Ibirwa bya Shyute na Kamiko byo mu Kiyaga cya Kivu, bigiye kongera guterwaho amashyamba agizwe n’amoko y’ibiti bisaga 156,000. Ni imishinga yo kongera gutera amashyamba kuri ibyo birwa, igamije kuyongera mu rwego rwo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.
Mu mwaka wa 2017, Intara y’Amajyaruguru yihaye umuhigo wo kugera muri 2024, gahunda ya Girinka imaze koroza abatishoboye 68200, uwo muhigo urarenga hatangwa inka 89000, nyuma y’uko iyo gahunda itangijwe muri 2006.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko abanyeshuri 68 ari bo bagikurikiranwa kwa muganga, harimo batandatu (6) bari mu bitaro bya Nyagatare, ahagikekwa ko amata banyoye ku ishuri ari yo ntandaro y’uburwayi.
Umuhanzikazi wo muri Tanzania Zuchu ni we muhanzi wo muri Afurika y’Iburasirazuba ufite indirimbo yakoze wenyine yarebwe inshuro zirenga miliyoni 100 ku rubuga rwa YouTube, iyo ikaba ari indirimbo ye yitwa ‘Sukari’.
Akenshi abantu bibaza impamvu ibyamamare mu Rwanda no ku Isi hose bagendana abasore b’ibigango babacungira umutekano, haba mu nzira, mu bitaramo, bagiye guhaha n’ahandi henshi bashobora guhurira n’abantu benshi nyamara mu gihugu umutekano ari wose.
Mu mpera z’icyumweru gishize kuva ku wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024 kugeza ku Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, hatangijwe shampiyona ya Handball mu Rwanda hakinwa imikino itandukanye, maze amakipe ya APR HC ndetse na Police HC zitwara neza.
Umuryango urwanya impanuka zibera mu muhanda witwa HPR, ufatanyije n’Urwego rw’Igihugu rutsura ubuziranenge (RSB) na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), barimo kwitegura gupima ubuziranenge bw’ingofero z’abamotari, nyuma yo kubona ko izo bafite inyinshi zitarinda abantu kwangirika umutwe.
Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye byerekeye ikibazo hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ndetse n’ibindi bibazo by’umutekano mu Karere. Umunyamakuru wa Jeune Afrique yabajije Perezida Kagame niba yemera kuzabanza kuzuza ibyo Perezida (...)
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Jeannot Ruhunga, aratangaza ko imikorere y’urwo rwego igiye kurushaho kunoga, nyuma y’uko umubare w’abakozi bari bakenewe wamaze kuzura.
Umuhanzi Israel Mbonyi umenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, yashyizwe ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu gitaramo cyo kwizihiza Pasika cyiswe ‘Ewangelia Easter Celebration’.
Ku Cyumwe tariki 24 Werurwe 2024, ni bwo imikino ibanza muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda yashyirwagaho akadomo, Gisagara VC ibitse igikombe cya shampiyona cya 2023 yisanga hanze y’amakipe 4 ya mbere.
Abayobozi baturutse mu bihugu bihuriye ku ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye EASF, bateraniye I Kigali mu nama y’iminsi ine igamije gusuzuma uburyo Ibihugu binyamuryango bihora byiteguye guhangana n’ingirane zirimo ibiza, guteza imbere ubufatanye, no kungurana ibitekerezo (...)
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi, yatsindiye Madagascar ibitego 2-0 iwayo mu mukino wari uwa kabiri wa gicuti ku mpande zombi unasoza igihe cy’imikino mpuzamahanga ku bihugu.
Malaria ni imwe mu ndwara zandura, ishobora kuvurwa igakira, kandi itwara ubuzima bwa benshi iyo utivurije ku gihe. N’ubwo hari gahunda zitandukanye zashyizweho mu nzego zose z’ubuzima kugeza no ku Bajyanama b’ubuzima zigamije guyihasha, uyu munsi hari abakicwa nayo, ariko RBC ivuga ko hari uburyo wayirindamo ugatandukana nayo.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Al Ittihad yo mu gihugu cya Misiri mu mukino wayo wa mbere wa gicuti, ikipe ya APR Basketball Club irongera gucakirana na Al Ittihad mu mukino wayo wa kabiri wa gicuti mbere y’uko iyi kipe yo mu Misiri isubira iwabo.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (IBUKA), urasaba amahanga gutanga ubutabera ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ita muri yombi abagize uruhare mu Jenoside.
Abaturage bo mu ngo zisaga ibihumbi 13 bo mu Mirenge ya Rugera na Shyira, bamurikiwe umuyoboro w’amazi meza wa Rubindi-Vunga ureshya na Klometero 34, basezerera ingendo ndende bakoraga bajya gushaka amazi y’ibirohwa by’umugezi wa Mukungwa, aho bahoraga bahanganye n’indwara ziterwa n’umwanda.
Muri Kenya, umugeni ari mu marira n’agahinda yatewe no kuba urusengero rwahagaritse ubukwe bwe bitunguranye, rukimara kumenya ko atwite inda y’umusore bahoze bakundana, kandi uwo bari bagiye gusezerana akaba atabizi.
Muri Nigeria, abayobozi batangaje ko abanyeshuri b’abakobwa n’abahungu bagera ku 137 bari bashimuswe n’abantu bitwaje intwaro basanze mu ishuri ryabo rya Kuri muri Leta ya Kaduna ku itariki 7 Werurwe 2024, ubu barekuwe kandi ari bazima.
Mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kicukiro, batangiye gahunda ngarukamwaka y’Icyumweru cy’Umujyanama, kuva tariki 23 Werurwe 2024 kugeza tariki 30 Werurwe 2024. Ni icyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti ‘Umujyanama mwiza, umuturage ku isonga.”
Imiryango itari iya Leta ihagarariye abagore baturiye icyogogo cy’uruzi rwa Nile mu Rwanda, yihaye gahunda yo kujya gufasha abaturage kwiteza imbere batangije amazi atembera muri uru ruzi rwa mbere muri Afurika mu burebure.
Ubwo hakinwaga umunsi wa 29 wa shampiyona, ikipe ya K Titans yatsinze biyoroheye ikipe ya Inspired Generation amanota 83-67, bishyira Inspired Generation ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Umupasiteri witwa Samuel Davalos Pasillas, w’imyaka 47 wo muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatawe muri yombi na Polisi akekwaho kuba yaraguriye abantu ngo bice umusore ukundana n’umukobwa we.
Ikiganiro EdTech Monday, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation, kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga cyagarutse, aho icyo muri uku kwezi kwa Werurwe haganirwa ku ngingo ijyanye no ‘Gushora imari mu guteza imbere ibikoresho by’isuzuma mu ikoranabuhanga mu nzego zose z’uburezi.”
Ikipe y’abagore ya APR FC yatsinze Forever ibitego 3-0 yegukana igikombe cya shampiyona y’icyciro cya kabiri mu Rwanda, mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru
Edrisah Musuuza, Umuhanzi w’umunya-Uganda wamamaye nka ‘Eddy Kenzo’ biravugwa ko ari mu rukundo na Phiona Nyamutoro, uherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Uganda.
Ku Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 mu Karere ka Bugesera hasorejwe imikino ya shampiyona ya 2023-2024 muri Sitting Volleyball aho Gisagara SVB mu bagabo na Bugesera SVB mu bagore zegukanye ibikombe.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 24 Werurwe 2024, Inama y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu/PL yateranye iyobowe na Perezida w’Ishyaka PL, Nyakubahwa Mukabalisa Donatille, yemeza ko Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu/PL rizashyigikira Nyakubahwa Paul Kagame mu matora y’Umukuru (...)
Mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo, Akagari ka Gasharu, Umudugudu wa Rwintare, mu ijoro ryo ku itariki 23 Werurwe 2024 umujura yafatiwe mu cyuho arimo acukura inzu y’umucuruzi.
Harindintwari François wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Mamba, Akagari ka Kabumbwe, Umudugudu wa Nyarugenge, biravugwa ko yageregeje kwiyahura akoresheje Gerenade ntiyapfa ahubwo iramukomeretsa bikomeye ku maguru no ku maboko.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababiciye ababo, baratangaza ko nyuma y’imyaka 30 aribwo babashije kubohoka, bakira ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba na bo bagiye kwigisha bagenzi babo kugira ngo bakire ibyo bikomere.
Kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 mu muhanda Rwamagana-Kigali umanuka mu Kabuga ka Musha, habereye impanuka y’imodoka nini ‘trailer tank’ ya mazutu yagonganye n’ivatiri, iyo modoka nini ya rukururana ifunga umuhanda ku buryo nta modoka n’imwe yashoboraga gutambuka.
Abarezi n’ababyeyi barerera muri amwe mu marerero yo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, barashima ibikorwa bagezwaho n’umuryango One Acre Fund, ufatanyije na Tubura birimo ifu yitwa ‘Iyacu’ yongerewemo intungamubiri ikarinda abana igwingira.
Kongere y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) yemeje ko iryo shyaka rizashyigikira Paul Kagame mu matora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwamuritse ibikorwa byatwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 42 byakorewe abaturage batishoboye batuye mu bice bitandukanye by’ako Karere.
Global Water Leadership Program (GWLP) hamwe n’abafatanyabikirwa bayo barimo Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’ Amazi mu Rwanda (RWB), bashyize ahagaragara ingamba nshya zigamije gusubiza ibibazo by’imihindagurikire y’ikirere, gusigasira amasoko y’amazi mu Rwanda ndetse no kwita kuri Serivisi z’Isuku n’Isukura (WASH).
Inka z’Inyambo zaturutse hirya no hino mu Rwanda, tariki 23 Werurwe 2024 zahurijwe i Nyanza mu iserukiramuco. Iri serukiramuco ryahurijwemo Inyambo zaturutse i Nyagatare, Kirehe, Gicumbi, Gasabo na Bugesera. Hari n’izisanzwe mu Ngoro y’Amateka y’Abami iherereye mu Rukari mu Karere ka Nyanza.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024, bitabiriye igitaramo cy’Itorero Inyamibwa rya AERG, bise ‘Inkuru ya 30’ cyabereye muri BK Arena.
Abanyeshuri barwaye ni abiga mu mashuri abanza y’icyiciro gihabwa amata muri gahunda yo kurwanya igwingira na bwaki.
Urugaga Nyarwanda rw’Abafite Virusi itera SIDA, RRP+, ruvuga ko hari akato karimo guhabwa abanyamuryango barwo, cyane cyane urubyiruko, bitewe ahanini n’uko umuntu iyo amenye ufite iyo virusi ngo agenda abibwira abandi.
Uwitwa Pasiteri Anastase Rugirangoga ati ‘Si impinduka z’ibiciro ahubwo ni impinduka z’ibihe, ntabwo ari twe twenyine, jyewe rwose nzi uko mu bindi bihugu bimeze, mbona mu Rwanda tugikanyakanya.’
Umunya-Cameroon wahoze akina ruhago Geremi Njitap yasabye gutandukana n’umufasha we bari bamaranye imyaka 16 nyuma y’uko ibizamini bigaragaraje ko abana b’impanga yitaga ko babyaranye atari abe.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports y’abagore yatsindiye Muhazi United W FC i Rwamagana 1-0 yegukana shampiyona ya 2023-2024 itari yarangira.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024, umusore yashikuje telefone umuntu wigenderaga n’amaguru, ahita yinjira muri ruhurura aburirwa irengero.
Abanyeshuri 119 bamaze amezi arindwi mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, riherereye mu Karere ka Musanze, basoje amahugurwa y’ibanze y’ubugenzacyaha, basabwa kunoza umwuga birinda ruswa no kubogama, basabwa kandi guhora bihugura.
Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Igituntu, umunsi wizihirijwe mu Karere ka Rubavu, abajyanama b’ubuzima 15 bo muri aka Karere bashimiwe uruhare bagize mu kumenyekanisha abafite ibimenyetso by’igituntu no gukurikiranira hafi abari ku miti, bahabwa amagare yo kubafasha gukora akazi kabo neza.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), kigiye guha u Rwanda Miliyoni 165 z’Amadolari ya Amerika azarufasha muri gahunda z’iterambere no gukomeza kuzamura ubukungu bw’Igihugu.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Karabaranga Jean Pierre, ari kumwe n’abayobozi batandukanye muri Sénégal, yatashye ku mugaragaro Urwibutso rwa Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye mu Rwanda.