Abantu 60 barohamye mu mugezi bavamo ari bazima

Abantu 60 barohamye mu mugezi wa Nyagisenyi uri mu murenge wa Rweru muri Bugesera, bose barohorwa mu mazi ari bazima.

Abaturage 60 bo mu Bugesera barohamye mu mugezi wa Nyagisenyi bose bavamo ari bazima
Abaturage 60 bo mu Bugesera barohamye mu mugezi wa Nyagisenyi bose bavamo ari bazima

Abo baturage barohamwe muri uwo mugezi uri hagati y’akagari ka Sharita na ka Nkanga kubera impanuka y’ubwato butatu bari barimo yabaye mu gitondo cyo ku itariki ya 09 Ugushyingo 2016.

Ubwo bwato bwari burimo abahinzi bajyaga guhinga mu kirwa cya Sharita mu gishanga cya Kiborera bavuye mu kagari ka Nkanga.

Rubasasa George, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nkanga avuga ko iyo mpanuka yatewe n’ingufu z’amazi y’umugezi wa Nyagisenyi kuko yarafite imbaraga nyinshi.

Agira ati “Ayo mazi yasunitse ubwato bw’imbere maze bugonga ubwi’nyuma nabwo bugonga ubwari bubukurikiye niko guhita barohama mu mazi”.

Uyu muyobozi akaba avuga ko bahise batabarwa n’Ingabo z’Igihugu (RDF) zikorera mu mazi (Marine) yo mu kiyaga cya Rweru.

Agira ati “Nubwo abo baturage babashije kurohorwa, ibintu byabo byari biri mu bwato nk’amagare, amasuka n’ibindi bikaba bitabonetse byose kuko ibyinshi byabuze. Gusa turishimira ko ntawahasize ubuzima.”

Akomeza ahwiturira abaturage ko batazongera kwambuka amazi batambaye imyenda yabugenewe ituma badashobora kurohama.

Bamwe mubaturage bari batuye mu kirwa cya Sharika, batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo mu kagari ka Batima.

Kenshi bambuka bajya guhinga muri iki kirwa kuko banze kureka imirima yabo. Abandi bo bahasize imyaka itarera aka ariyo mpamvu basubira kuri icyi kirwa kujya kuyireba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

IMANA ISHIMWE CYANE !

C yanditse ku itariki ya: 11-11-2016  →  Musubize

Mwakozi cyane gutabara bwangu Imana ibongerere imigisha itagabanyije.

mado yanditse ku itariki ya: 10-11-2016  →  Musubize

Bravo au soldats de RDF pour leur intervention.merci beaucoup

viateur yanditse ku itariki ya: 10-11-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka