Mvuye mu gihugu kimeze nko mu ijuru –Ambasaderi Hwang

Ambasaderi wa Korea y’epfo, Soon-Taik Hwang wasezeye kuri Perezida Kagame ku wa 25 Werurwe 2015, yamushimiye ibyagezweho n’ibihugu byombi mu gihe cy’imyaka ibiri n’igice yari amaze ahagarariye igihugu cye mu Rwanda, ndetse avuga ko kuba mu Rwanda bishimishije cyane.

Ambasaderi Hwang yabwiye itangazamakuru ati “Nabwiye Perezida wanyu ko mvuye mu gihugu kimeze nk’ijuru, kuko u Rwanda ari rwiza, rufite isuku; nahagiriye ubuzima bwiza pe! Mu gihe nari maze kandi, umubano w’ibihugu byombi wageze kuri byinshi muri politiki, ubutwererane, ubukungu n’ishoramari”.

Ambasaderi Hwang Soon-Taik yashimiye Perezida Kagame ko avuye mu gihugu kimeze nko mu ijuru.
Ambasaderi Hwang Soon-Taik yashimiye Perezida Kagame ko avuye mu gihugu kimeze nko mu ijuru.

Hwang wabaye Ambasaderi wa Korea y’epfo wa mbere wagize icyicaro i Kigali, yavuze ko byatumye afatanya na Leta y’u Rwanda kubaka umusingi ukomeye mu mibanire y’ibihugu byombi.

Ambasaderi Hwang yasabye Perezida Kagame kuzorohereza uzamusimbura kuko ngo yizeye ko umubano hagati y’ibihugu byombi ugiye gukomeza gutera imbere.

Mu kwezi k’Ugushyingo umwaka wa 2014, Leta ya Korea y’epfo yageneye u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 51 z’amadolari y’Amerika (akabakaba miliyari 36 z’amafaranga y’u Rwanda) azishyurwa ku nyungu ya 0.01%, akaba yari ayo kubaka ibikorwaremezo bitandukanye by’uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (UR).

Ambasaderi Hwang yavuze ko kugira icyicaro i Kigali byatumye afatanya na Leta y'u Rwanda kubaka umusingi ukomeye mu mibanire y'ibihugu byombi.
Ambasaderi Hwang yavuze ko kugira icyicaro i Kigali byatumye afatanya na Leta y’u Rwanda kubaka umusingi ukomeye mu mibanire y’ibihugu byombi.

Nyuma yaho mu kwezi k’Ukuboza kwa 2014, Korea y’epfo yahaye u Rwanda inkunga yo kongera umusaruro w’ubuhinzi no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro, yanganaga na miliyoni 16 z’amadolari ya Amerika ahwanye n’amanyarwanda miliyari 11.

Ambasaderi Soon-Taik Hwang agiye igihugu cye cyiyemeje gutera inkunga u Rwanda mu byiciro binyuranye birimo uburezi (cyane cyane ubw’imyuga, ubumenyingiro n’ikorabahabuhanga), mu buhinzi, mu ikoranabuhanga, mu miturire y’imijyi n’icyaro ndetse no mu buvuzi.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

turabyishimiye ko mwadufashije kugera kuri byinshi .

alias yanditse ku itariki ya: 26-03-2015  →  Musubize

tumwifurije ishya n’ihirwe aho asubiye iwabo kandi tunashimira igihugu cye ko cyadufashije muri byinshi byo kubaka ubushobozi, nundi uzaza azakomerezeho

rashid yanditse ku itariki ya: 25-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka