Kicukiro: Ikamyo yabuze feri yishe barindwi inangiza byinshi - AMAFOTO

Imodoka y’ikamyo yamanukaga iturutse i Nyanza ya Kicukiro yabuze feri imanuka, ihitana ibyo ihuye na byo byose, itangirwa n’amabisi abiri manini atwara abagenzi.

Mu ma saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Kamena 2016, ni bwo iyi mpanuka yabaye, mu masaha y’urujya n’uruza rw’abantu ahazwi nka Kicukiro Centre.

Kugeza ubu imibare y’abaguye muri iyi mpanuka iracyashidikanywaho kuko abenshi bemeza hagati ya barindwi na 15.

Dore amwe mu mafoto uko byari byifashe nyuma y’impanuka:

Icyo gikamyo cyatangiriwe na bus ebyiri zitwara abagenzi zari zihagaze.
Icyo gikamyo cyatangiriwe na bus ebyiri zitwara abagenzi zari zihagaze.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 54 )

Imana itabare abahohotewe bose muriiyi mpanuka. Inzego zishinzwe umutekano mwakoze gutabarana ingoga ariko hakenewe cyane dos d’anes nyinshi ku muhanda wose kumanuka kuva Nyanza kugeza imbere ya IPRC. Byibuze imodoka zose zajya ziba zigenda gahoro, mu gihe hagize ibura frein ikaba itateza degat nka ziriya.Dukomeze dusenge kd uko dushoboye abari hafi bakomeze gufasha abahohotewe mu mpanuka.
Thx.

Papa yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Ababuze ababo tubafashe mumugongo,kandi abapfuye Iman ibahe iruhuko ridashira.birababaje pe!!

Munyemana callixte yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Bashake undi muhanda w’amakamyo aho kimanuka i Nyanza. Impanuka zaho zimaze kuba nyinshi.

John yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

imana ibakiremubayo

seth yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Mbega ibyago!Imana yakiremubayo abobavandimwe batabarutse.

Jeremie yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Ni ukuraba neza controles techniques zikaba nyinshi kandi zigakomezwa kugira ibintu nkibi ntibisubire kuba.

Eric yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka