Abahinze ibirayi mu Kibaya cya Mugogo giherereye mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, barataka igihombo gikomoka ku musaruro wabyo warumbye mu gihembwe cy’ihinga gishize cya 2021C, bagasaba inzego zirimo n’izishinzwe ubuhinzi ko zarushaho kubakurikiranira hafi, mu bujyanama, buzabarinda kongera (...)
Inama yahuje Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi n’abayobozi b’amakoperative akorera uburobyi mu kiyaga cya Kivu, ku ya 30 Nzeri 2021, yemeje ko imitego ya kane (4) ikoreshwa mu burobyi igomba gusenywa mu mpera z’iki cyumweru kugira ngo uburobyi bwemererwe gusubukurwa.
Umuti uvura virusi ya Corona watangiye gukorerwa igerageza ku bantu bagera ku 2,660. Nyuma yo gukora uwo muti, abashakashatsi batandukanye bo muri Amerika n’abo hirya no hino ku Isi bavuze ko nuramuka wemejwe umaze gukorerwa igerageza, Isi izaba ibonye umuti ukomeye, kandi ko binashoboka ko uzahita ugabanya cyane (...)
Ragera Jean de Dieu ni umwe mu baririmbyi ba Orchestre Nyampinga yamamaye cyane mu Rwanda ahagana mu myaka ya 1980 kugeza mu 1990, by’umwihariko ahahoze ari muri perefegitura ya Butare (Huye) aho yaboneye izuba.
Abayobozi b’ikirwa cya Malta batangaje ko kuva ku itariki ya 29 Nzeri 2021, ibyemezo byo gukingira Covid-19 byatanzwe n’abantu bavuye muri Arabiya Sawudite, Maleziya n’u Rwanda byemewe nk’ikimenyetso cyemeza ko bafite ubudahangarwa kuri virusi y’icyo cyorezo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Ukwakira 2021, Umuyobozi w’ingabo za Guinea, Col Mamady Doumbouya, ararahirira kuba perezida w’agateganyo w’icyo gihugu. Ibirori biteganyijwe kubera ku biro by’umukuru w’igihugu kandi biraza kwitabirwa n’abatumiwe gusa.
Abaturage bo mu karere ka Ruhango baratangaza ko bishimira intambwe bamaze gutera mu bumwe n’ubwiyunge, kubera ibikorwa bafatanyamo n’imibanire myiza bafitanye izira amacakubi.
Umuhanzi Bigirimana Fulgence uzwi ku ndirimbo zifite amagambo y’urukundo, uwo bakunze gutazira ‘Nyirimitoma’, avuga ko indirimbo ze zose zifite amateka ajyanye n’ubuzima yabayemo, ubu akaba agarutse mu muziki nyuma y’imyaka isaga 10 awuhagaritse.
1. Kuguhamagara cyangwa kukwandikira yasomye ku nzoga zisembuye Abantu benshi bemera ko amagambo umuntu avuga yasinze akenshi biba ari na byo bitekerezo bye iyo atasinze, no mu cyongereza baravuga ngo “A drunk’s person’s words are a sober person’s thoughts”. Ibi rero babishingira ku kuba inzoga zisembuye akenshi zituma (...)
Urwego rw’igihugu rushinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu (GMO), rurashishikariza abikorera mu nzego zitandukanye kwimakaza ihame ry’uburinganire mu gihe batanga akazi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, ku wa Kane tariki ya 30 Nzeri yafashe abantu barindwi bacyekwaho gutega abaturage bakabambura bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro, bafataniwe mu mirenge ya Rukoma na Ngamba yombi yo muri ako karere.
Umuhanzikazi Vanessa Mdee ukomoka mu gihugu cya Tanzania yabyaye imfura ye y’umuhungu abyaranye n’umukunzi we Rotimi, uyu akaba umuhanzi ndetse n’umukinnyi wa filime. Aba bombi bibarutse umwana wabo nyuma y’uko hari hashize ukwezi batangaje ko bitegura kwibaruka. Aba kandi babyaranye nyuma y’imyaka ibiri bakundana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 30 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 159, bakaba babonetse mu bipimo 11,641.
Komisiyo y’amatora mu Rwanda yatangaje ko amatora y’abayobozi b’Uturere azaba tariki 19 Ugushyingo 2021.
Abarobyi bakorera uburobyi mu kiyaga cya Kivu bavuga ko kuva tariki ya 28 Nzeri 2021 bari biteguye gutangira uburobyi bw’amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu ariko kubera benshi badafite imitego yujuje ubuziranenge yitwa icyerekezo ntibemerewe kuroba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze mu mujyi wa Abu Dhabi wa Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, kuri uyu wa Kane tariki 30 Nzeri 2021, aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga kuri Politiki za Leta z’ibihugu (World Policy Conference).
Abana bahoze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, n’abakobwa bacikirije amashuri kubera kubura ubushobozi, baratangaza ko gukora inkweto birimo kubahindurira ubuzima ku buryo bizeye kugira imbere heza.
Ihuriro ry’Aborozi bo mu Murenge wa Muhoza, rifatanyije n’Abakozi bo mu Ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo kamere mu Karere ka Musanze, bashyikirije Munyampamira Ildephonse, inyana nyuma y’uko izo yari yoroye eshatu, zose zaherukaga gupfira icyarimwe.
Icyamamare muri muzika, Britney Spears, yongeye guhabwa uburenganzira bwo gucunga imitungo ye nyuma yuko urukiko rwa Los Angeles rwambuye inshingano se umubyara wari usanzwe ayicunga, gusa ruvuga ko hazashakwa umuhanga mu icungamutungo uzajya amufasha.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko umusaruro wa soya ukiri muke mu nganda zikeneye kuwutunganya, mu gihe ibikomoka kuri Soya na byo bikenewe cyane mu Gihugu.
Abahinga mu Gishanga cy’Agatobwe hafi y’umuhanda wa Kaburimbo Huye-Kibeho, barifuza kugitunganyirizwa kuko uko babyikoreye bitabarinda imyuzure, nyamara ibangiriza imyaka.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kivuga ko abantu bafashe neza imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA, barimo kujya kwisuzumisha iyo virusi ntigaragare ko bayifite, ndetse bakaba batakirimo gukwirakwiza ubwandu bushya.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko ibihugu 14 birimo n’u Rwanda byonyine muri 54 bya Afurika, ari byo byageze ku ntego y’ isi yo gukingiza abaturage barenga 10% mu kurwanya Covid 19 mu mpera za Nzeri uyu mwaka.
Itsinda ry’abasore baririmba indirimbo zo kuranya no guhimbaza Imana, Messengers Singers, rikorera ivugabutumwa ry’indirimbo muri Eglise Adventiste Francophone de Kigali, nyuma y’uko basohoye indirimbo ryise ‘Urahambaye’ igakundwa na benshi, bagiye gutaramira abakunzi babo kuri YouTube.
Urukiko Rukuru uregereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka rwahamije Idamange Iryamugwiza Yvonne, ibyaha bitandatu arengwa rumuhanisha gufungwa imyaka 15, no gutanga ihazabu ya miliyoni ebyiri z’Amafaranga y’i Rwanda.
Umunyabigwi uzwi cyane mu mukino w’Iteramakofe (boxing) Manny Pacquiao yasezezeye kuri uwo mukino burundu, nk’uko yabyitangarije mu mashusho yashyize ku rubuga rwe rwa Facebook.
Imfungwa nyinshi zikomeje kugaragara hejuru y’inzu bafungiwemo muri Guayaquil mu gihugu cya Equateur, guhera ku itariki ya 28 Nzeri 2021.
Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu banenga ubufatanye u Rwanda rufitanye n’ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal, babiterwa n’urujijo bafite (confusion) cyangwa se bakaba batazi ibyo bavuga, kuko ngo igihugu cyo gishimishijwe n’ibyo gikura muri ubwo bufatanye kugeza ubu.
Nyuma y’umukino ikipe ya Rayon Sports yatsinzwemo na Gorilla FC igitego 1-0, umutoza Masudi Juma yatangaje ko ikipe ikomeza kugerageza abandi bakinnyi ishobora gusinyisha abandi bagasezererwa
Umushinga wa LAFREC wari ufite inshingano zo gusana icyanya cya Parike ya Gishwati-Mukura, ushojwe nyuma y’imyaka itandatu abaturiye iyo Pariki bahawe ubushobozi butuma batandukana no kuyijyamo bakurikiyemo ubuki, ubwatsi n’amazi.
Ibisazi by’imbwa ni indwara ikomeye iterwa na virusi yibasira ubwonko bw’umuntu cyangwa izindi nyamaswa zigira amaraso ashyushye.
Mu gitondo cyo ku itariki 28 Nzeri 2021 ahagana saa tanu, Polisi ikorera mu Karere ka Ngoma yafashe Kazoza Audace w’imyaka 45 na Sinigenga Christopher w’imyaka 27, yabafatanye Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 678 y’amiganano, bakaba barafatiwe mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Mutenderi, Akagari ka Mutenderi, Umudugudu wa Torero.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 29 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 168, bakaba babonetse mu bipimo 11,085.
Ingabo za SADC zihuriye mu gikorwa cya SAMIM cyo kurwanya ibyihebe muri Mozambique, zatangaje ko zasenye ibirindiro by’ibyihebe byiyise Al Sunnah wa Jama’ah (ASWJ) muri Chitima nyuma yo kwirukanwa n’Ingabo z’u Rwanda muri Mocimbao de Praia.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nzeri, ubwo yari mu nama ihuje Abanyarwanda n’Abanya-Zimbabwe bahagaririye inzego zitandukanye z’ubucuruzi n’ishoramari bagera kuri 200, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko amateka y’ibihugu byombi, yaranzwemo ibihe by’umubabaro n’agahinda, ariko na none n’intsinzi ndetse no kwigira, (...)
Abagize Impuzamiryango y’ibigo byigenga bikora mu by’ubuzima, baratangaza ko abikorera bakomwa mu nkokora no kutoroherezwa mu kubona inguzanyo, kuko bituma hari ibikoresho by’ingezi mu kazi kabo batabona, bakifuza koroherezwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko mu gihe kitarambiranye ubutaka bwuhirwaho buziyongera kubera imishinga itandukanye igamije kwegereza abahinzi amazi.
Umuryango Nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) uratangaza ko hakiri imbogamizi mu ikoranabuhanga ribereye abafite ubumuga muri rusange, by’umwihariko abatumva batavuga ngo babashe gusoma.
Sentore Athanase, umwe mu bahanzi b’abahanga basize umurage ukomeye mu buhanzi gakondo nyarwanda, ni se wa Massamba Intore, akaba sekuru wa Jules Sentore, na bo bakaba abahanzi mu njyana ikomatanyiriza hamwe gakondo, nyafurika n’iya kizungu.
Abatuye mu Mudugudu w’Agakombe mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bifuza kongererwa amashanyarazi kuko abageraho ari make cyane, bigatuma bacana mu gicuku no ku manywa gusa.
Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), cyasabwe kunoza imikorere ya ‘system’ yacyo kuko irimo ibibazo byanagiye bigarukwaho kenshi mu bisobanuro byahabwaga Komisiyo ishinzwe gukurikirana imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), iyo komisiyo ikaba itanyuzwe n’ibisobanuro yahawe.
Abafatanyabikorwa mu guteza imbere ikoranabuhanga mu rubyiruko baratangaza ko bikigoye ngo urubyiruko rwose, rugere ku mahirwe yo kubona ibikoresho by’ikoranabuhanga byarufasha ku isoko ry’umurimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, bwatangije igikorwa cyo gutera ingemwe z’igihingwa cya Kawa, hagamijwe guteza imbere no kongera umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu muri ako gace, hakazaterwa izisaga miliyoni eshatu.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), ryasabye imbabazi nyuma yaho bigaragarijwe ko abakozi baryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bafashe abagore n’abakobwa ku ngufu.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa ku isi (FAO), igaragaza ko mu mwaka wa 2021, abantu bageze ku bihumbi 59 ku isi bamaze gupfa bazize indwara y’ibisazi by’imbwa.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gihsinzwe Ubuzima (RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yagaragaje uko ubwandu bwa Covid-19 buhagaze mu Rwanda, yerekana ko bwagabanutse muri Nzeri ugereranyijwe na Kanama 2021.
Uwitwa Nyirambarushimana Illuminée utuye mu Mudugudu wa Kamashinge, Akagari ka Nyarufunzo, Umurenge wa Mageragere w’Akarere ka Nyarugenge, ateka ku mbabura icana ibyitwa ‘briquette’ bitamuteza imyotsi kandi ngo birahendutse.
Ku wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri 2021, Umuryango w’Abibumbye wambitse abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo imidali y’ishimwe. Abambitswe imidali ni abapolisi b’u Rwanda 158 bagize itsinda ry’abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri iki gihugu cya Sudani (...)
Abantu 11 bafatiwe mu Karere ka Kicukiro barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 ku wa Mbere tariki ya 27 Nzeri 2021, bakaba bafashwe barimo gusenga binyuranijwe n’amabwiriza yo kurwanya COVID-19. Ni mu gihe amasengesho agomba kubera mu nsengero zujuje ibisabwa mu rwego rwo kwirinda COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 28 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 208, bakaba babonetse mu bipimo 11,269.