Gakenke: Umugabo wari warigize icyihebe birangiye atawe muri yombi

Umugabo wari yarigize icyihebe mu Karere ka Gakenke witwa Bapfaguheka Francois bakunda kwita Heka yatawe muri yombi nyuma yo gusanga urumogi iwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31/10/2013

Uyu mugabo w’imyaka 36 ukomoka mu Kagali ka Mucaca, Umurenge wa Nemba ho mu Karere ka Gakenke yari asanzwe ari ku rutonde rw’abantu bahigwa bukware n’inzego z’umutekano kubera ibikorwa bibi bitandukanye yari azwiho ko akora.

Mu nama y’umutekano yaguye yateranye tariki 30/10/2013, abayobozi batandukanye bamaze igihe kitari gito bamwigaho kubera uburyo ahungabanya umutekano. Hari amakuru yemezwa n’abasore bakorana ibikorwa by’ubujura mu mirenge itandukanye bari mu maboko ya polisi, avuga ko yari afite abajura bamuhagarariye mu mirenge, we akaba umuyobozi wabo.

Bapfaguheka ari mu maboko ya Polisi.
Bapfaguheka ari mu maboko ya Polisi.

Ngo bakusanyije amafaranga bamugurira moto yagendagaho nubwo afite ubumuga bwo kugira ukuguru kumwe kugira ngo abashe guhuza ibikorwa by’ubujura neza. Mu kiganiro gito yagiranye na Kigali Today, Bapfaguheka yirinze kugira icyo avuga kuri ayo makuru.

Abajijwe niba hari abo bakorana ubujura, n’uburakari bwinshi, Bapfaguheka yasubije umunyamakuru wa Kigali Today agira ati: “ Oya ibyo urikubwira utara amakuru ntabwo ndabikubwira si ko bimeze.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu yafatiwe mu Gasentere ka Gakenke kubera moto ye idafite ibyangombwa kandi akanayitwara nta ruhusa afite, ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31/10/2013, mu rugo iwe hafatirwa irobo ry’urumogi none ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke.

“Njye nari mfite agatabi nari naraguriye inka yanjye bitewe n’uko yari irwaye baza kurisanga mu rugo mbese baravuga ngo ndarinywa kandi ntarinywa.” Uko ni ko Bapfaguheka abivuga.

Uretse ubujura n’ibiyobyabwenge, uyu Heka yari asanzwe azwi mu bikorwa by’urugomo n’urusimbi.

Ubwo Bapfaguheka yinikaga Uwizeyimana mu mugezi.
Ubwo Bapfaguheka yinikaga Uwizeyimana mu mugezi.

Mu mpera z’ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka, yafashe umukobwa ukora uburaya amujyanya mu mugezi maze aramwinikamo, arajandama amazi arayanwa andi yuzuma mu matwi amushinja ko yamwibye terefone ngendanwa ye kuko bari biriranwe basangira. Ibi byabaga abaturage barebera batinya no kwegera ngo yabamerera nabi.

Yatawe kandi muri yombi muri Gashyantare nabwo uyu mwaka azira gucuza abantu utwabo akoresheje umukino uzwi nka “kazungunarara” ariko aza kurekurwa.

Ingingo ya 594 y’igitabo cy’amategeho ahana y’u Rwanda giteganya igihano cy’igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu n’ihazabu ry’igihumbi 50 kugeza ku bihumbi 500 ku muntu wese ukoresha ibiyobyabwenge mu buryo butandukanye.

Igika cya kabiri cy’iyo ngingo giteganya igihano kuva ku myaka itatu kugeza ku myaka itanu n’ihazabu ry’amafaranga kuva ku bihumbi 500 kugeza kuri miliyoni eshanu ku muntu ufashwe yinjiza mu gihugu ibiyabyabwenge.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Yafashwe,ariko Muminsimike,murumva.baramurekura,kukosi,ubwambere,afungwa,akongera,agafungurwa,gusabamufunge,aheremo,kuko,yazengerejegakenke.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 22-11-2013  →  Musubize

Bapfaguheka nyine.Izina niryo muntu

rukundo yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

OOOH!BIRAKABIJE PE!

NITWA JOSE NDI GICUMBI yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

Nshimiye Police kuba yataye muri yombi iyi ngirwamugabo.
Arikose nigute uyu mugabo yaratangiye kwigira karahakajyahe? kugeza ubwo bakora organisation nkiyi , bakamugurira Moto , akaba nta mbyangombwa yarafite byayo, akaba yanywaga urumogi, agakina urusimbi bose babireba: Twinegure , twinenge, dushishoze, dukurikirane amashumi ye yose.Ingegera zituvire muri gahunda nziza Perezida wacu atugezaho.Bye bye nyakatsi HEKA.

kana yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

Nshimiye Police kuba yataye muri yombi iyi ngirwamugabo.
Arikose nigute uyu mugabo yaratangiye kwigira karahakajyahe? kugeza ubwo bakora organisation nkiyi , bakamugurira Moto , akaba nta mbyangombwa yarafite, akba yanywaga urumigi, agakina urusimbi bose babireba: Twinegure , twinenge, dushishoze, dukurikirane amashumi ye yose.

kana yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

Ejo muzumva yafunguwe !!!
Abantu bigira indakoreka kubera umuco wo kudahana ukomeje kugaragara mu Rwanda kandi birababaje cyane.

Nahimana Laurent yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

Imana ishimwe badukijije igihe gito Heka wari warigize indakoreka, nibahagurukire indaya ziba mu Gasayo ku mugoroba n’umwanda ugaragarayo. Murakoze.

baba yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

ntibisanzwe pe!! ndumva uyu yaratinze kugenda. igihe gishize cyose. Gusa nagira Imana izahamwigisghiriza ubugwa neza bwayo ayigarukire kuko yari ageze aharindimuka.Imana imubashishe kwihana no guha abandi agaciro.

Pascal yanditse ku itariki ya: 1-11-2013  →  Musubize

Ndi umuturage wo mu Karere ka Gakenke, nshimire Kigalitoday nyuma yo kuvuga amabi y’uyu mugabo Heka, atawe muri yombi. Mukomereza aho, ubundi twari twarumiwe wenda turaruhuka ho gato.
ikindi mwavuze iby’akazungunaraara bgakinirwa mu isoko barabahagurukira none byaracitse. Muri abagabo. Thx!!!

Ukuri yanditse ku itariki ya: 31-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka