MENYA UMWANDITSI

  • Nuwumuremyi Jeannine uyobora Akarere ka Musanze yavuze ko kimwe mu byamubabaje ari uguherekeza Musanze FC igatsindwa ibitego 5-0

    Nuwumuremyi yababajwe no guherekeza Musanze FC igatsindwa 5-0

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko mu byamubabaje mu mezi atatu amaze ku buyobozi, harimo kuba yarigeze guherekeza ikipe ya Musanze FC i Kigali ubwo yari igiye gukina na APR FC igatsindwa ibitego 5-0.



  • Musanze: Abakozi barindwi basezeye ku kazi

    Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge itanu yo mu Karere ka Musanze n’abakozi b’akarere babiri bamaze gusezera ku mirimo yabo, bavuga ko basezeye ku mpamvu zabo bwite.



  • Minisitiri Shyaka yagiranye ikiganiro n

    Minisitiri Shyaka yaburiye abatekereza kujya muri Uganda

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yaburiye buri wese ugitekereza gushakira amahaho mu gihugu cya Uganda, asaba abaturage kubicikaho nyuma y’ibibazo by’iyicarubozo rikomeje gukorerwa Abanyarwanda bari muri icyo gihugu.



  • Aya mazi bavoma mu bishanga bemeza ko nta buziranenge yujuje

    Bababajwe no kwinjira muri 2020 bakivoma ibiziba

    Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, bavuga ko bababajwe no kuba bagiye kwinjira mu mwaka wa 2020 bakivoma amazi y’ibiziba, bagasaba Leta kubegereza amazi meza bagaca ukubiri n’indwara z’inzoka zibugarije.



  • Abakozi b

    Gakenke: Mu buhinzi biyemeje kuvugurura urutoki, mu bworozi biyemeza kongera umukamo

    Abakozi bafite mu nshingano ubuhinzi n’ubworozi mu karere ka Gakenke, kuva ku rwego rw’akarere kugeza mu nzego z’ibanze n’abahagarariye amakoperative y’ubuhinzi n’ubworozi muri ako karere, biyemeje kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’abatuye ako karere.



  • Abakirisitu bari bitabiriye ari benshi ibirori byo gufungura ku mugaragaro inyubako biyujurije ya Paruwasi ya Bumara

    Biyujurije inyubako ya Paruwasi yabatwaye asaga miliyoni 300

    Abakirisitu ba Paruwasi Gatolika ya Bumara iherereye mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, bari mu byishimo aho binjiye mu minsi mikuru ya Noheli biyujurije imyubako nshya yabatwaye miliyoni zikabakaba 320 z’Amafaranga y’u Rwanda.



  • Abafite ubuhinzi mu nshingano mu turere no mu mirenge basabwe kugeza amakuru y

    RAB yavumbuye andi moko atandatu y’imbuto y’ibirayi

    Mu kurushaho guteza imbere ubuhinzi bw’ibirayi hagamijwe kongera umusaruro, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), gikomeje gushakira abahinzi uburyo bakongera umusaruro w’ibirayi, aho ubu hari kugeragezwa imbuto nshya z’amoko atandatu y’ibirayi.



  • Abanyarwanda bagejejwe mu Rwanda kuwa 18 Ukuboza, baje mu byiciro bya batandatu, batandatu

    Mu Banyarwanda bafungiye muri Uganda harekurwa utanze amashilingi 1.200.000

    Bamwe mu Banyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda, aho mu buhamya bwabo bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’umwaka n’igice, baratangaza ko ubashije kubona amashilingi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ari we urekurwa.



  • Bavuga ko batakinyagirwa aho bagereye mu nzu nziza bamaze kwiyubakira, byose ngo babikesha umushinga SPARK

    Umushinga SPARK MicroGrants umaze gufasha imiryango 53 kuva mu mategura bajya mu mabati

    Imiryango 53 mu miryango 116 yibumbiye mu itsinda ‛Twitezimbere-Gitwe’, yo mu Mudugudu wa Gitwe, mu Kagari ka Runoga Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, irishimira iterambere yagezeho, nyuma yo kuva mu nzu zisakaje amategura ijya mu nzu z’amabati ku nkunga y’umushinga Spark MicroGrants.



  • Abitabiriye ibiganiro

    Kutubahiriza amabwiriza yo gufata imiti byongera impfu

    Impuguke zinyuranye n’abiga iby’ubuvuzi mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baremeza ko kuba abaturage badasobanukiwe n’uburyo bwo gufata imiti bahabwa n’abaganga, ari kimwe mu bikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.



  • Abanyeshuri bo muri INES-Ruhengeri ngo ntibazajenjekera abapfobya Jenoside

    Abiga muri INES-Ruhengeri ntibazihanganira abapfobya Jenoside

    Abanyeshuri biganjemo urubyiruko biga muri INES-Ruhengeri, baremeza ko biteguye guhangana n’umuntu wese wifashisha imbuga nkoranyambaga apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



  • Uyu musaza ni umuganda uri kuvurirwa mu Rwanda nyuma yo gukubitwa n

    Umuturage wa Uganda arwariye mu Rwanda nyuma yo gukubitwa n’ingabo z’igihugu cye

    Umuturage wo mu gihugu cya Uganda witwa Sebudidimba John, arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika mu Karere ka Burera, aho ashinja ingabo za Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.



  • Urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga rwaje kwiga amateka y’igihugu

    Bamwe mu rubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga, ruremeza ko kuba rwitabiriye itorero ry’igihugu ari inzira yo kurufasha gusobanukirwa neza ibibazo rwibaza ku mateka y’u Rwanda.



  • Ambasaderi Peter Vrooman

    Ambasaderi Vrooman yamaganye ihohoterwa rikorerwa abana

    Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Hendrick Vrooman, yamaganye ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana, avuga ko rigira ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.



  • Babanje kwiyegereza ibikoresho bazakenera mu kubaka iyo inzu

    Abagize AERG muri INES-Ruhengeri batangiye kubakira utishoboye

    Abanyeshuri bibumbiye muri AERG yitwa ‘INDAME’ bo mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, bihaye intego yo kubakira inzu uwarokotse Jenoside utagira aho aba, mu rwego rwo kunganira Leta mu gufasha abaturage kugira imibereho myiza.



  • Umubare minini w

    Musanze: ‘Car free day’ yitabiriwe n’abiganjemo abakuze bitungura ubuyobozi

    Muri gahunda ngarukakwezi ya ‛car free day’ ihoraho ya siporo rusange iba buri wa gatandatu w’icyumweru cya mbere n’uwa gatandatu w’icyumweru cya gatatu cy’ukwezi mu Karere ka Musanze, iyo ku itariki ya 07 Ukuboza 2019 yatunguye benshi aho umubare munini w’abayitabiriye wari ugizwe n’abasaza n’abakecuru.



  • Guverineri Gatabazi asura abasukuti

    Uko Guverineri Gatabazi yahawe icyerekezo cy’ubuzima no kuba umusukuti

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, watangiye amasomo amwinjiza mu muryango w’Abasukuti (scouts), mu mwaka wa 1978 ari mu mwaka wa kane w’amashuri abanza ku Mulindi wa Byumba ubwo yari afite imyaka 10, avuga ko uwo muryango wamwubakiye ubuzima n’imyifatire agenderaho kugeza na n’ubu.



  • Uwanyiligira Marie Chantal watorewe kuyobora Akarere ka Burera

    Amateka ya Uwanyirigira utarigeze atekereza ko yaba Meya

    Uwanyirigira Marie Chantal w’imyaka 38 y’amavuko, watorewe kuyobora akarere ka Burera kuwa gatanu tariki 6 Ukuboza 2019, atangaza ko atari yarigeze atekereza ko yaba umuyobozi ku rwego rwo kuyobora akarere.



  • Mu banyeshuri 11 bahize abandi muri buri mashami, icyenda muri bo ni ab

    INES-Ruhengeri: Abakobwa bihariye ibihembo by’indashyikirwa mu gutsinda amasomo

    Mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2019/2020 muri INES-Ruhengeri wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, habayeho umwanya wo guhemba abanyeshuri bagize amanota menshi mu mwaka w’amashuri urangiye, abakobwa biharira ibihembo hafi ya byose.



  • Abahuguwe basabzwe kugira ubushishozi mu gutoranya ba Malayika murinzi

    Bisaba ubushishozi mu gutoranya ba Malayika murinzi-NCC

    Muri gahunda yo kurerera abana mu miryango yatangiye mu mwaka wa 2008, babavana mu bigo binyuranye, inzego z’ubuyobozi zinyuranye mu karere ka Nyabihu zatanze amahugurwa ku buryo bwo gutoranya ba Malayika murinzi bazifashishwa mu kurerera abana mu miryango.



  • Guverineri w

    Abaturage 370 mu karere ka Gicumbi bagiye kubakirwa

    Gahunda yo kubakira abatishoboye mu ntara y’Amajyaruguru ni yo iri ku isonga mu bigiye kwitabwaho muri uku kwezi ku buryo umwaka wa 2020 utangira abaturage bose batuye neza nk’umuhigo uturere twahigiye ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru.



  • Guverineri Gatabazi JMV yishimiye intera yagezweho n

    Imishinga y’abanyeshuri ba INES-Ruhengeri ishobora kuba igisubizo ku bitumizwa mu mahanga

    Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.



  • Abana mu karasisi

    Nyabihu: Begerejwe ishuri rizagabanya ingendo abana bakoraga

    Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu barishimira kwegerezwa uburezi bw’amashuri y’inshuke n’amashuri abanza hagamijwe kurwanya ingendo abana bakora bagana ishuri no kurwanya ubuzererezi mu bana.



  • Umuhango wo gushyikiriza inzu Nyirabukeye Elivanie ni uku wari wateguwe

    Abagore bo muri FPR bubakiye imiryango itanu itishoboye

    Gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango yatangijwe n’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, isoje imiryango itanu yabaga hanze yubakiwe inzu ku nkunga y’abo bagore bishyize hamwe bakusanya amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 28.



  • Amon Kwesiga, umuyobozi w

    WDA irateganya ko muri 2024 abanyeshuri 60% bazaba biga mu mashuri y’imyuga

    Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.



  • Aba batandatu barokotse impanuka y

    Ubwato bwarohamye mu kiyaga cya Burera babiri bahasiga ubuzima

    Mu gitondo cyo ku itariki 23 Ugushyingo 2019, impanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi umunani bwarohamye mu kiyaga cya Burera, batandatu bararokoka, naho umubyeyi n’umwana we yari ahetse barapfa.



  • Inzu ziri kubakirwa abatishoboye mu turere twose tugize intara y

    Abagore bagize urugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi bakomeje kubakira abatishoboye

    Muri gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango, urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2019 rwamurikiye umuryango utishoboye inzu n’ibikoresho binyuranye.



  • Abanyerondo bashinjwa guhishira abajura

    Hari abanyerondo bakekwaho gufasha abajura kwiba abaturage

    Mu gihe mu mujyi wa Musanze hakomeje kuvugwa ubujura bukabije burimo gutobora amazu, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, aranenga bamwe mu bakora irondo ry’umwuga bazwi ku izina rya ‘Home Guard’ batita ku kazi bashinzwe, bamwe muri bo bagafatanya n’amabandi kwiba abaturage.



  • Inyubako igenewe kuvurirwamo abakekwaho indwara ya Ebola

    Ambasaderi Vrooman yanyuzwe n’uburyo bwo gukumira Ebola mu Rwanda

    Mu ruzinduko Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda yagiriye mu bitaro bya Ruhengeri ku itariki 18 Ugushyingo 2019, yishimiye uburyo u Rwanda rwateye imbere muri gahunda yo gukumira icyorezo cya Ebola.



  • Abanyeshuri 416 biga muri INES-Ruhengeri ni bo FAWE irihira buruse

    Abakobwa 416 biga muri INES-Ruhengeri bahawe buruse ya FAWE Rwanda

    Abakobwa 416 biga muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda ku bufatanye na ‘Mastercard Foundation’ bakomoka mu miryango ikennye batsinze neza ibizamini byo mu mashuri yisumbuye, ni bo bahawe inkunga yo kurihirwa kaminuza.



Izindi nkuru: