Ruhango: Umukarani yishwe anizwe ajugunywa mu mugende w’amazi

Baganizi Hakizimana w’imyaka 42 wakoraga umwuga w’ubukarani mu mujyi wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yishwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya mu mujyende w’amazi uri hafi y’isoko rya Ruhango.

Umurambo we wabonetse mu gihe cya saa tatu za tariki 15/07/2013 ubwo abanyeshuri biga mu kigo cya Lycee de Ruhango bari bagiye kuhakora isuku.

Iyakaremye Xavier ushinzwe umutekano muri iki kigo wari uherekeje aba banyeshuri aho bagombaga gusibura uyu mujyende w’amazi, yabwiye Kigali Today ko bahageze igihe batangiye gukubita isuka basibura umwana umwe abona akubise amaguru y’umuntu, bahita bahuruza inzego zitandukanye.

Abaturage baje kureba aho uyu muntu yajugunywe.
Abaturage baje kureba aho uyu muntu yajugunywe.

Ababonye umurambo wa nyakwigendera ubwo wakurwaga muri uyu muferegi w’amazi, bavuze ko bigaragara ko abamwishe bakoresheje ishati yari yambaye akaba ariyo bamunigisha ndetse bakanavuga ko bishoboka ko yaraye yishwe mu ijoro ryakeye.

Mu rwego rw’iperereza abagera kuri 6 batawe muri yombi n’inzego z’umutekano. Umurambo wa nyakwigendera wo ukaba watwawe mu bitaro bya Ruhango.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Birababaje nonese womunyeshuri yakubise amaguru a tayareba.Nabacyekwa bahita bafatwa.Inzego za Ruhango
ndabona zarateye imbere ariko ntihagire urenganywa.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 16-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka