Katabagemu: Abageni baracyagendesha ibirenge

Abaturage bo mu Murenge wa Katabagemu mu Karere ka Nyagatare baravuga ko ari byiza gukora ubukwe bujyanye n’ubushobozi bw’ababukoze birinda gusesagura.

Abaturage baravuga ibi mu gihe tariki ya 14/02/2015 hari abageni bakoze ubukwe bo n’ababaherekeje bakagenda n’amaguru mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko abageni bakodesha amamodoka.

Uyu mukwe n'umugeni we bakoze ubukwe kuri Saint Valentin bagenda n'amaguru.
Uyu mukwe n’umugeni we bakoze ubukwe kuri Saint Valentin bagenda n’amaguru.

Ndagijimana Diogène avuga ko gukora ibijyanye n’ubushobozi bwawe ari iby’agaciro kurusha kwisumbukuruza kandi ejo ugasabiriza. Ngo aho kubahwa ko wazanye umugeni mu modoka kandi ukennye wakubahirwa ko utunze urugo rwawe neza.

Uwamahoro Faina aracyari inkumi. Avuga ko aho kwishyingira wagenda n’ibirenge ariko ku manywa. Ngo amafaranga yagatanzwe ku modoka yabikwa akazakora ikindi gikorwa kizabagoboka mu minsi iri imbere.

Aho umugeni yanyuraga baramushungeraga.
Aho umugeni yanyuraga baramushungeraga.

Kwizigamira hagateganyirizwa ejo hazaza kandi nibyo bishimangirwa na Ntawizera Faustin ukora akazi ko gufotora. Yemeza ko ibi atari ubwa mbere yabibona kuko ubundi bikwiye ko umuntu akora ijyanye n’ubushobozi bwe. Ngo aho gusesagura imitungo ngo arakora ubukwe yahitamo gukora ibyoroheje ariko akazigamira ejo.

Aba baturage bakomeza bavuga ko kugenda n’amaguru kw’abageni ariko nta madeni bafitiye rubanda bibaha amahoro. Naho kuba hari ababinenga ngo abo ni abadatekereza ko abantu batanganya ubushobozi.

Aba bari baherekeje umugeni bamutwaje igishyingiranwa.
Aba bari baherekeje umugeni bamutwaje igishyingiranwa.
Mu rugo rw'abageni bari bategerejwe n'amatsiko menshi.
Mu rugo rw’abageni bari bategerejwe n’amatsiko menshi.

Ikindi ngo ibi nibyo bikwiye gushyigikirwa kuko abenshi barembejwe n’ababaka inkunga y’ubukwe, ndetse ngo hari n’abafata inguzanyo za banki kugira ngo bakore ubukwe.

SEBASAZA Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

ABAGENIBARABAKENEUBUBARATANDUKANYEUMUGABOYARAKAREMAADASHOYEGUTERAAKABARIROUMUGNOREWEUNDIMUGABOYAMURYANYEMUBUGANDEUGABOYAGIXEMURUHENGERI?KWANYINA.

MANIGENA ANASTAZE yanditse ku itariki ya: 27-10-2016  →  Musubize

uyu n’umugabo ushishoza. ubundi buri wese agendesha amaguru cg ibirenge iyo agenda rero iyo n’ i mibare ifatika bazagire urugo ruhire

alias yanditse ku itariki ya: 17-02-2015  →  Musubize

UBU SE UBONYE IYI ARI INKURU WAVUGA NGO BAGENDESHA AMAGURU? WOWE SE NTUYAGENDESHA KENSHI??

MYASIRO yanditse ku itariki ya: 17-02-2015  →  Musubize

Bagendesha ibirenge, cyangwa bagendesha amaguru? Ikinyarwanda cyawe ni poor mister.Kugenda n’amaguru ntacyo bitwaye. A FRW bari gukoresha bmu gukodesha imodoka azakora mu kuzamura urugo. iyi ni imibare myiza. None se ubundi baba badasanzwe bagendesha amaguru buri munsi? Aba ndabashyikiye.

yug yanditse ku itariki ya: 16-02-2015  →  Musubize

Ubundi umuntu agomba gukora uko ashoboye muburyo bwokwirinda gusesagura umutungo kandi yiteganyiriza icyo ejo azarya,,,,,, Bacumugani bagira bati ..."inkoko ishonda icyiribumire"

fred yanditse ku itariki ya: 16-02-2015  →  Musubize

Ubundi umuntu agomba gukora uko ashoboye muburyo bwokwirinda gusesagura umutungo kandi yiteganyiriza icyo ejo azarya,,,,,, Bacumugani bagira bati ..."inkoko ishonda icyiribumire"

fred yanditse ku itariki ya: 16-02-2015  →  Musubize

mwarmutse njye ndumva mwavuga ko mu Rwanda hari abageni bakigenda n’amaguru,kuko no mumirenge hafi yayose yo mucyaro Niko bemeze

felicien yanditse ku itariki ya: 16-02-2015  →  Musubize

Mwiriwe. Ndasanga umutwe w’iyi nkuru mwawukosora aho kuba .....baracyagendesha ibirenge" mukandika "....baracyagenda n’amaguru" kuko kugendesha ibirenge bivugwa igihe umuntu atambaye inkweto.

Samuel yanditse ku itariki ya: 15-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka