Bagiye kwiyuzuriza umuhanda babikesha umuganda

Abaturage bo mu Kagari ka Rwayikona mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bagiye kwiyuzuriza umuhanda n’ikiraro bizabafasha kugirana imigenderanire n’utundi tugari.

Abo baturage bavuga ko kuba badafite umuhanda ubahuza n’utundi tugari bibabuza guhahirana bityo iterambere ryabo rikadindira.

Ingabo na Polisi bifatanyije n'abaturage mu muganda wo guhanga umuhanda mushya.
Ingabo na Polisi bifatanyije n’abaturage mu muganda wo guhanga umuhanda mushya.

Ndamira Elidephonse ati “Twasanze hari ikibazo cyo kutagira imigenderanire n’utundi tugari duhitamo gufata icyemezo cya kigabo cyo kwikorera umuhanda tudategereje Leta.”

Gahimano Jean Nepo, undi muturage, avuga ko kuba nta muhanda bari bafite byajyaga bibatera imbogamizi zo kugana ikigo nderabuzima.

Ati “Murabona ikigo nderabuzima kiri kure yacu twakoraga urugendo rurerure tuzenguruka tukigana ariko kuva tugiye kwiyuzuriza umuhanda bizatworohera kugana ubuvuzi ndetse n’ikiraro kitwambutsa mu kagari ka Rugarama twiteguye kugikora bityo imigenderanire yorohe.”

Bizera ko n'iki kiraro bazakiyuziriza batarinze gutegereza Leta.
Bizera ko n’iki kiraro bazakiyuziriza batarinze gutegereza Leta.

Murekatete Jacqueline, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, ashima abaturage bo mu Kagari ka Rwayikona ubwitange bagaragaze mu gufasha Leta kubaka ibikorwa remezo.

Ati “uyu muhanda ufite agaciro gakomeye, muri abo gushimirwa k’ubwitange mwagize! Biragaragaza ubufatanye mufitanye mu kwiteza imbere.”

Umurenge wa Mushikiri ni wo wahize indi mu Karere ka Kirehe mu bikorwa by'umuganda rusange 2014-2015.
Umurenge wa Mushikiri ni wo wahize indi mu Karere ka Kirehe mu bikorwa by’umuganda rusange 2014-2015.

Yabasabye gukomeza guharanira kwiteza imbere badategereje ak’imuhana. Umurenge wa Mushikiri ni wo wahawe igihembo cy’indashyikirwa cyo kwitwara neza mu kubyaza umusaruro umuganda rusange aho baherutse kwiyuzuriza ikiraro gihuza Akarere ka Kirehe na Ngoma cyatwaye asaga miliyoni 30.

Bagiye kandi no kwiyuzuriza umuhanda n’ikiraro basanga bizabahagarara agaciro ka miliyoni zisaga 50 z’amafaranga y’u Rwanda.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Umuganda wagiriye akamaro urwwanda n’abanyarwanda muri rusange ngirango ntawe utabibona uretse abijijisha bakavuga ibyo batabona batemeranywa n’umutima nama wabo

Kaneza yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

umuganda ni kimwe mu bisubizo abanyarwanda bishatsemo bikaba bikomeje kwerekana umusaruro ufatika mu iterambere ry’u Rwanda

JMV yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Bravo baturage ba kirehe, ibi bibere nutundi turere urugero, kuko ibi nibyiza cyane byerekane ko abanyarwanda dushoboye kwigeza kuri byinshi tubikesha amaboko yacu.

joy mwema yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka