Ukuriye indorerezi za EAC, yavuze ko kuri za site z’amatora nta kibazo bahabonye, ko mu byumba hari hatuje. Yavuze ko abantu batoraga ku mudendezo ku buryo aya matora yabera urugero rwiza ibindi bihugu bya Afurika.
Izo ndorerezi zabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru kuri iki cyumweru tariki 6 Kanama 2017, aho zivuga uko amatora mu Rwanda arangiye Paul Kagame yongeye kwegukana intsinzi.
Muri rusange bose bemeza ko yagenze neza kuko abantu batoye mu mutuzo, umutekano ngo wari urinzwe bihagije, abatoresha ngo wabonaga babimenyereye bakira neza ababagana.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|