Yikoze munda ahora umwana kutahirira amatungo

Mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi,umugabo witwa Sinumvayabo Mathias w’imyaka 46 yaraye yishe umwana we amuhora kutahirira amatungo.

Byabaye ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba kuri uyu wa 05 Kamena 2016, aho uwo mugabo wihekuye yatashye nimigoroba agafata ibiti agatangira gukubita uwo mwana kuko ngo atari yahiriye amatungo ubwatsi.

Yihekuye ahora umwana kutahirira amatungo.
Yihekuye ahora umwana kutahirira amatungo.

Abaturage babonye uko uwo mugabo ari gukubita umwana bahise bahurura kuko babonaga atari uguhana umwana bya kibyeyi baramumwaka ariko basanga yamwangije cyane kuko yari yamukomerekeje bikomeye bahita bamujyana kwa muganga.

Bakimugeza ku Kigo Nderabuzima cya Gikundamvura umwana yahise apfa, naho se ahita atabwa muri yombi kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Police ya Bugarama.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Gikundamvura, Mutabazi Charles, avuga ko uwo mugabo wihekuye yemera ko ari we wiciye umwana kuko ngo yamukubise ku mugaragaro.

Yagize ati” Iyo nkoramaraso yahise ifatwa kandi yemera ko ari we wiyiciye umwana kuko yamukubise ku mugaragaro abaturage bahari ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Bugarama ikindi kandi twavuga ni uko uyu mugabo ari muzima ntabwo yabikoze afite ibindi bibazo.”

Umuyobozi bw’umurenge kandi busaba abaturage kujya birinda kwihanira kuko bihanirwa n’amategeko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Ibi bigomba kurangira

Claude gatunda yanditse ku itariki ya: 14-08-2022  →  Musubize

uwomuga wikibura bwenge bamukatire Burundi kugirango hatazagira nundi usubira kuko birababaje cyane

telesphore yanditse ku itariki ya: 7-06-2016  →  Musubize

Uwo Mugabo Bamukatire Urumukwiye.

Iradukunda yanditse ku itariki ya: 6-06-2016  →  Musubize

Umuco Wokwihanira Si Mwiza Uwo Mugabo Bamukatire Urumukwiye.

Iradukunda yanditse ku itariki ya: 6-06-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka