Mu rwego rwo gukangurira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge kuko byangiza ubuzima kandi bikadindiza iterambere, imbere y’abaturage bo mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke , Polisi yamennye ibiyobyabwenge bitandukanye.
Ku mugoroba wa taliki ya 16/10/2013 mu mujyi wa Gisenyi polisi yakoze umukwabu wafatiwemo abakora ubucuruzi butemewe ku mihanda burimo inkweto, imyenda, telefoni zigendanwa hamwe n’abavunja amafaranga.
Umukecuru Nyiramatama wari warahawe ubutaka mu mudugudu wa Kayigiro, akagali ka Gitengure, umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare arasaba gutuzwa ahandi kuko ubwo butaka yari yarahawe nyirabwo yagarutse none ntakibasha kugira icyo abukoreramo.
Abajura batabashije kumenyekana bibye inka y’umusaza witwa Jotham Uwimana bayikuye iwe mu rugo mu kagari ka Kabuga mu murenge wa Mukura, akarere ka Rutsiro bayibagira hakurya mu kagari ka Gacaca mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi mu ijoro rishyira ku wa gatatu tariki 16/10/2013.
Umusore witwa Ndacyayisenga Wellars utuye mu mudugudu wa Budaha, akagari ka Gasiza, umurenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo, ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana w’umukobwa witwa Mutoni Uwase Sandrine w’imyaka 12.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano barasaba abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi kongera imbaraga mu gucunga umutekano kugira ngo hatagira ubameneramo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/10/2013, mu kidendezi cy’amazi cyitwa Akacitse kiri mu gishanga cya Nyabarongo, giherereye mu mudugudu wa Rubumba akagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, hakuwemo umurambo w’umusore w’imyaka 25 witwa Munyengabire Pascal.
Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu ntara y’Uburengerazuba, Maj.,Gen. Mubaraka Muganga, araburira urubyiruko kwitandukanya n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko uretse kubangiriza ubuzima hashyizweho ingamba zikomeye mu kurwanya ababitunda, ababicuruza hamwe n’ababikoresha.
Abanyeshuri bane biga mu mwaka wa mbere muri Kaminuza y’u Rwanda bari bacumbitse ahitwa kwa Manama ho mu mujyi wa Butare (mu gikari cy’inzu iri hafi y’aho Horizon Express ikorera), bahishije ibintu byose bari bafite ku bw’inkongi yibasiye inzu y’ibyumba bibiri babagamo, badahari, kuwa 15/10/2013.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 27 wo mu mudugudu wa Mirambi ya III mu kagari ka Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, afunzwe, akurikiranyweho gutema ku kuboko Rutayisire Emmanuel ushinzwe umutekano mu muri uwo mudugudu akoresheje inkota.
Umwana w’amezi atandatu witwa Kwitonda wo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza yitabye Imana tariki 15/10/2013 nyuma y’iminsi ibiri atemwe na se ubwo yarwanaga na Mukabutera Assoumpta, nyina w’uwo mwana.
Ntahorutaba Jean de Dieu wo mu Kagali ka Sereri ho mu Murenge wa Kivuruga, Akarere ka Gakenke yafatanwe kiro 50 z’ibirayi mu ijoro rya tariki 15/10/2013 bikekwa ko yibye imodoka zihita mu muhanda wa Kigali-Musanze.
Mukantabana Vestine w’imyaka 21, yahitanywe n’ikirombe mu gitondo cya tariki 15/10/2013 ubwo bacukuraga umucanga mu murenge wa Kintobo ho mu karere ka Nyabihu. Undi bari kumwe yaguye kwa muganga ndetse hari n’undi mugabo wo mu murenge wa Rambura nawe wazize ikirombe.
Abantu 15 bakomoka mu murenge wa Remera, akarere ka Ngoma bafungiye muri station ya police ya Kibungo nyuma yo gufatirwa mu cyuho bacukura amabuye ya gasegereti bitemewe n’amategeko.
Uwusanase Liberathe w’imyaka 35, wo mu kagali ka Ngara mu murenge wa Sake akarere ka Ngoma, ari mu maboko ya police i Sake nyuma yo kwica umugabo we Sekamana w’imyaka 55 bari bafitaye abana batanu.
Ku ishuri ryisumbuye rya APEC Remera Rukoma, riherereye mu karere ka Kamonyi, abanyeshuri 16 banyweye produit yo muri Laboratoire yitwa Ethanol; babiri muri bo bahasiga ubuzima, umwe ari mu bitaro, abandi nta kibazo gikomeye bafite.
Umusore witwa Munyentwari bakunze kwita Gatoki wari utuye mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana nyuma yo guterwa ibuye mu mutwe nabo bagiranye amakimbirane ubwo barimo basangira inzoga.
Batururimi Fulgence w’imyaka 30 y’amavuko wo mu kagari ka Mazane mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rweru nyuma yo gufatanwa amafaranga ibihumbi bitanu y’amakorano.
Ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Musanze arasaba urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge kuko bigira uruhare runini mu kubicira ejo heza, ndetse ngo bikanabashora mu byaha bitandukanya bihanwa n’amategeko.
Imanizabayo utuye mu mudugudu wa Rurimba mu kagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yiyemereye ko yagerageje gufata ku ngufu umukobwa wiga ku ishuri ryisumbuye ryitiriwe Mutagatifu Yohani ry’i Murunda tariki 12/10/2013, ariko ntiyabasha kubigeraho.
Nyiraromba Speciose wari utuye mu mudugudu wa Rwimbazi, akagali ka Kirambi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza yaguye mu bitaro by’Akarere ka Nyanza tariki 11/10/2012 saa sita z’amanywa azize imihoro yatemeshejwe n’umuhungu we mu mutwe no ku maguru amuziza ko yamubujije kugurisha ibintu byo mu nzu y’iwabo.
Abasore babiri n’umukobwa umwe bashoboye kurokoka impanuka ikomeye yabereye mu mudugudu wa Kabuzuru, Akagali ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza mu gitondo cya tariki 12/10/2013.
Umugabo witwa Jean Marie Vienney Bizimungu yishwe n’ingona ubwo yitwikiraga ijoro akajya kuroba amafi mu kiyaga cya Rumira yihishe abashinzwe kurinda ibiyaga, ingona ikamuta ku nkombo zo hakurya mu murenge wa Gashora.
Umushoferi w’imodoka Toyota Hiace itwara abagenzi yagonze umwana w’imyaka itanu ahita apfa, maze abaturage bari aho baramwadukira barakubita bamugira intere none yajyanwe mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Habiremye Theogene wari umukozi ushinzwe inguzanyo muri SACCO-Kungahara Gakenke y’Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yatawe muri yombi na Polisi kuri uyu wa Gatanu tariki 11/10/2013 akekwaho kunyereza amafaranga 1.440.000.
Landrada Mukagihana w’imyaka 28, wari wugamye imvura hamwe n’abagenzi be mu nsi y’umuhanda ahanyura umugezi witwa Kadasomwa yaburiwe irengero atwawe n’amazi yo muri ruhurura.
Abajura 4 bitwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG binjiye mu iduka rya Simpunga Concorde mu murenge wa Mururu mu kagari ka Bahinda biba amafaranga ibihumbi 60 ahagana saa moya z’ijoro ryo kuwa 09/10/2013.
Umusore w’imyaka 25 wari umukozi wo mu rugo mu mudugudu wa Buhaza, akagali ka Gati, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza acumbikiwe na polisi yo muri aka karere akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka ibiri.
Mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera hongeye gufatirwa imodoka yo mu bwoko bwa Dyna ipakiye ibiti by’umushikiri (Kabaruka) bijyanywe kugurishirizwa mu gihugu cya Uganda.
Mu masaha yo ku mugoroba wa tariki 09/10/2013 inkuba yakubise umwana na nyina mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi bahita bitaba Imana, n’amazu arenga 10 y’abahejwe inyuma n’amateka atwarwa n’umuyaga.