Ngororero: BDC yibwe ecrans 13 za mudasobwa

Mu mpera z’icyumweru gishize, inzu ikorerwamo n’ibirebana no guteza imbere ikoranabuhanga izwi ku izina rya BDC (Business Development Center) ishami ryayo rya Ngororero yibwe eclats 13 za mudasobwa zisanzwe zikoreshwa n’abagana iyo serivisi.

Kuri ubu, abantu 3 brimo n’umukozi w’akarere ka Ngororero ushinzwe ububiko bw’ibikoresho hamwe n’abashinzwe kurinda iyo nzu bafungiye kuri polisi y’akarere ka Ngororero aho bategereje kugezwa kuri parike (Ubugenzacyaha) kugira ngo basobanure ibyo bakekwaho kuri ubwo bujura.

Ibikoresho bya mudasobwa byibwe byari muri iyi nzu.
Ibikoresho bya mudasobwa byibwe byari muri iyi nzu.

Kimwe mu mpamvu zituma bikekwa ko haba harabaye ubufatanye cyangwa uburangare bukomeye hagati y’abashinzwe ibyo bikoresho ni uko nta cyuho kigaragaza ko hishwe inzugi cyangwa se gupfumura inzu ahubwo hakinguwe gusa idirishya nabwo nta kirahure na kimwe cyangiritse.

Ibikoresho byo muri iyo nyubako bitangiye kwibwa nyuma y’amezi 4 idakoreshwa, aho bivugwa ko abari baratsindiye isoko ryo gukoresha iyo nzu n’ibikoresho biyirimo bahagarikiwe amasezerano bari bafitanye na RDB (Rwanda Development Board), ariko hakaba hari hamaze iminsi havugwa ko izo nzu zigiye gukoreshwa na BDF (Business Development Fund).

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka