Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yasabye abaturage b’igihugu cya Uganda kujya bagenzura ibyangombwa by’abantu batandukanye bahuriye ahantu hari abantu benshi haba mu nsengero, mu mahoteri, mu masoko no muri za Bisi zitwara abagenzi ndetse no mu bindi birori bitandukanye bihuza abantu benshi kugira ngo bagenzure (...)
Guverinoma ya Kinshasa yatangiye urugendo rusura abaturage babuze ababo mu myigaragambyo iheruka mu mujyi wa Goma tariki 30 Kanama 2023. Ni imyigaragambyo yaguyemo urubyiruko rurenga 40 bishwe barashwe n’ingabo za Congo (FARDC) ndetse hakoremereka abarenga 80, mu gihe abafashwe bagafungwa barenga 140.
Muri Afurika y’ Epfo, abantu 73 bapfuye, abandi 43 barakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye inzu ya etaji eshanu mu Mujyi wa Johannesbourg, kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.
Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu y’Amajyaruguru bishyize hamwe mu kurwanya umutwe wa M23, babyukiye mu myigaragambyo yaguyemo abarenze 6 abandi babarirwa mu 10 barakomereka.
Abantu 26 bapfuye, abandi barakomereka nyuma y’uko ikiraro cyari kikirimo kubakwa cyacitse kigasenyuka.
Inkuru y’urupfu rwa Yevgeny Prigozhin yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, aho bivugwa ko yaba yaguye mu mpanuka y’indege yabereye i Moscow mu Murwa Mukuru w’u Burusiya.
Udutsiko tw’amabandi yitwaje intwaro, twabibye ubwoba mu baturage muri Haïti. Aho kuva uyu mwaka wa 2023 watangira, imvururu ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro muri icyo gihugu zimaze guhitana ubuzima bw’abasaga 2.400, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye. Hakaba ngo hakenewe ingabo mpuzamahanga kugira ngo (...)
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zakoze umuganda zitanga na serivisi z’ubuvuzi mu bikorwa bigamije ubukangurambaga bwo kurwanya Malariya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Mocimboa da Praia, burangajwe imbere n’Umuyobozi w’Akarere, Sergio Domingo Cypriano, wari uherekejwe n’abayobozi mu nzego z’umutekano za Mozambique barimo Umuyobozi w’ikigo cya Leta gishinzwe amakuru n’umutekano, Zito Navaca, basuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda bashima uruhare rwazo mu bikorwa byo (...)
Abasirikare bafashe ubutegetsi muri Niger batangaje ko badashobora kwakira intumwa za CEDEAO kubera ko batemera ibyifuzo by’izo ntumwa byo gusubiza ubutegetsi Perezida Bazoum.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’abayobozi bashya n’abacyuye igihe b’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Palma, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, ni ho aba bagize Inzego z’umutekano z’u Rwanda bahagurukiye aho umuhango wo kubasezeraho witabiriwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano.
Itsinda ry’abasirikare muri Niger ryatangaje kuri Televiziyo y’Igihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, ko bahiritse ubutegetsi bwa Perezida wa Niger Mohamed Bazoum. Ibyo batangaje ko bikozwe mu izina ry’Inama y’Igihugu ishinzwe kubungabunga ubusugire bw’igihugu (Conseil national pour la sauvegarde de (...)
Arikiyepisikopi wa Kiliziya Gatolika ya Diyosezi ya Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado, Dom Antonio Juliasse Sandramo n’intumwa ayoboye, basuye icyicaro gikuru cy’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Karere ka Mocimboa da Praia.
Inzego z’umutekano muri Uganda zikomeje guhiga abarwanyi ba ADF bavugwaho kugaba igitero ku kigo cy’amashuri yisumbuye, abantu 42 biganjemo abanyeshuri bakahasiga ubuzima, abandi batahise bamenyekana umubare bagashimutwa.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku Isi, kasabye ko intambara irimo kubera muri Sudani ihita ihagarara, hagakurikiraho ibiganiro bigamije kugera kuri politiki ya demokarasi irambye yatuma amahoro agaruka muri icyo gihugu kimaze iminsi cyugarijwe n’ibibazo by’intambara.
Perezida wa Santarafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yagiranye ibiganiro n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’izi iki gihugu ziri mu murwa mukuru, Bangui.
Major Gen. Aphaxard Muthuri Kiugu, uherutse gutangira imirimo ye nk’Umuyobozi w’Ingabo za Kenya ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashima ibyagezweho n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community Regional Force - EACRF), akizeza ko azanye ubunararibonye mu bijyanye no kuyobora (...)
Ikirunga cya Nyamulagira giherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Majyaruguru y’Umujyi wa Goma cyagaragayeho umuriro nk’usanzwe waka mu gihe kirimo kiruka.
Umugore witwa Kouri Richins, ni umubyeyi w’abana batatu, wanditse igitabo nyuma y’urupfu rw’umugabo we, agamije gufasha abana be gushobora guhangana n’agahinda batewe n’urupfu rwa se witwaga Eric Richins.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zashyikirije Minisiteri y’Uburezi ibyumba bitandatu (6) zubatse kuri Ecole Kina.
Ingabo z’u Rwanda (RWABAT2) ziri mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santarafurika(MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe.
Ibihugu bigize Umuryango wo gutabarana wa OTAN byamaze gutanga 98% by’imodoka z’intambara byari byaremereye Ukraine mu rwego rwo gufasha icyo gihugu gukomeza kwirwanaho mu ntambara gihanganyemo n’u Burusiya.
Ubuyobozi bw’igisirikare cya Burkina Faso, bwatangaje ko igitero cy’abantu bikekwa ko ari abo mu mitwe y’iterabwoba, bagabye igitero ku ngabo z’igihugu mu Burasirazuba, gihitana abasirikare 33 abandi cumi na babiri barakomereka.
Mu ruzinduko rw’akazi Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye muri Benin, hashyizwe umukono ku masezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, harimo ibijyanye no gufasha Benin guhangana n’imitwe y’iterabwoba.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023 mu murwa mukuru wa Sudan(Khartoum) no mu yindi mijyi imwe n’imwe, Ingabo z’Igihugu zirimo kurasana bikomeye n’Umutwe w’Inkeragutabara witwa ‘Rapid Support Forces (RSF)’.
Abantu batanu barashwe n’umukozi wa Banki mu mujyi wa Louisville muri Leta ya Kentucky muri Amerika bahita bapfa.