Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) isaba iy’Imari n’Igenamigambi(MINECOFIN) kureba uko amafaranga y’ifunguro rihabwa abanyeshuri ku manywa yakwiyongera kuko ngo ari make cyane.
Mu matora yo gusimbuza abatakiri muri Komite nyobozi ya Mukura VS, Maniraguha Jean Damascène ni we utorewe kuba Perezida mushya wa Mukura Victory Sports.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022 nibwo hatangira imikino yo kwishyura muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda aho mu mikino iteganyijwe harimo n’umukino wa Mukura VS yakiramo Rayon Sports i Huye.
Nubwo igikombe cya Afurika cyarangiye StarTimes ikomeje gufata neza abafatabuguzi bayo by’umwihariko abakunzi ba Ruhago. Mu mpera z’íki cyumweru nibwo imikino yo mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup ikinwa.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Gashyantare 2022, bitabiriye itangizwa ku mugaragaro ry’umushinga wo kubaka amacumbi ahendutse kandi atangiza ibidukikije wiswe ‘Bwiza Riverside Homes’. Ukaba witezweho gutanga inzu zo guturamo zisaga 2400 mu Mujyi wa Kigali.
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatangaje ko adateze gusaba imbabazi Perezida wa Kiyovu Sports wamureze amushinja kumusebya.
Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yemeje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yinjira muri uyu muryango. Icyemezo kije gikurikira imishyikirano yabaye hagati ya EAC na DRC kuva tariki 15 kugeza 24 Mutarama 2022 i Nairobi.
Umugabo w’imyaka 35 ukomoka mu Karere ka Burera, yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amabuye y’agaciro ya gasegereti, apima ibiro 1,288 yari atwawe mu modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu, mu buryo bwa magendu.
Abatuye mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugege, by’umwihariko ahazwi nko muri Tarinyota, barishimira ko hahindutse hakaba hasigaye hakurura ba mukerarugendo.
Ingabo ziri kuminuriza mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence force Command and Staff College) riri mu Karere ka Musanze, zagiriye uruzinduko mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi. Bamwe muri bo baturutse mu mahanga batangariye cyane ubwiza basanganye uwo mudugudu bashimangira ko bahigiye byinshi.
Abantu 120 bo mu Murenge wa Gatunda mu Karere ka Nyagatare, tariki 10 Gashyantare 2022, bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yo kwirinda no kuzimya inkongi y’umuriro .
Abana bane bo mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana bagiye gutashya bica(gusarura) ibiyege (bijya kumera nk’ibihumyo) barabirya, bahita bamererwa nabi bararemba umwe ahita apfa.
Mu rwego rwo kwitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mwaka wa 2021-2022 itangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022, amakipe yiyubatse mu buryo butandukanye haba mu makipe ari mu myanya y’imbere ndetse no mu myanya ya nyuma.
Ikipe ya Mukura Victory Sports yateguye inama y’inteko rusange kuri uyu wa Gatandatu, ahateganyijwe amatora arimo gusimbuza Nizeyimana Mugabo Olivier watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.
Luc Montagnier, umuhanga mu bya virusi w’Umufaransa wemejwe ko yagize uruhare mu kuvumbura virusi itera SIDA (HIV), yapfuye afite imyaka 89.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 10 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 24, bakaba babonetse mu bipimo 11,651.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi, avuga ko mu gihe Umukuru w’Igihugu abaturage bamwizera hafi 100%, n’abayobozi bashyira mu bikorwa ibyo yemereye abaturage bakwiye kuba bari kuri icyo kigero kuko bitabaye uko biba ari ukumuhemukira. Yabitangaje tariki 10 Gashyantare 2022, ubwo mu Karere (...)
Colleen Le w’imyaka 30 y’amavuko, avuga ko yatanze impyiko ye imwe, kugira ngo ifashe umuhungu bakundana kuko yari arembye kubera indwara y’impyiko yari yaramufashe akiri muto.
Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (CIJ) rwategetse Uganda kwishyura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) miliyoni 325 z’Amadolari ya Amerika nk’indishyi kubera ibikorwa by’urugomo ingabo za Uganda zishinjwa mu Burasirazuba bwa Congo hagati y’imyaka ya 1998-2003.
Umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension) ni indwara ifata umuntu bucece ikagera ubwo imuzahaza atabimenye. Mu yandi magambo ni indwara yica bucece kuko nta kimenyetso cyihariye igaragaza.
Mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba hari abaturage bibumbiye mu bimina, bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mituweli) kugeza mu mwaka wa 2023-2024 kubera gahunda yo kwizigamira.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr Ron Adam, yemereye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe kuzagira uruhare mu kugeza amazi meza ku batarayagezwaho. Yabitangaje nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe, bwari bwamutumiye nk’umufatanyabikorwa bwifuzaho ubufasha mu rwego rwo guteza imbere aka Karere.
Guhera ku mugoroba wa tariki 9 Gashyantare 2022, hacicikanye amakuru avuga ko Munyankindi Jean Paul yaba yagizwe umutoza mukuru wa Etoile de l’Est, nyuma yo kugaragara ku myitozo y’iyo kipe yitegura imikino yo kwishyura, izatangira kuri uyu wa Gatandatu taliki 12 gashyantare 2022.
Ibyo bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Tedros Adhanom Ghebreyesus.
Abakozi 130 b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS), bitabiriye itorero ry’igihugu rizamara iminsi itanu, kuva tariki 09 kuzageza tariki 13 Gashyantare 2022, aho bizeye kurungukiramo ubumenyi buzabafasha kurushaho guha serivisi nziza abo bakira baza.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2022, muri Village Urugwiro, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi.
Abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai ivanze n’imvura nyinshi, biyongereye bagera kuri 92 muri Madagascar.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yasabye abayobozi kwita ku baturage no kubakorera neza. Yabibasabye ku wa 09 Gashyantare 2022, mu nama yagiranye n’abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Ngoma kuva ku rwego rw’Akarere kugera ku rwego rw’Akagari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abahinga mu Gishanga cya Nyamugari, kwibumbira muri koperative, kugira ngo babashe kubona amahirwe yo gukemura ibibazo bikigaragara mu buhinzi.
1. INZOZI JACKPOT LOTTO Ni IKI? INZOZI JACKPOT LOTTO ni umukino wa tombola woroshye kandi ushimishije, aho umuntu asabwa guhitamo imibare 6 hagati ya 1 na 49 yarangiza akayitondeka uko abyifuza. Ku munsi wo gutombola, sisitemu ihitamo imibare 6 hamwe n’umubare umwe wa bonus, abatsinze buri cyumweru ni abagiye bahuza (...)
Kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2021, Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina n’abandi 20 bo mu mutwe yayoboraga wa MRDC-FLN, kubera uburwayi bw’umwe muri bo witwa Munyaneza Anastase.
Banki y’Isi yagaragaje ko Repubulika iharanira demokarasi ya Congo (DRC) ari amahirwe akomeye y’ubucuruzi bukomeje kwiyongera mu karere, by’umwihariko ku Rwanda, nk’uko imibare yo mu myaka yashize ibigaragaza.
Mu mikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, haratangira imikino yo kwishyura aho abakinnyi 11 batemerewe gukina kubera amakarita
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA”, ryatangaje urutonde ngarukakwezi rw’uko amakipe akurikiranye mu mupira w’amaguru, aho u Bubligi bukomeje kuyobora mu gihe u Rwanda rwatakaje umwanya umwe.
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda no mu Karere, Bruce Melodie, yemereye Kigali Today ko azitabira Igitaramo cy’abakundana cyiswe ‘Concert des Amoureux pour la Paix’, kikazabera mu mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi gukora cyane kugira ngo ibyo Perezida yemereye abaturage bigerweho 100%.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 33, bakaba babonetse mu bipimo 10,332. Abantu babiri bitabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi bazize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,449 nk’uko imibare (...)
Abarimu bigisha mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya IPRC-Musanze, baratangaza ko imikoranire hagati yaryo na Kaminuza ya Parma yo mu gihugu cy’u Butaliyani, irimo kubafasha kongera urwego rw’ubumenyi bw’amasomo bigisha, bigatuma barushaho kunoza imyigishirize ifite ireme.
Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yatanze raporo irimo icyifuzo cyo gusaba amashuri yose mu Rwanda, kujya agaburira abana ibiribwa byera mu gace aherereyemo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022 yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, abahoze bakinira Arsenal ndetse bakayikoramo amateka akomeye ari bo Robert Pires na Ray Parlour, ndetse n’abo bari kumwe bo mu miryango yabo.
Abatuye mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Ngondore, basaba gukorerwa umuhanda Byumba-Ngondore ubahuza n’umupaka wa Gatuna, kugira ngo barusheho koroherwa no guhahirana n’abo mu bindi bice, kuko ufite ahantu henshi hangiritse cyane.
Ikipe ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG Basketball Club, yisanze mu itsinda rimwe na US Monastir yo muri Tunisia yakinnye umukino wa nyuma w’ irushanwa nyafurika rihuza amakipe akomeye yo ku mugabane wa Afurika rizwi nka BAL (Basketball Africa League).
Mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, hari abahinzi bavuga ko bahoze bahinga marakuja n’ibinyomoro bikabaha amafaranga, ariko ubu bakaba basigaye babihinga amababi akikunja, bigatuma barumbya.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami ya Nyagatare, Kagwa Evalde, arasaba abahinzi gusarura ibigori byumye neza, hagamijwe ko umusaruro uba mwiza, kuko kenshi wangirika mu isarura.
Umukinnyi Kwizera Pierrot wari umaze iminsi ategerejwe muri Rayon Sports, yatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatatu ku kibuga cy’imyitozo cya Nzove
Mu rwego rwo kurushaho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda, Leta yiyemeje kugeza amashanyarazi ku baturage bose hirya no hino mu gihugu mu mwaka wa 2024. Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) iherutse gushyira ahagaragara gahunda ivuguruye yo gukwirakwiza amashanyarazi, aho ingo zizaba zifite amashanyarazi afatiye ku (...)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Musanze, barishimira Urwibutso ruri hafi kuhuzura, bakavuga ko iyi ari intambwe ikomeye itewe mu gusubiza ababo icyubahiro, bambuwe ubwo bicwaga urw’agashinyaguro mu gihe cya Jenoside.
Abaturage bo mu Kagari ka Kagomasi mu midugudu ya Runzenze na Rushubi ndetse n’ikigo cy’amashuri abanza cya Kagomasi, bishimiye umuyoboro w’amazi meza begerejwe, kuko hari icyo uje guhindura mu mibereho yabo.
Umukinnyi Hakim Ziyech w’imyaka 28 ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Chelsea, agakinira n’ikipe y’igihugu ya Maroc, yamaze gutangaza ko asezeye mu ikipe y’igihugu nyuma y’igihe kinini adahamagarwa kubera ibibazo yagiranye n’umutoza wayo, Vahid Halilhodzic wamushinje kubeshya.