Ruhango: Bamwise Paul Kagame ngo azatere ikirenge mu cya Perezida
Hitimana Samuel umugabo utuye mu Mudugudu wa Muhororo, Akagari ka Remera mu Murenge wa Kabagali ho mu Karere ka Ruhango ahamya ko kubera gukunda Perezida Paul Kagame, byatumye abyara umwana amwita amazina ye kandi akaba azamukurikirana kugira ngo azavemo umwana w’ingirakamaro.
Hitimana avuga ko mu matora ya Perezida ari bwo yamubonye akamukunda cyane ariko ngo bikaza kuba akarusho ubwo yagezaga gahunda ya “Gira inka” iwabo, akazana VUP, akazana bajyanama b’ububuzima bakivuriza hafi.
Ibi byatumye yumva ko igihe cyose azabyara umwana w’umuhungu, azamwitirira amazina y’umukuru w’igihugu. Niko byaje kugenda ubwo yabyaraga umwana w’umuhungu ku nshuro ya Gatatu agahita amwita Paul Kagame.
Ibi byakiriwe neza n’umugore Mukeshimana Beatrice bamubyaranye, kuko nawe ngo akanda umukuru w’igihugu cyane. Ati “numvise umugabo wanjye amwise Paul Kagame, biranshimisha kuko nanjye Perezida wacu Paul Kagame ndamukunda cyane”.
Gusa ngo ku ruhande rw’abaturanyi b’uyu muryango ntibakiriye neza, aya mazina bise umwana wabo, kuko ngo bumvaga ibyo baoze bitabaho nk’uko bitangazwa na Hitimana.
Hitimana avuga ko akimara kwita umwana we Paul Kagame, hari abaturanyi bagiye bamucyaha, bamubwira ko ibyo akoze bitabaho. Icyakora ngo yaje kunganirwa n’umukuru w’umudugudu wa Muhororo Nkwakuzi Jean Claude, amubwira ko batamutera ubwoba, niba yarabikoze abikuye ku mutima koko.
Ati “umukuru w’umudugude amaze kumbwira atya, nahisa mbwira ababimbwiraga ko nta cyambuza kwita aya mazina umwana wanjye kuko ari ibintu bitanunguye nabitekereje cyara.
Uyu mugabo ukora akazi k’ubuhinzi no kudoda inkweto, yemeza ko umwana we ubu umaze kugira umwaka umwe w’amavuko, azaharanira ko nawe yatera imbere akagera ikirenge mu cy’uwo yamwitiriye amazina, nawe kazaba umuntu w’ingirakamaro.
Eric Muvara
Ibitekerezo ( 6 )
Ohereza igitekerezo
|
ABO BABYEYI BAKOMEREZE AHO AHUBWO NIBABYARA AGAKOBWA BAZAKITE JEANNETTE.
ko mbona ameze nk’ufite down syndrom
ubwose abamucahaga batekereje iki?ndumva ngewe ari byizacyane nangwa naye yagaragaje ibyishimo afitiye umukuru wigihugu.
Ndagira ngo mbwire Bariya Babyeyi Nti;congratulation Ark Muzahigure Umuhigo Mwahize.
ibi se ninde wabimuhora, biremewe rwse pe kandi birashimishije, nakure ajya ejuru azatere ikirenge mu cya president wa Republika
wauuuu nge nifurije uwo mujyambere amahirwe Uwiteka azabimufashemo kabisa