MINECOFIN yashimye inkunga ya miliyoni 25Frw ya AZAM

Ministeri y’imari n’igenamigambi yashimiye uruganda AZAM kubera umusanzu wa miliyoni 25 z’amanyarwanda rwatanze ngo afashe mu iterambere, ubukungu n’imibereho myiza.

Tariki 18/9/2015, nibwo AZAM yatanze sheki ebyiri, imwe ya miliyoni 20 ajya mu kigega Agaciro Development Fund(AgDF), indi ya miliyoni eshanu yo kunganira gahunda ya Girinka Munyarwanda.

Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb Claver Gatete yavuze ko amafaranga yatanzwe mu kigega AgDF, ari mu bifasha ubukungu bw’igihugu kudahungabana.

Ati ”Amafaranga y’ikigega arimo kubyara andi kuko aho twayashoye mu mpampuro mpeshwamwenda tumaze kunguka miliyari 1.7 kandi akaba atuma inguzanyo zitangwa n’amabanki zitagabanuka”.

Uruganda AZAM rwatanze inkunga ya miliyoni 25Frw yashyikirijwe Ministeri y'Imari n'iy'Ubuhinzi
Uruganda AZAM rwatanze inkunga ya miliyoni 25Frw yashyikirijwe Ministeri y’Imari n’iy’Ubuhinzi

Amb Claver Gatete yavuze ko ikigega Agaciro Development Fund kimaze kwakira umusanzu ungana na miliyari 28.1 Frw, kuva cyashingwa na Perezida Kagame mu kwezi kwa Kanama 2012.

Ku rundi ruhande, Ministiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Gerardine Mukeshimana bari bari kumwe, yashimiye uruganda AZAM ko inkunga rwatanze ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, aje akenewe cyane muri gahunda ya Leta yo kurwanya imirire mibi.

Mbere yo gushyikirizwa sheki, Min Gatete na Min Dr Mukeshimana babanje gutambagizwa uruganda rwa AZAM
Mbere yo gushyikirizwa sheki, Min Gatete na Min Dr Mukeshimana babanje gutambagizwa uruganda rwa AZAM

Uru ruganda rufite icyicaro gikuru muri Tanzania kandi ngo ruzakomeza kunganira ikigega Agaciro Development Fund n’izindi gahunda za Leta, nk’uko umuyobozi warwo mu Rwanda no mu Burundi, Mounir Bakhressa yabitangaje.

Uru ruganda rutunganya ifu ivuye mu ngano, amazi, imitobe, ndetse rukaba rugurisha ibikoresho by’ikoranabuhanga nsakazamashusho(televiziyo).

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Azam yakoze neza cyane tuyishimire ko yateye inkunga mu gaciro

Kanyamibwa yanditse ku itariki ya: 19-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka