Karongi: Umukecuru yasanzwe mu nzu yakaswe ijosi

Uzamukunda Immaculée ufite imyaka 65 y’amavuko utuye mu Murenge wa Rugabano ho mu karere ka Karongi yasanzwe iwe yakaswe ijosi yapfuye.

Urupfu rwe rwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa gatatu tariki ya 09 ukuboza 2015 ubwo abaturage bamusangaga mu nzu iwe yakaswe ijosi yashizemo umwuka.

Ku murongo wa terefone, Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugabano, Mukama Hubert, yagize ati "Nyo makuru ni impamo uwo mubyeyi yitabye Imana kuko yasanzwe mu nzu iwe yakaswe ijosi yapfuye."

Kugeza ubu, abamwishe ntibaramenyekana ariko Polisi yadutangarije ko ikomeje iperereza kugira ngo batabwe muri yombi.

Uyu mukecuru apfuye nyuma y’iminsi ibiri gusa hapfuye umukobwa bamwiciye muri butiki mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera muri ako Karere ka Karongi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Mbega mbega Mana uturindire akarere kacu uduhe umutekeno! Nyabuna Police ikore akayo ishake aba bagizi ba nabi. Hamwe n’iz’indi nzego z’umutekano bahaguruke barinde abanyarwanda.

Alias yanditse ku itariki ya: 14-12-2015  →  Musubize

Abantu bishe uyu mukecuru ndabizi neza bazafatwa kuko police izakora iperereza kandi nago rizabura uwo rifata gusa n’izindi nzego z’umutekano ndabizi neza ko zizafatanya mu gushaka aba bagizi ba nabi

Juma yanditse ku itariki ya: 11-12-2015  →  Musubize

polisi ikore iperereza neza kuko ibisigisigi byuwicishije uwo mukobwa birahari nigute umuntu yavuga ngo ntuzarenza noheri maze wapfa bikagarukira aho?wenda bazanamuhanire kuba yaratekereje kumwica niba baranamutanze we yaracyibibitse.

anna yanditse ku itariki ya: 11-12-2015  →  Musubize

polisi ikore iperereza neza kandi birinde ntihagire uwitambika mu iperereza ryabo kuko ibisigisigi by’uwishe wa mukobwa birahari.nigute umuntu yavuga ngo ntuzarenza noheri maze bakakwica ngo ntacyo abiziho?

anna yanditse ku itariki ya: 11-12-2015  →  Musubize

abo bantu bakomeje kwigabiza ubuzima bwabandi ni bahanwe bifatika,.

hackimu alias God yanditse ku itariki ya: 11-12-2015  →  Musubize

Abasenga Nisenge Kuko Isi Irashaje Ubwose Bamuhoraga Iki? Imana Imuhe Iruhuko Ridashira

Dusabimana Koroneri yanditse ku itariki ya: 11-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka