Abasore babuzwa kurongora n’inkwano ihanitse basabwa
Abasore bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko gushaka umugore muri ikigihe bitaborohera bitewe n’uko basabwa inkwano irenze amikoro yabo
Abasore bavuga ko umusore utekereje gushaka umugore akora ibishoboka byose akabanza kwiyubakira inzu, ku buryo akenshi ubushobozi abafite buhagendera ariko bakababazwa n’uko iyo bagiye gusaba usanga iwabo w’umugeni babasabye inkwano zirenze ubushobozi bwabo.
Abenshi muri aba basore bo basaba imiryango ifite abakobwa kureka kujya babaka inkwano ihambaye, kubera ko bazi ubushobozi bwabo ko bushingiye ku mirimo y’ubuhinzi.
Uwimana Emmanuel wo mu murenge wa Gakenke ati “Hari ababyeyi rwose baba bananiza abantu ngo umukobwa wacu n’ibihumbi 200 ngo n’inka.
Kandi hari igihe wenda murugo ntayo muba mwarigeze, mwakagombye wenda kuzayishakisha mwazayibona mukayijyana, ugasanga nyine n’ikibazo.”
Abakobwa bo bavuga ko ahanini biterwa n’urugo ugiye gusabamo umugeni cyangwa umukobwa uwo ariwe kuko umukobwa wize batamukwa kimwe n’utarize.
Muhawenimana Odette wo mu murenge wa Kamubuga, ntiyemeranya n’ibyo abasore bavuga kuko nubwo yemera ko hari abakobwa batangwaho inkwano ihambaye ariko ngo hari nabo bakwa mace
Ati “Ntabwo bananiza cyane kubera ko iyo ugiye gusaba biterwa n’urugo ugiyemo, nuwo usabye uwo ariwe, niba ari umuntu wize ufite akazi ugomba nawe kwongera inkwano ariko niba ari umuntu w’umuhinzi uciriritse dukurikiza uko imyerere yinaha igenda yera ni nk’amafaranga 200 gutyo.”
Gusa ariko ababyeyi bakavuga ko burya umusore ukoye byinshi nawe azanirwa byinshi kuko akenshi iby’umukobwa ajyana biruta n’inkwano umusore abayatanze.
Baziramwabo Faustin n’umubyeyi utuye mu murenge wa Karambo, avuga ko iwabo badakunze kurenza inkwano y’amafaranga ibihumbi 300 kandi ngo urebye ibyo umukobwa ajyana biba ari byinshi.
Ati “Magana 300 arayatanga akazayakubirwa kabiri na gatatu kuko urebye ibyo umukobwa ajyana nibyinshi, nuwo mubyeyi agerekaho ibye ahubwo birutwa no kutamukosha bitewe nibyo ujyana.”
Gusa ariko abasore bavuga ko hari naho bakwa ibihumbi 600 bagashinja ababyeyi kwirengagiza ubuzima bwubu ko butoroshye.
Abdul Tarib
Ibitekerezo ( 14 )
Ohereza igitekerezo
|
hari abanyarwanda bakigira umuco wo kubakira abana babo.abo ni abanyamurenge. muzaze twese tubigireho
hahahahahhhh mwese ibyo muvuga mwese murivugisha, nihehe mwabonye umukobwa atangwa ntankwano.
Inkwano igomba kubaho, abo basore nibige gukora, inkwano iboneke, ibyo kugabanyirizwa ibiciro byo nimubiveho.
Nibabagabanyirize ikiguzi mwibonere abagore di!
Noneho inkwanoo ntikiri ikimenyetso gihuje imiryango yombi,
byabaye ikiguzi niba rere ari ikiguzi avugwa yaba ari make cyane.
twakagombwe kugira imyumvire ko inkwano atarikguzi ahumbwo arishimwe ryuko ababyeyi bareze neza
ahubwose ko ababyeyi bumuhungu badahabwa iryo shimwe nuko baba bara reze nabi?
Njye nzaterura ntabyo kujya gutanga inkwano ihanitse
haraho usanga ahubwo bikopesha inkwano bikarangira bambuye basibukwe bikavamo amaakimbirano mu miryango, rero leta nituvuganire rwose
Ibibintu inteko igomba kubyigaho kabisa kuko birakabije,aho usanga ababyeyi baka inkwano irenze wagirango nikiguzi cyo kugura umuntu!!nzabambarirwa
Ababyeyi bafite abana b’abakobwa nibakomeza guhanika izi nkwano baka abana babo bazagumirwa
inkwano s’ikiguzi, kandi ababyeyi bakagombye gushyingira abana babafasha kubaka aho kubatwara n’utwo bari bifitiye kuko nyuma y’ubukwe baba bagomba kuzabaho
Ndumva ku majyaruguru umuntu yahabona umugeni. Ibihumbi magama abiri n’inka! Azaze kumusaba iburasirazuba bamuce 900,000. Urukundo aruhagarikire aho.