Rutsiro Leadership cup ibafasha kwibukiranya gahunda za Leta.

Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro butangaza ko irushanwa ry’imiyoborere myiza(Rutsiro Leadership cup) ribafasha kongera kwibutsa abaturage gahunda za Leta.

Rutsiro Leadership cup, ni irushanwa ry’imikino rihuza amakipe mu mikino itandukanye mu rweo rwo guhuriza hamwe abaturage bagashishikarizwa kwimakaza imiyoborere myiza na gahunda za leta. Iry’uyu mwaka, hakinwe imikino 3 ariyo Volley ball, Basket ball ndetse n’umupira w’amaguru, hakinwa mu byiciro bitatu abahungu,abakobwa ndetse n’abakuze(Veterans).

Ikipe y'umupira w'amaguru mu bakuze ikinamo umuyobozi w'akarere yageze ku mukino wa Nyuma ariko ntiyabasha kwegukana igikombe
Ikipe y’umupira w’amaguru mu bakuze ikinamo umuyobozi w’akarere yageze ku mukino wa Nyuma ariko ntiyabasha kwegukana igikombe

Umuyobozi w’aka karere Gaspard Byukusenge, mu gusoza iri rushanwa tariki ya 19 Nzeli 2015, yavuze ko uretse kuba bahura bagakina bakishima ngo binabafasha cyane mu kwibutsa abaturage gahunda za Leta.

Abari n'abategarugori nabo bitabiriye iri rishanwa
Abari n’abategarugori nabo bitabiriye iri rishanwa

Yagize ati” ‘‘Uretse gukina tukishima Biranashimisha kandi bidufasha cyane nk’ubuyobozi iyo dusabana n’abaturage tukaboneraho n’umwanya wo gutambutsa ubutumwa bujyanye na gahunda za Leta zitangirwa kandi bukumvika vuba’’.”

Tony Nsanganira, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (Minagri), akaba n’imboni ya Guverinoma mu Karere ka Rutsiro. yasabye abaturage ko bajya bakina ariko bakumva n’ibivugirwa muri iyo mikino.

Tony Nsanganira umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi yari yaje kwifatanya n'abataurage ba Rutsiro mu mikino yanyuma
Tony Nsanganira umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yari yaje kwifatanya n’abataurage ba Rutsiro mu mikino yanyuma

Ati “Baturage mwitabiriye isozwa ry’iyi mikino ndabashimira kuba mwaje kandi nkashimira bakinnyi bitabiriye iyi mikino ariko ndibutsa cyane ko mwajya mushyira ku mutima ubutumwa butangirwa muri iyi mikino nk’uko ubuyobozi buba bwarabyifuje.”

Abafana baba baje ari benshi kwihera ijisho imikino
Abafana baba baje ari benshi kwihera ijisho imikino

Ayo marushanwa yatewe inkunga n’Umuryango Mpuzamahanga wa World Vision mu Intara y’Iburengerazuba .

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka yari ugukangurira ababyeyi kubahiriza uburenganzira bw’abana babyara.

Hatanzwe ibikombe n'ibindi bikoresho bifite agaciro ka Miliyoni 6 z'amanyarwanda
Hatanzwe ibikombe n’ibindi bikoresho bifite agaciro ka Miliyoni 6 z’amanyarwanda

Dore uko amakipe yatsindanye mu mikino yayuma:

Basketball abahungu

Gihango 33-Kivumu 18

Baskett ball Abakobwa

Gihango 18-Ruhango 17

Volley ball Abakobwa

Kivumu 2-Gihango 0

Volleyball abakuze(Veterans)

Gihango 2-Mushonyi 1

Volley ball Abahungu

Mushubati -Ruhango

Mushubati yatewe “forfeit” kubera gukinisha abakinnyi batemewe gukina amarushanwa kubera ko bamwe muri bo babatiriye mu yandi makipe batabyemerewe.

Football y’Abakobwa

Gihango 4-Kivumu 5

Football Abakuze(Veterans)

Gihango 3-Boneza 4(Penaliti), umukino wari warangiye banganije igitego kimwe.

Football Abasore

Kivumu 0-Murunda 1

Mbarushimana Cisse Aimable.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Mukomere. .. volley ball Iyatewe forfait ni Ruhango ntabwo ari Mushubati. Mushubati yatwaye igikombe . Iyi gahunda iradushimisha cyane

Gitif Etienne yanditse ku itariki ya: 24-09-2015  →  Musubize

Kuba kure we! Urabona ibirori nk’ibi bibe iwacu ntahari! Bravo ku buyobozi bw’akarere kacu ka Rutsiro. Habuze igikombe na kimwe gitaha i Mushubati? Ndi gushushanya ambiance yari iri i Congo-Nil nkasanga birenze igipimo.

Flod yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

reka tubatsinde nibo batazi kwugarira eeeh eeh kwugarira!twebwe abimurunda tuzi gukina kandi nimiyoborere myiza nagahunda zareta turazikurikiza

egide yanditse ku itariki ya: 21-09-2015  →  Musubize

Rustiro imiyoborere myiza na gahunda za leta byaritabiriwe babinyujije mu mikino

muyango yanditse ku itariki ya: 21-09-2015  →  Musubize

gahunda za leta zigomba gukurikizwa maze abanyarwanda bakanazubahiriza kuko nizo zidufasha gutera imbere

Jules yanditse ku itariki ya: 21-09-2015  →  Musubize

gahunda za leta zigomba gukurikizwa maze abanyarwanda bakanazubahiriza kuko nizo zidufasha gutera imbere

Jules yanditse ku itariki ya: 21-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka