Ruhango: Umusazi yamaze amasaha asaga 5 mu ipoto y’amashanyarazi yambaye ubusa

Umusazi uri mu kigero cy’imyaka 29 yuriye ipoto y’amashanyarazi mu kagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo tariki 03/07/2012 kumukuramo birananirana aza kuyimanukamo saa tatu n’igice.

Inzego z’umutekano zifatanyije n’abakozi ba EWSA bagerageje kumukurayo birananirana, icyakora baza kwiga amayeri yo kwirukana abantu bari bashungereye aho, kuko bari baje ari benshi kugira ngo birebere umuntu wambaye umwambaro yavukanye.

Inzego z’umutekano zimaze kwirukana aba baturage bari bahuruye, nyamusazi yamanutse gahoro gahoro kuko byagaragaraga ko nawe yari amaze kunanirwa akigera hasi ashaka kwiruka bahita bamuta muri yombi yambikwa amapingu ajya gucumbikirwa kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango.

Abaturage bari bashungereye bari benshi cyane.
Abaturage bari bashungereye bari benshi cyane.

Abaturage baturiye iyi poto bavuze ko batamuzi, icyakora akimara gushyirwa mu mapingu yabajijwe uko yitwa avuga ko yitwa Munyaneza Evariste, gusa ntiyashoboye gutangaza aho akomoka.

Ku bw’amahirwe umuriro w’amashanyarazi ntacyo wamutwaye kuko ababibishinzwe babibonye bahitamo kuwukupa.

Abakozi ba EWSA bagerageza kumukurayo.
Abakozi ba EWSA bagerageza kumukurayo.

Abari baje kwihera amaso bavuze ko atari ubwa mbere bamubonye kuko no ku cyumweru tariki 01/07/2012 yari yafungiwe kuri paruwase ya Ruhango aho yarimo gutera amabuye abantu baje mu isengesho kwa Yezu Nyirimuhwe.

Akimara kumanuka yahise atabwa muri yombi.
Akimara kumanuka yahise atabwa muri yombi.

Abantu benshi ntibemezaga ko uyu muntu ari umusazi, ngo ahubwo ashobora kuba yanyweye ibiyobyabwenge byinshi bikamurenga; nk’uko byashimangiwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhango, Nsanzimana Jean Paul.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

ubwose iyo mumwambika agapantalo mbere yo kumwambika amaping?

NIYONSENGA Donatien yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

Ubundi abasazi menya amashanyarazi ntacyo abatwara!!!! hari n’undi wigeze kurira ipoto ya haute tension yo ku Gitega ntacyo yabaye!!! Nyamara inkoko yihaye kumwigana ihita iba amakara!!!!!!!

yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

ko bahise bakupa umuriro se ubwo abo bakupiye igihe kingana gutyo bari babanje kubibamenyesha...mu Rwanda hakwiye kuba abaganga bavura indwara zo mu mutwe kuko uwo muntu niho yari akwiye kujyanwa aho kujya kumufunga.

ni hatari! yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

Iki ni ikibazo cyo kunywa ibiyobyabwenge byinshi. Nibamufunga bikamushiramo ashobora gusubiza ubwenge ku gihe.

Ronnie yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

murakoze kubwamakuru meza mutugezaho ,ariko ntibavuga umusazi bavuga umurwayi wo mumutwe murakoze

okapi fulgence yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

najye ntyo ubwose iso bamujyana kwa muganga aho kujya kumufunga.ariko mu rwanda mukunda gufunga

mkecuru yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

jye sinarinziko abasazi babafunga ubwose uko niko kumujyana kwa mugaga?

mkama yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

ESE KUMWAMBIKA AMAPINGU MUBONA BHAGIJE GUSA,YAKAGOMBY GUHABWA UMWAMBARO AGAHISHA UBWAMBURE BWE.MANA WE,TABARA ABAWE

ABASAZI BARAGWIRA yanditse ku itariki ya: 3-07-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka