Ruhango: Umukwabo wataye muri yombi inzererezi n’ibikwangari

Mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano tariki 08/08/2013, wataye muri yombi inzererezi esheshatu, babiri bigometse kuri gahunda za Leta ndetse hanafatwa inzoga z’inkorano “ibikwangari” bingana na litiro 320.

Mukanabana Restuda, Mukamusoni Beatrice na Akimana Ernest nibo bafanywe ibi biyobyabwenge bitemewe mu Rwanda. Abatawe muri yombi bose bakaba bafungiye kuri station ya polisi mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.

Inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango, zivuga ko zitazihanganira abakomeza gukora ibihabanye n’amategeko y’igihugu. Uyu mukwabo ukozwe nyuma y’indi itandukanye yagiye ikorwa mu mirenge igize akarere ka Ruhango.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mu Karere Ka Ruhango,mu Murenge Wa Kinazi Tubona Servise Zinubirwa Cyane N’ababagana Ko Usanga Bibabaje Cyane Cyane Umuyobozi Ushizwe Imibereho Myiza Y’abaturage.

Janvier Mu Ruhango yanditse ku itariki ya: 8-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka