Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwakoresheje inama Abaturage baturiye umuhanda Musanze-Rubavu, bo mu Murenge wa Busogo na Gataraga, nyuma y’uko muri ako gace habereye impanuka y’imodoka ya BRALIRWA imena inzoga izindi zirasahurwa.
Mu gihe hirya no hino mu gihugu, hakigaragara inyubako zitagira uburyo bufasha abazigana bafite ubumuga bw’ingingo, hari abo bidindiza mu iterambere ryabo kubera ko baba badashobora kugera ku bayobozi aho bakorera, ngo babature ibibazo bafite imbonankubone.
Mu rwego rwo guca burundu abatwara amagare bagenda bafashe ku binyabiziga, Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Musanze ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu n’ibintu ku magare mu mujyi wa Musanze (CVM), bari mu bukangurambaga bwo gufata abanyonzi bakomeje kugaragara, bagenda bafashe ku binyabiziga, (...)
Abaturage bo mu tugari twa Kaguhu na Bisoke mu Murenge wa Kinigi ho mu Karere ka Musanze baremeza ko baruhutse imvune baterwaga n’ingendo bakoraga bajya gushaka amazi mu birunga nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) gisannye imiyoboro y’amazi yari imaze igihe kinini yarangiritse.
Abagize Koperative Twongere Kawa Coko, yo mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Coko mu karere ka Gakenke, n’abo mu mirenge inyuranye yiganjemo igihinga cya kawa, barishimira izamuka ry’ibiciro bya kawa byamaze kwikuba kabiri ku byo muri 2021.
Nyuma y’uko u Rwanda rugize Umukaridinali wa mbere, Antoine Cardinal Kambanda, ugaragara mu nyandiko zinyuranye, abenshi bagiye bibaza itandukaniro ku bijyanye n’imyandikire y’amazina ye n’izina ry’inshingano yahawe.
Muri gahunda yo kwegereza abaturage ibikorwa remezo bijyanye n’amazi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), mu mushinga wacyo wo gusana, no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, zirimo n’ibice bimwe na bimwe by’Akarere ka Gakenke, ikibazo cy’amazi cyamaze (...)
Mu butumwa yatangiye mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yasabye Intore z’Intagamburuzwa za AERG kwirinda kurenga nyirantarengwa, kuko byaba ari ugukora amahano, abasaba guharanira ubupfura no gukomeza ubufatanye.
N’ubwo yifashishije amafaranga atari menshi, Musanabera Esther, umwe mu batozwa b’Intagamburuzwa za AERG zari mu itorero mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba, yashimiwe igikorwa cy’ubumuntu yagaragarije mu isomo ryitwa ‘Kora Ndebe’, ubwo yaguriraga abana babiri inkweto, kuko izo bari bafite zari zishaje cyane.
Mu cyumweru Intagamburuzwa za AERG, urubyiruko rw’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamaze mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, barashimirwa ibikorwa by’indashyikirwa basize bakoreye Murenge wa Kinoni icyo kigo giherereyemo.
Umugabo witwa Mugiraneza Innocent w’imyaka 54 wo mu mudugudu wa Rutamba, Akagari ka Rugimbu, Urenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye, nyuma y’uko bari bamaze kubona umurambo w’umugore we, Nyirambabariye Gaudelive w’imyaka 50, wari wuzuye ibikomere.
Mukeshimana Vestine wo mu Kagari ka Kamanyana mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, amaze imyaka ibiri anyagiranwa n’abana be bane, nyuma y’uko imodoka igonze inzu ye igasigara ari ikirangarizwa ikibazo nticyakemuka, akaba asaba kurenganurwa.
Mu kigo cy’ubutore cya Nkumba giherereye mu Karere ka Burera, hatangijwe ku mugaragaro itorero ry’Intagamburuzwa za AERG, kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Werurwe 2022.
Mu mvura yaguye ku wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022 hafi mu duce twose tugize igihugu, yibasiye Intara y’Amajyaruguru, aho yasenye inzu z’abaturage, amashuri n’ibindi bikorwa remezo birimo imihanda yafunzwe n’ibiti, ku bw’amahirwe abenshi bararokoka uretse mu Karere ka Karongi aho abana umunani bakomerekeye ku ishuri.
Ku wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, nyuma y’uko umupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda ufunguwe ku mugaragaro, byari ibyishimo ku baturage ku mpande zombi, haba ku Rwanda haba no kuri Uganda, ariko Umuyobozi wa Kisoro kamwe mu turere twa Uganda, we biba akarusho aho yishimiye cyane uko gufungura umupaka, avuga ko ari (...)
Nk’uko bisanzwe tariki 08 Werurwe buri mwaka, mu Rwanda no ku Isi yose hizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore.
Abana 225 biga muri Wisdom School bazindikiye mu marushanwa y’indimi yateguwe n’ishuri, ku Cyumweru tariki 06 Werurwe 2022, agamije kubakarishya ubwenge mu kubategurira amarushanwa ane mpuzamahanga batumiwemo uyu mwaka, akazabera mu bihugu by’i Burayi na Canada.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, Murenzi Abdallah, avuga ko umusaruro w’ikipe yari ihagarariye u Rwanda (Team Rwanda) mu masiganwa y’amagare aherutse gusozwa wiyongereye kuruta uw’umwaka ushize, ibikoresho birimo amagare mashya, bikaba biri mu byabafashije kwitwara neza.
Abanyarwanda n’Abanya-Uganda baturiye umupaka wa Cyanika, bari mu byishimo nyuma y’uko uwo mupaka ufunguwe. Ni nyuma y’imyaka isaga ibiri wari umaze ufunze, bakaba bishimira ko ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi bugiye kubafasha mu kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.
Urwego rw’igihugu rushinzwe tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro (RTB), ruherutse gukora ubukangurambaga mu mashuri yisumbuye mu byiciro rusange, mu rwego rwo kuzamura imibare y’abanyeshuri biga mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro (TVET), nyuma y’uko bigaragaye ko abitabira ayo mashuri bakiri bake.
Ku muhanda werekeza mu Kinigi ujya muri Pariki y’ibirunga mu Karere ka Musanze, hari isantere yitwa “Ndabanyurahe”, aho abenshi mu basura ibirunga n’ibindi byiza nyaburanga biboneka mu Kinigi, hari ubwo bagera muri iyo santere bakifuza kuhahagarara bagambiriye kumenya inkomoko y’iryo zina.
Abanyeshuri 20 biganjemo urubyiruko baturutse mu mpande zose z’igihugu, biyemeje gutanga umusanzu wabo mu gufasha igihugu kongera ibikoresho byifashishwa muri gahunda ya Leta, ijyanye n’isuku n’isukura, bagashinga inganda birinda ko bikomeza gutumizwa mu mahanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo ku bufatanye n’abaturage, bahagurukiye ikibazo cy’abana bataye ishuri, aho abagera kuri 3545 muri ako karere baba barigaruwemo bitarenze itariki 11 Werurwe 2022.
Ku wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022, Abakirisitu Gatolika hirya no hino muri za Paruwasi zo mu Rwanda, bazindukiye mu Misa yo gutangiza Igisibo, banasigwa ivu nk’ikimenyetso cyo guca bugufi imbere y’Imana.
Muri gahunda y’ubufatanye mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana mu Karere ka Burera, abaturage mu mirenge yose igize ako karere bakomeje gufatanya n’ubuyobozi mu ngamba bihaye, zo gukusanya inkunga igenewe kurwanya icyo kibazo, buri wese agatanga akurikije uko yifite.
Nyuma y’imyaka ibiri hadutse icyorezo cya COVID-19, abaturage bongeye guhurira n’abayobozi mu muganda rusange usoza ukwezi mu mpera z’icyumweru gishize. Abawitabiriye bagaragaje akanyamuneza, bishimira kongera gutanga imbaraga zabo mu kubaka Igihugu.
Abakora imirimo inyuranye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, barishimira impinduka mu iterambere Tour du Rwanda yabasigiye, mu gihe cy’iminsi itatu yahamaze.
Mu ruzinduko Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr Diane Karusisi, yagiriye mu Ntara y’Amajyaruguru, asura amashami y’iyo Banki akorera muri iyo Ntara, yijeje abakiriya bayo Serivisi nshya zibafasha gukoresha neza igihe.
Mu mvura yaguye mu ma saa tatu z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022, inkuba yakubise ishuri ryisumbuye rya Gihinga ihungabanya abana 14, bane muri bo byagizeho ingaruka cyane bahita bajyanwa mu bitaro bya Rutongo, aho barimo gukurikiranwa n’abaganga.
Kigali Today iherutse kubagezaho inkuru yavugaga ku mpanuka y’ubwato yabereye mu Kiyaga cya Ruhondo, aho abantu batanu bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, barohamye mu kiyaga cya Ruhondo babiri baburirwa irengero. Ibikorwa byo kubashakisha byahise bitangira ariko batinda kuboneka. Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 (...)