Bamwe mu bagore bakoraga umwugaw’uburayabo mu karereka Nyamasheke bavugako uburaya bwabasigiye ibikomere bikomeye by’umubiri n’umutima, ku buryo bikibakomereye kwiyubaka ngo baterimere nk’abandi Banyarwanda.
Nubwo umunsi ubanziriza igitaramo cye atiyumvagamo ko ameze neza bitewe n’ibyo yari amaze kubona no kumva ku Rwibutso rwa Genocide rwa Gisozi ku wa gatandatu, kabuhariwe mu gusetsa abantu umugandekazi, Anne Kanssiime, ntibyamubujije gushimishije imbaga y’abari baje kwihera ijisho no kumva aho atembagaza abantu n’urwenya (...)
Abanyamuryango ba Koperative Nyampinga y’abagore bahinga kawa mu Kagari ka Bunge mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira kuba barahawe uruganda rutonora rukanaronga kawa, ariko bakavuga ko babangamiwe no kuba uru ruganda nta mazi rufite.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukindo ho mu Karere ka Gisagara bazwi nk’abatishoboye, bahabwa inkunga y’ingoboka (Direct Support), bibumbiye muri koperative Urumuri baravuga ko izina ry’abatishoboye barisezereye kuko bamaze kwigeza ku bikorwa by’iterambere.
Nyuma y’imyaka itanu ibigo by’imari by’umurenge sacco bitangiye gukora, abanyamuryango babyo basanga bamaze kugera ku iterambere mu bijyanye no kubitsa no kwaka inguzanyo, ariko ngo baracyabona imbogamizi muri serivisi zitangwa n’ibyo bigo bigikoresha amafishi, ndetse n’umunyamuryago ukeneye amafaranga ari kure ya sacco ye (...)
Nyuma y’uko umusaza witwa Bambabenda Joseph yibwe inka n’iyayo agatakamba asaba ubufasha kuko ari yo yari imutunze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwamwemereye kuzamushumbusha indi nka izamufasha gukomeza kwikura mu bukene.
Kuri uyu wa 07 Kamena2015 ahagana mu ma saa sita z’amanywa, mu Mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Gahurura, mu Murenge wa Rukomo, habonetse umurambo w’uwitwa Kayitare Egide.
Kuri iki cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 abakinnyi, abayobozi na bamwe mu bafana b’ikipe ya Rayon Sports icumbitse mu Mujyi wa Nyanza bibutse ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda igahitana bamwe mu bari abakinnyi n’abakunzi bayo.
Nyuma y’urupfu rwa Karangwa Yves witabye Imana kuri uyu wa 7 Kamena 2015, umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, arimo gukorwaho iperereza kuko ngo yari kumwe na nyakwigendera ku wa gatandatu tariki 6 Kamena 2015 kandi ngo ari muzima.
Guhera kuri uyu wa 04 Kamena, Mugabo Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakagarama mu Murenge wa Rukomo ho mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko ya Polisi/ Sitasiyo ya Gatunda akekwaho kwaka no kwakira ruswa ingana n’amafaranga ibihumbi 20.
Kuba mu Kagari ka Gishamashayo mu Murenge wa Rubaya nta shuri ryari rihari ngo biri mu byadindizaga imyigire y’abanyeshuri kubera gukora urugendo rurerure.
Abajyanama b’ubuzima barishimira ko bavunwe amaguru bakegerezwa Ikigo Nderabuzima cya Kibilizi, nyuma y’uko bakoraga ibirometero birenga 30, ngo bikaba byaratumaga hari n’abajyanwaga kwa muganga bitewe n’urugendo rurerure bakabyarira mu nzira.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutsinda APR Volleyball Club ku mukino wa nyuma w’irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994,nyuma yo kuyitsinda Amaseti 3-2 mu mukino wabereye kuri Petit Stade Amahoro kuri iki cyumweru.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Gisagara baratangaza ko gahunda yashyizweho na Leta yo gutoza urubyiruko ubutwari binyuze mu itorero, yahinduye benshi mu myumvire kuko uru rubyiruko rubafasha kumva gahunda zitandukanye zibagenewe.
Abahinzi b’umuceri mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara barasaba gushyirirwaho inzu y’ubucuruzi muri uyu murenge, bajya baguriramo umuceri barya ku giciro kiri hasi kuko basanga badakwiye kuwugura kimwe n’abandi kandi bitwa ko bawuhinga.
Ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Zambia baratangaza ko ibihugu byombi biri kunoza amasezerano azabifasha guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha bahunga kimwe muri ibi bihugu bajya mu kindi, akaba ari naho abakurikiranyweho Jenoside bihishe muri Zambia bazatangira gufatwa.
Ikipe ya APR Handball Club yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, nyuma yo gutsinda ikipe ya Gisirikare yo muri Tanzania ibitego 26-22
Umuhanzi MuhireTembwe Christian uzwi ku izina rya DMS avuga ko igihe icyo ari cyo cyose ashobora kugaruka mu muzika akaririmba mu gihe yaramuka abonye ko abaririmbyi bariho ubu nta cyo bari kwiyungura mu miririmbire yabo, akava mu kazi ko kuzamura abahanzi yiyemeje akongera akigaragaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko nyuma yo guta muri yombi abantu bagera kuri 80 bakekwagaho kwiba inka muri ako karere, batandatu muri bo ngo ari bo ngo ni bo bafitiwe ibimenyetso simusiga ngo bakaba bazashyikirizwa ubutabera mu gihe abandi barekuwe bagasubiye iwabo.
Pelagie Mukagatare umwe mu mpuzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama ngo wari umaranye imvune imyaka 3 arishimira ko yahawe igare ryo kugenderamo n’imwe mu miryango y’abagiraneza ikorera Rwanda agahamya ko rizamufasha kugera kwa muganga agashobora kwivuza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zambia Harry Kalaba aratangaza ko igihugu cye gishyigkiye ko buri muntu wese wagize uruhare muri Jenoside agomba kugezwa imbere y’ubutabera, kuko batakwishimira ko abo bantu bidegembya nyuma y’amahano basize bakoze.
Jenny Buckleff, Umwongerezakazi w’imyaka 58 mu rwego ngo rwo kukora ubukwe budasanzwe, ku munsi wo gusezerana n’umugabo yahisemo kugenda mu isandu yahisemo kugenda mu isanduku y’umukara ifunze ikururwa na moto aho kugenda mu modoka nziza nk’uko abandi babigenza.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi aratangaza ko hagiye gushyirwaho uburyo bushya bwo guhugura abakozi ba Leta hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure, (E Leaning) aho kujyabakora ingendo bajya mu kigogishizwe imicungire y’abakozi ba Leta.
Kuri uyu wa 05 Kamena 2015, Baziramwabo Boniface w’imyaka 43 wari Umukuru w’Umudugudu wa Kivumu mu Kagali ka Haniro mu Murenge wa Manihira ho mu Karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana.
Intore z’abacuruzi bo mu Karere ka Rwamagana bazwi nk’“Imbaturabukungu”, ku wa ku wa 04 Kamena 2015, bahigiye ubuyobozi bw’aka karere ko bagiye kugafasha kubaka gare y’imodoka igezweho mu Mujyi wa Rwamagana maze biha amezi atandatu gusa ngo babe batangiye imirimo.
Mu myaka isaga 10, abatwara abagenzi ku magare muri Santeri ya Mugina mu Karere ka Kamonyi batangiye gukorera mu ishyirahamwe; batangaza ko iryo shyirahamwe ryabo ryaranzwe n’imicungure mibi y’umutungo bigatuma abanyamuryango batagera ku iterambere bari biteze.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG iragaragaza ko imibare myinshi y’abanyarwanda bakoze Jenoside ari abari barageze mu ishuri kurusha abatarize.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Ibirunga bwihanangirije abaturage bo mu Kagari ka Butaka mu Murenge wa Bugeshi kubera ibikorwa byo kwangiza pariki bamwe muri bo bakoramo.
Abahagarariye umushinga wo gufasha ibigo byigisha imyuga ku bufatanye na Leta z’u Bubiligi n’u Rwanda baragaragaza ko hari intambwe imaze guterwa mu bigo byigisha iby’ubumenyi ngiro mu Ntara y’amajyepfo aho ububiligi bubitera inkunga.
Nyuma y’umwaka urenga Mugema Jacques yambura abantu batandukanye amafaranga, yiyita Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, yerekanywe afungiwe kuri Stasiyo ya Polisi i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 06/6/2015.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’Amaguru (Amavubi) yanganije n’Ikipe y’igihugu ya Kenya ubusa ku busa ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo Kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Nkundimana Richard utuye mu mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, aravuga ko abikesheje ubuhinzi bwa kijyambere bw’urutoki afite agiye kubaka inzu y’agaciro ka miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abagore n’urubyiruko bo mu karere ka Nyagatare batoye ababahagarariye mu rugaga rw’abagore n’urw’urubyiruko bishamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi. Abatowe bose biyemeje guteza imbere abo bahagarariye no guharanira ko ibyo barayiriye bitasubira inyuma.
Mu gikorwa cyo kwibuka abana n’abagore bishwe muri Jenoside cyabereye mu karere ka Ngoma, abakecuru batishoboye bagizwe inshike na Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bahawe impano z’uduseke twarimo imyenda n’ibiribwa undi aremerwa ahabwa inka.
Abacamanza n’abashinjacyaha baturutse mu nzego z’ubutabera zitandukanye, bibukijwe ko bagomba guha uburemere icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo harandurwe ingengabitekerezo yayo.
Minisiteri y’Umutungo kamere (MINERENA) iratangaza ko yamaze guhagurukira abantu bose bangiza umutungo kamere cyangwa bakawukoresha nabi, ariko inabibutsa ko ibyo bakora byose baba bahemukira abandi batisize.
Bamwe mu baturage bo mudugudu wa Ruhuha ya mbere akagari ka Bushoga umurenge wa Nyagatare, bavuga ko bararana n’amatungo kubera gutinya ko yibwa, ariko ubuyobozi bw’umurenge bwo bukavuga ko badakwiye inya kuko iki kibazo cyakemutse kubera irondo ryakajijwe.
Abakozi bashya bashinzwe imicungire y’ubutaka, ibikorwaremezo n’imiturire mu mirenge yose igize akarere ka Gakenke barahiriye gutangira imirimo yabo, yo gufasha abaturage mu bibazo byose bijyanye n’ubutaka.
Umugenzuzi w’amashuri abanza muri Darfur, Muhammad Ahmad Manga arashima ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani [UNAMID] ku bw’igikorwa zirimo cyo gusana ishuri ribanza rya Jugujugu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen. James Kabarebe arasaba abasirikare bakuru basoje amasomo yabo mu bya gisirikare n’umutekano gukoresha ubumenyi bungutse mu guhindura imikorere yari isanzwe imenyerewe mu bihugu byabo kugira ngo bageze abaturage aho bifuza.
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), cyagaragaje ikoranabuganga ryitwa TVET Management Information System (TVET-MIS), ritanga amakuru yose akenewe ajyanye n’amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro,haratangira irushanwa ryo kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994,by’umwihariko mu mupira w’Amaguru rikaza guhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Kenya,Sudani y’Amajyepfo na Tanzania.
Ibitaro bya Kibungo byatwandikiye bivuga ko bitigeze birebera ikibazo cy’isuku nkeya twanditseho ku wa 2 Kamena 2015 cyari cyaturutse ku bakozi babikoragamo isuku bakaza guhagarika akazi bashinja abaresha babo kutabahemba.
Mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 5 Kamena 2015 ahitwa ku Muyogoro bibutse abagore n’abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo bakajugunywa mu cyobo cyari mu kibanza cya murumuna wa Burugumesitiri wa Komini Runyinya, Hategekimana Deogratias.
Umunyarwenya Anne Kansiime yakoze urugendo rwo gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, aho yababajwe bikomeye akanarizwa n’amateka yahabonye, nk’uko amafoto yafashwe n’umunyamakuru wacu abigaragaza.
Mu gihe kugendesha amaboko bidakorwa n’ubonetse wese, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Indiana ahitwa Indianapolis, umugore witwa Julia Sharpe ngo atwite inda y’ibyumweru 34 y’impanga z’abahungu, yashoboraga kugendesha amaboko ibyo bamwe bita kumangamanga.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ishuri rizajya rihugura abarimu bigisha ubumenyingiro, ikicaro kiri shuri kizaba giherereye mu karere ka Kicukiro mu ishuri rya IPRC/Kigali, ahanashyizwe ibuye ry’ifatizo ku nyubako yaryo igiye gutangira kubakwa.
Ku mataliki ya 06 na 07/06/2015 mu Rwanda harabera irushanwa ryo kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,aho mu mukino w’Intoki wa Volleyball by’umwihariko baza guhemba amakipe atatu ya mbere haba mu Bagabo ndetse no mu Bagore
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko nubwo Leta yabemereye kubishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza yishyurwa bitinze bikabagiraho ingaruka, kuko hari ubwo batavurwa kubera ko bataratangirwa iyo misanzu.
Urugaga rw’abagore bikorera rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Gasabo, rwatangije ikigega cyo gufasha incike 28 zabaruwe muri aka karere za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.