Muri iyi minsi haravugwa ikibazo cy’imbwa z’ishyamba zibasiye amatungo magufi cyane cyane azirikwa (ihene n’intama), mu mirenge ya Nyarubaka na Mbuye yo mu karere ka Kamonyi, ndetse na Shyogwe wo mu karere ka Muhanga.
Ejo, Zaninka Rose, wo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu, yaguye mu mukoke maze umwana w’amezi atandatu ahita apfa.
Umugabo witwa Mbonigaba Charles, kuva tariki tariki 14/12/2011, afungiye kuri sitasiyo ya polisi y’umurenge wa Kagano akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha amafaranga y’amakorano.
Mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi, tariki 14/12/2011, abanyururu bakora igihano nsimburagifungo (TIG) mu muhanda uva ahitwa Burimbi ujya mu murenge wa Rukomo bahatoye gerenade maze bahita bayishyikiriza ubuyobozi.
Bizimana Emmanuel na Twambazimana Vianney n’umugore witwa Nyirabuhazi Thacienne bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho batetse inzoga zitemewe zirimo kanyanga n’iyo bita ibikwangari.
Tariki 14/12/2011 ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza, abantu 2 bitabye Imana barohamye mu mugezi wa Mwogo umwe muri bo aboneka yapfuye undi aburirwa irengero.
Mu ijoro rya tariki 13/12/2011 inka eshatu z’inzungu z’uwitwa Bizimana Samuel zatemewe mu kagari ka Cyamabuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu.
Musabyimana Siperatus n’umugore we, Ntirenganya Vestine, kuva tariki ya 04/12/2011bari mu maboko ya polisi kuri station ya Ruhango bakekwaho kwica umwana w’imyaka ibiri bareraga witwa Rusaro Celine.
Mu murenge wa Manihira, akarere ka Rutsiro haravugwa inkuru y’urupfu w’uwitwa Nkizinkiko Misago Bonaventure wahitanywe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Bugesera zerekana ko ibiyobyabwenge biza ku isonga mu bihungabanya umutekano muri ako karere, hakurikiraho amakimbirane mu miryango naho ubujura bukaza ku mwanya wa gatatu.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko kuva mu kwezi k’Ugushyingo abantu 14 bamaze kwitaba Imana muri aka karere bitewe n’impamvu zinyuranye.
Tariki 10/12/2011, Tuzabadute Jean Damascene ukomoka mu murenge wa Kivuruga, akarere ka Gakenke yateraguwe ibyuma n’abasore bane ngo bamuziza ubuhamya yatanze muri gacaca.
Mu mudugudu wa Rukomero, akagari ka Cyivugiza, umurenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro, haravugwa urupfu rwa Sindihokubwabo w’imyaka 17 y’amavugo witabye Imana azize inkuba yamukubise kuwa gatanu taliki ya 09/12/2011.
Umukecuru witwa Ryangezeho Agnes uri mu kigero cy’umwaka 68 n’umwuzukuru we, Iradukunda Elysee w’umwaka umwe n’igice y’amavuko, bo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, tariki/10/12/2011, bitabye Imana bazize umuti w’umusabikano wa Kinyarwanda.
Umudamu witwa Musabyimana Margarita arwariye mu kigonderabuzima cya Ngara mu murenge wa Mbazi, akarere ka Nyamagabe nyuma yo gushaka kwiyahura kubera ko umugabo we yamuciye inyuma.
Mu murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, mu mugoroba w’ijoro ryakeye, imodoka yo mu bwoko bwa taxi minibus yahagongeye umukecuru witwa Bavugatwose Florida wari uhagaze hafi y’umuhanda ahita yitaba Imana.
Babifashijwemo n’abatugage ubwabo, ubuyobozi bw’akagari ka Kabura, tariki 11/12/2011, bwamennye inzoga ya kanyanga y’uwitwa Ntsinzishyaka wo mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza.
Ku mugoroba wa tariki 10/12/2011, umusore witwa Kwizera Bernard w’imyaka 22 afatanije na bagenzi be babiri, Nteziryayo Callixte na Rugira Jonathan bivuganye Nsabimana JMV bamuziza ko yari ari kumwe n’umukobwa yita inshuti ye.
Tariki 09/12/2011 mu ma saa tanu, mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, umuboyi uzwi ku izina ry’akabyininiro ka STAMINA yashatse kwivugana umuyaya bakorana amutemesheje umuhoro ariko polisi imukoma mu nkokora.
Tuyizere Jean de Dieu, umwana w’imyaka 11 y’amavuko ukomoka mu Kagali ka Rutenderi mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke yarohowe mu mugezi wa Base yapfuye.
Munyabarenzi Gaspard w’imyaka 55 y’amavuko ubu acumbikiwe muri gereza ya Musanze mu gihe ataraburana akekwaho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka umunani.
Mu mudugudu wa Karambo, akagari ka Tangabo, umurenge wa Manihira, mu karere ka Rutsiro, umugabo witwa Bacuma Faustin mu ijoro rya tariki 07/12/2011 atemaguye umugore we, Nyiranshuti Bonifride, amuziza isambu.
Mu karere ka Gicumbi mu Murenge wa Miyove hateye igisimba kirya amatungo y’abaturage.
Abaturage batuye mu gasantere ka Gakenke, mu karere ka gakenke bavuga ko bahangayikijwe n’impanuka z’imodoka zibera muri metero 100 uvuye ku gasentere ka Gakenke.
Tariki 07/12/2011, abantu barindwi bo mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze baguweho n’ibirombe bageregeza gucukura amabuye y’agaciro ya Wolfram k’uburyo butemewe n’amategeko.
Mutabazi w’imyaka 14 y’amavuko wo mu kagali ka Kibenga, umurenge wa Mayange, akarere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi ya Nyamata azira gutema mukuru we witwa Habarurema Ezechiel w’imyaka 16 y’amavuko.
Mu murenge wa Mayange, mu karere ka Bugesera haravugwa imbwa zizerera zirya amatungo n’abantu.
Umwana w’imyaka 18 y’amavuko witwa Hakizimana Noel na mushiki we bo mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza bishe se babisabwe na nyina kubera isambu. Umurambo wabonetse mu bishyimbo hafi y’urugo rw’uwo nyakwigendera mu gitondo tariki 05/12/2011.
Bihibindi na Gasore bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatirwa mu cyuho, tariki 05/12/2011, biba inka ya Butera wo mu kagari ka Mayange mu karere ka Bugesera.
Ingabire Jeannette na Mburano Theogene bo mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruhango bakurikiranyweho ubufatanyacyaha bwo kwica umwana babyaranye.