Abahuraga n’ibibazo byo kurwara bakabura uko bagera kwa muganga byihuse kuri ubu babonye igisubizo babikesha ikoranabuhanga rikoresha terefone.
Abagenzi n’abakorera muri Gare ya Kacyiru ntibazongera kujya gutira ubwiherero mu ngo z’abaturage kuko muri iyo Gare hagiye kuzura ubwiherero bugezweho.
Polisi y’igihugu iravuga ko Inkongi nyinshi z’umuriro zikunda kugaragara mu Rwanda zituruka ku mashanyarazi nubwo hari n’ibindi byaba imbarutso.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko mu minsi mikuru y’ubunani nta bibazo bidasanzwe byabaye uretse impanuka 20 z’ibinyabiziga zanaguyemo umwana w’umusore.
Polisi y’u Rwanda yerekanye ibicuruzwa bitujujwe ubuziranenge n’ibyarengeje igihe bifite agaciro ka miriyoni 33 byafashwe mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko kuva ku mupaka wa Kagitumba hari inzira zisaga 80 zitemewe zinyuzwamo ibiyobyabwenge byinjizwa mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru.
Polisi y’igihugu itangaza ko nta bibazo bikomeye byahungabanyije umutekano ku munsi mukuru wa Noheli no mu ijoro rishyira Noheli.
Umuryango Rwanda women Network uravuga ko mu minsi 16 bamaze bakora ubukangurambaga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina,isize bunze imiryango 16.
Bamwe mu batunze imbwa mu Mujyi wa Kigali baravuga ko iyo zishaje hari abajya kuzijugunya mu nkengero z’uwo mujyi.
Abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, ntibiyumvisha impamvu bishyuzwa amafaranga 50Frw bya mubazi bahawe kandi mu masezerano bagiranye bitarimo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakora mu kigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura WASAC, bagejeje amazi meza ku kigo cy’amashuri abanza cya Rugarama mu Murenge wa Nyamirambo.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Rambura Filles, barahamya ko baciye ukubiri no kunywa amazi mabi kuko bashyikirijwe na Ecobank ikigega kizajya kiyayungurura bagahita bayanywa.
Umuryango w’abasukuti n’abagide mu Rwanda uvuga ko utemeranya n’abafite imyumvire ivuga ko abasukuti (Scouts) cyangwa abagide (guides),bafite aho bahuriye n’uburara ahubwo ngo bagakwiye kuba abanyacyubahiro.
Amazi ava mu misarani, mu bwogero no mu gikoni byo muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere ntazongera gupfa ubusa kuko agiye kujya ahindurwa maze akoreshwe indi mirimo.
Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hatangijwe igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imari cya Zigama CSS buravuga ko bateganya kunguka miriyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda muri uyu mwaka.
Police y’igihugu iravuga ko muri uyu mwaka impanuka za moto zimaze guhitana abagenzi n’abamotari 132 zinakomeretsa mu buryo bukomeye 251.
Abagize irondo ry’umwuga mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali batangiye guhabwa ubwishingizi bw’ubuzima buzajya bubafasha mugihe bahuriye n’impanuka mu kazi.
Urwego rushinzwe gucunga imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko abacungagereza nabo boherezwa mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika mu butumwa bw’amahoro.
Abagenzi bagenda n’amaguru mu Mujyi wa Kigali baravuga ko babangamiwe n’uburyo abatwara ibinyabiziga batubahiriza amategeko agenga inzira z’abanyamaguru kuko usanga abenshi batajya bahagarara ngo babareke bambuke.
Umutwe ugizwe n’abantu 95 bagizwe n’ingabo, Polisi n’abasivile nibo u Rwanda rugiye kohereza mu myitozo izahuza ingabo zo mu karere izabera muri Sudani.
Mu myaka ine,urwego rushinzwe umutekano mu nzego z’ibanze ‘DASSO’ rumaze kugarura icyizere cyari cyaratawe n’urwo rwasimbuye rwari ruzwi nka ‘Local Defences’.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batangiye kubakira ababyeyi ikigo mbonezamikurire, muri gahunda z’ibikorwa bibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho.
Abatuye n’abagenda ahazwi nka ‘Tarinyota’ mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge baravuga ko ibyaha by’ubujura byagabanutse ku buryo bugaragara.
Nyuma y’igihe kinini bamwe mu banyakigali bifuza ahantu bajya basohokera hafite umwihariko basubijwe kuko akabari kitwa Riders k’abanya-Kenya kafunguye imiryango.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Abarwanashyaka b’amashyaka PSR na UDPR barahamagarira Abanyarwanda kwamagana ibikubiye muri raporo zitandukanye z’u Bufaransa zirimo n’ubuhamya butangwa bugamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM) itangaza ko kuba u Rwanda rwarasinye amasezerano y’Ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (ITO), bizagabanya igiciro abatumiza ibintu hanze batangaga.
Abagenzi ndetse n’abakorera muri gare ya Kacyiru babangamiwe no kuba iyo gare ikoreshwa n’abantu barenga 1000 ku munsi, ikaba itagira ubwiherero.
Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 41 ku rutonde rw’ibihugu byoroshya ishoramari, ruvuye ku mwanya wa 56 rwariho umwaka ushize.