Kutagira inyubako zigerekeranye ngo bitera FAWE ibibazo

Urwunge rw’Amashuri “Fawe Girls School” ruri ku Gisozi muri Gasabo, rusanga kuba inyubako nyinshi zarwo zitagerekeranije, bituma ubutaka budacungwa neza.

Ubwo umutwe w’Inkeragutabara wamurikaga ku wa kane tariki 10 Werurwe 2015 amashuri wubatse mu turere dutandukanye, harimo n’inyubako nshya z’ikigo FAWE Girls’ School, Umuyobozi wacyo, Mama Marie-Eugenie Kayiraba, yagaragaje bimwe mu bibazo byo kutagira inyubako zigerekeranye.

Imyubakire y'amashuri menshi atagerekeranyije, irimo guteza ibibazo byo gukoreshwa nabi k'ubutaka no kwangiza ibidukikije.
Imyubakire y’amashuri menshi atagerekeranyije, irimo guteza ibibazo byo gukoreshwa nabi k’ubutaka no kwangiza ibidukikije.

Agira ati ”Dufite inyubako 18 z’uburyamo bw’abanyeshuri(dormitories), zikaba ziri ku buso bunini cyane bwagakoreshejwe ibindi; amazi y’imvura azivaho ateza isuri, akangiriza abaturage; turamutse tugize inyubako nk’ebyiri zigerekeranye byadufasha”.

Mama Marie-Eugenie asaba inzego zitandukanye gushakira umuti iki kibazo kitari muri FAWE gusa, akanasaba hakomeza gahunda yo gukoresha ingufu za biyogazi n’imirasire y’izuba.

Leta ifite gahunda yo kubaka amashuri agerekeranye mu rwego rwo gufata neza ubutaka.
Leta ifite gahunda yo kubaka amashuri agerekeranye mu rwego rwo gufata neza ubutaka.

Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, hamwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Stephen Rwamurangwa, bashimye inyubako z’amashuri zigerekeranije zubatswe n’Inkeragutabara, kuko ngo barebye kure bagashyira mu bikorwa gahunda y’iterambere rirambye mu myubakire.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka