Murenzi Protais wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gitovu, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yagurishije ishyamba rya Leta ringana na hegitari eshatu amafaranga avuyemo ahitamo kuyifunga aho kuyageza mu isanduku y’Akarere.
Tumurere Jean yatemwe n’umugore we Uwimana Christine w’imyaka 24 amushinja kumuca inyuma ubwo nyamugore yari asanze umugabo avugana n’umukobwa kuri telephone.
Habimana Maheneri wari ufite imyaka 19, wo mu murenge wa Munyiginya ho muri Rwamagana yaguye mu kiyaga cya Muhazi mu ijoro rishyira tariki 24/10/2013 apfiramo.
Ndikumana bakunze kwita Rukara w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, Akagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yatemaguwe bikabije mu mutwe, igikanu no ku maboko bamuziza ko ngo abanye neza n’umukoresha acururiza inyama z’inka.
Umugabo witwa Nsengiyumva utuye mu kagari ka Kintambwe mu mudugudu wa Nyiragiseke mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi azira gukubita umugore we Uwamariya Marie Louise umugeri mu nda agahita apfa.
Umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya Butanga afungiye kuri station ya police Kibungo akekwaho gushuka umunyeshuri yigishaga ko agiye kumuha akazi yamugeza mu rugo akamufata ku ngufu.
Umugore witwa Mariya umaze iminsi agarutse muri aka karere ka Rusizi nyuma yo gusubizwa mu gihugu cye cy’UBurundi ubu noneho yagarukanye ingeso yo kwishora mu mvura abandi bugamye avuga ko ari kuvuga ubutumwa bwa nyuma.
Umurambo wa Nyakubyara Marie Jeanne w’imyaka 49 y’amavuko watoraguwe mu mugezi, icyakora umukobwa we witwa Mukarukundo Clarisse w’imyaka 21 y’amavuko bari kumwe aburirwa irengero, bikaba bikekwa ko bahanutse ku iteme ry’ibiti bibiri bambukagaho bataha iwabo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro.
Mu Tugari twa Karambo na Kirebe ho mu Murenge wa Karambo, Akarere ka Gakenke haravugwa ikibazo cy’umutekano muke uterwa n’ubujura butandukanye burimo gupfumura amazu nijoro bagasahura ibintu birimo.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 8 wo mu mudugudo wa Kavune mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yarohamye mu Kiyaga cya Kivu, tariki 22/10/2013 ubwo yari yajyanye n’abandi bana koga.
Abashumba babiri bo mu mudugudu wa Kiringa, mu kagari ka Musenyi mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera baragira mu rwuri rw’uwitwa Karayigi William bagiranye ubushyamirane maze bararwana bibaviramo umwe gutema undi ahasiga ubuzima.
Mu gihe abaturage bakorerwa amaterasi bari bamaze iminsi batabaza ko abakora muri ayo materasi aho basanze imyaka bayitwara aho kuyisubiza nyiri isambu, ubuyobozi bw’umurenge wa Remera ndetse n’ingabo babwiye aba bakozi ko uzongera kugira icyo atwara azabiryozwa.
Nikombayeho Jean Bosco wakoraga akazi ko kuroba mu Kiyaga cya Nasho giherereye mu murenge wa Nasho ho mu karere ka Kirehe yitabye Imana kuri uyu wa 22/10/2013 azize gukomeretswa n’imvubu.
Abagabo batandatu bari gukurikiranwa n’inzego z’ubugenzacyaha mu karere ka Rwamagana bakekwaho kugira uruhare mu bujura bw’itabi bwabereye ku ishami ry’ikigo gicuruza itabi, British American Tobacco (BAT) mu karere ka Rwamagana.
Munyanziza Alphonse w’imyaka 35 wacururizaga mu mujyi wa Kabarondo mu karere ka Kayonza yiyahuye tariki 19/10/2013. Uwo mugabo yabanje kunywa umuti wica udukoko arangije yishyira mu kagozi, ariko impamvu yamuteye kwiyahura ikomeje kuba urujijo.
Ku bitaro bya Kabutare biherereye mu mujyi wa Butare, hari impinja ebyiri z’abahungu zatoraguwe. Polisi ntirabasha kumenya ababyeyi b’aba bana bombi, kandi bari no gushakirwa abanyempuhwe bakwemera kubarera.
Nkurunziza Antoine wo mu murenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero afunzwe na polisi ikorera muri ako karere akurikiranywe ho gutema inka y’umugore yinjiye amuziza kumuca inyuma no kugurisha inka atamugishije inama.
Umusaza witwa Nyabenda Hakili wo mu Burundi yaraye afatanywe umwana muto wo mu murenge wa Kamembe abeshya ko ngo agiye kumuha umuti wo kumukiza indwara arwaye, nyamara uyu musaza ngo asanzwe azwi n’abaturage ko ari umufumu kabuhariwe aho ngo ajyana abantu ikuzimu.
Umukobwa witwa Nikuze Adeline utuye mu mudugudu wa Gasenga, akagari ka Kivugiza, umurenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo, yishe umuvandimwe we witwaga Twahirwa biturutse ku businzi.
Imiryango ine yo mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi ubu ntifite aho kwikinga nyuma yuko amazu yabo asenwe n’imvura yiganjemo umuyaga n’urubura rwinshi yaguye tariki 19/10/2013 ikangiza amazu y’abaturage agera 332.
Uwitwa Nsengumuremyi Emmanuel ari mu bitaro bya ADEPR Nyamata nyuma yo kugongwa n’abagenda ku ma moto manini y’abishimisha agakomereka bikomeye.
Abakozi ba sosiyete icunga umutekano SCAR (Security Company Against Robbery) mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21/10/2013 bazindukiye imbere y’ibiro by’akarere ka Nyamasheke baje gusaba kubakorera ubuvugizi kugira ngo sosiyete bakorera ibishyure kuko ngo bamaze amezi akabakaba atatu badahembwa.
Inkubi y’umuyaga yasambuye ibisenge by’amazu 11 yo mu kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.Uyu muyaga warurimo imvura nke wahushye ku masaha ya nimugoroba yo kuwa 20/10/2013.
Hakuziyaremye Fredrick wo mudugudu wa Gasinga akagali ka Gasinga umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare arakekwa ko ariwe wagize uruhare mu rupfu rwa Gasana Julius witabye Imana nyuma yo gukubitwa isuka mu mutwe.
Umwana w’imyaka 9 wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali yitabye imana mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 20/10/2013 arohamye mu cyobo cy’amazi cyari hafi y’icyubakwa.
Mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe hatahuwe umurima w’urumogi ugera kuri hegitari 10, ukaba uhinze mu gishanga kiri hafi y’Akagera kuko aka kagari gahana imbibi n’igihugu cya Tanzaniya.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu batuye mu murenge wa Bugeshi begereye ikibaya gihuguza u Rwanda na Congo bavuga ko bamaze kuburira inka zirenga 200 muri iki kibaya zitwarwa n’ingabo za Congo bakabura uko bazigaruza.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi bavuga ko ubujura bukomeje gukaza umurego aho umunsi kuwundi badasiba kwifatira abantu bari kubiba abandi bakabacika.
Mu murenge wa Gishari muri Rwamagana haraye hamenyekanye umugabo ufite imyaka 27 waketsweho gusambanya umwana w’umukobwa bivugwa ko atuzuye mu mutwe, ubu akaba akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye umugabo ushinjwa gukubita no gukomeretsa nyina umubyara, urugomo yakoze mu ijoro ryo kuwa 17/10/2013.