba hafi umwana we dore ko abana nawe wenyine mu nzu.

Mu muganda hacukuwe umusarani mu gihe undi wari wararidutse
Mu muganda hacukuwe umusarani mu gihe undi wari wararidutse

Yavuze ko kuba uwo musore afite ubumuga bitamubuza uburenganzira nk’ubw’abandi ati“Akenshi usanga ufite ubumuga atereranwa akazirikirwa mu nzu ugasanga ubuzima burangirika, abaturanyi mube uyu muryango hafi urabona ko n’ubwo uyu musore arwaye acishamo agaseka kandi ni uko atubona hafi ye”.

Tabaro Dieudonné uhagarariye abafite ubumuga i Kirehe yashimiye abitabiriye umuganda bafasha ufite ubumuga,avuga ko tariki 3/12/2015mu kwizihiza umunsi w’abafite ubumuga uwo musore ari ku rutonde rw’abazabona igare.

Abaturanyi bari bitabiriye umuganda batera inkunga umuryango w'ufite ubumuga
Abaturanyi bari bitabiriye umuganda batera inkunga umuryango w’ufite ubumuga

Ubuyobozi bw’Akarere nabwo bwatanze ubufasha bwo kubakira uwo mukecuru igikoni n’isakaro ry’ubwiherero.

Umurenge wa Gahara ubarirwamo abafite ubumuga1548 bangana na 4% by’abawutuye.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka