Abadiventisiti basabwe kugira uruhare mu bikorwa byo kwibuka

Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi bo mu Mujyi wa Kigali, bashimiwe ubwitabire bagira mu muganda banasabwa kuzitabira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hari nyuma y’igikorwa cy’umuganda wo gutunganya ubusitani bw’ahitwa mu Kanogo mu Karere ka Nyarugenge, kuri iki Cyumweru, tariki 27 Werurwe 2016.

Pastor Isaac Ndwaniye yasabye abitabiriye umuganda kuzitabira ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Pastor Isaac Ndwaniye yasabye abitabiriye umuganda kuzitabira ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Pastor Isaac Ndwaniye, Umuyobozi wa Komferanse y’Umujyi wa Kigali n’uturere tuwukikije, yashimiye Imana anashima Leta y’u Rwanda iha umudendezo Abadiventisiti b’Umunsi wa 7 bagasenga ku Isabato; bagakora umuganda ku wa “Mbere w’Isabato” (ku Cyumweru).

Yagize ati “Turanashimira Leta yacu yashoboye kuduha umunsi w’umwihariko tugasenga Imana, tugakora umuganda bukeye. Ibyo rwose turabyishimira.”

Yongeyeho ko umuganda ari igikorwa cyo kwiyubakira igihugu, guharanira isuku yacyo ndetse n’iterambere.

Yagize ati “Iyo utisukuye, ntiwasukura n’abandi. Aha rero iyo twaje tuba turi mu rugo iwacu.”

Abitabiriye uyu muganda batunganyije ubusitani bwo mu Kanogo.
Abitabiriye uyu muganda batunganyije ubusitani bwo mu Kanogo.

Pastor Ndwaniye yaboneyeho gushishikariza abitabiriye umuganda kuzitabira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Bakaba basabwa gufata mu mugongo abarokotse Jenoside.

Yagize ati “Abantu bose baba bagomba kumva ko ari ibyabo. Tugomba guhuza imbaraga n’ibitekerezo, tugahumuriza abamerewe nabi, tugakomeza abagifite iyo ntimba n’ako gahinda kuko icyo gihe iyo kigeze abantu benshi bagira agahinda.”

Yongeyeho ko iyo abarokotse Jenoside begerewe, bagahumurizwa bakanafashwa; bituma bumva bagaruye imbaraga n’icyizere bakabona ko bari kumwe n’abantu babitayeho.

Abadiventisiti bo mu Mujyi wa Kigali bashimiwe uburyo bitabira umuganda.
Abadiventisiti bo mu Mujyi wa Kigali bashimiwe uburyo bitabira umuganda.

Eric, umwe mu bitabiriye umuganda, yavuze ko gufata mu mugongo abarokotse Jenoside bakitabwaho kandi bagahumurizwa ari igikorwa cy’ingenzi kireba buri Munyarwanda wese kandi ko ari ingenzi kuzabyitabira.

Aha batemaga ibyatsi bibangamiye ubwiza bw'ubusitani bwo mu Kanogo.
Aha batemaga ibyatsi bibangamiye ubwiza bw’ubusitani bwo mu Kanogo.
Basibuye imigende inyuramo amazi muri ubu busitani.
Basibuye imigende inyuramo amazi muri ubu busitani.
Hatemwe ibihuru bitandukanye byashoboraga kuba indiri y'ibisambo.
Hatemwe ibihuru bitandukanye byashoboraga kuba indiri y’ibisambo.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka