Abakirisitu ba ADEPER ngo barashaka kubaka Kaminuza

Abakirisitu b’itorero ADEPER Paruwasi ya Rutiti mu mirenge ya Ruheru na Nyabimata mu karere ka Nyaruguru barateganya kwiyubakira Kaminuza.

Ibi babitangaje kuri uyu wa 29 Ukwakira, ubwo Paruwasi ya ADEPER Rutiti yizihizaga isabukuru y’imyaka 75 itorero ADEPER rimaze rigeze mu Rwanda.

Abatishoboye baturanye na Paruwasi barubakiwe
Abatishoboye baturanye na Paruwasi barubakiwe

Aba bakirisitu bavuga ko bakurikije ibikorwa bamaze kugeraho mu gihe bamaze kugeraho ngo basanga kubaka Kaminuza yabo nabyo bizashoboka.

Habineza Fidele umwe mu bakirisitu ba Paruwasi Rutiti avuga ko kuva iyi paruwasi yavuka ngo abakirisitu mu mbaraga zabo bageze kuri byinshi birimo kubaka ibigo by’amashuri y’inshuke n’abanza, guteza imbere abaturage batuye mu gace iyi Paruwasi ikoreramo n’ibindi.

Habineza ariko avuga ko bafite icyerekezo cyo gukomeza guteza imbere uburezi, ku buryo ngo bateganya kuzubaka Kaminuza cyangwa se ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro.

Abakuze bize gusoma, kwandika no kubara bahawe inyemezabumenyi
Abakuze bize gusoma, kwandika no kubara bahawe inyemezabumenyi

Agira ati:”Dufite icyerekezo gisobanutse kuko urabona aha ni ahantu haberanye n’amashuri, tukaba duteganya kuhubaka kaminuza cyangwa se ishuri rikuru ry’imyuga”.

Uretse kubaka Kaminuza kandi, aba bakirisitu banavuga ko bifuza gukomeza kubaka insengero zigezweho ku buryo umutekano w’abazisengeramo uzajya uba wizewe igihe cyose.

Nta gihe kizwi iyi kaminuza izaba yatangiye kubakwa, gusa umushunba wa ADEPER Paruwasi Rutiti Mbonabucya Vincent avuga ko mu mwaka utaha ishuri ry’imyuga rizatangira kubakwa mu murenge wa Nyabimata aho iyi Paruwasi yubatse, nyuma hakazubakwa n’irindi mu murenge wa Ruheru.

Mbonabucya avuga ko umwaka utaha bazatangirana n'ishuri ry'imyuga
Mbonabucya avuga ko umwaka utaha bazatangirana n’ishuri ry’imyuga

Ati:”Umwaka utaha dufite gahunda yo gutangira kubaka ishuri ry’imyuga rikakira abana barangije icyiciro rusange ndetse n’abarangije ayisumbuye. Iryo shuri kandi rizanakira abahejejwe n’amateka baturanye na Paruwasi kwiga kudoda imyenda kugira ngo bajye badodera imyenda abanyeshuri”.

Paruwasi ya Rutiti ubu ifite amashuri y'incuke n'abanza ariko irashaka Kaminuza
Paruwasi ya Rutiti ubu ifite amashuri y’incuke n’abanza ariko irashaka Kaminuza

Muri gahunda yo gushyigikira uburezi kandi itorero ADEPER Paruwasi Rutiti rinigisha abakuze gusoma kwandika no kubara, kuri uyu wa kane 210 barangije bakaba barahawe impamyabumenyi.

Charles RUZINDANA.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka