Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga mwinshi, ku mugoroba wa tariki 29/10/2013, yashenye amazu atatu yangiza n’ibindi bikorwa remezo nk’imihanda ndetse n’intoki zirangirika mu Murenge wa Musheri akarere ka Nyagatare.
Mu nkengero z’umugezi wa Mwogo unyura mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugore witwa Uzamushaka Alphonsine w’imyaka 31 y’amavuko afite igikomere mu mutwe bigaragara ko yakubiswe maze akajugunwa muri uwo mugezi.
Rutayisire Etienne w’imyaka 65 wo mu murenge wa Mugesera ho mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Sake akurikiranweho gushaka kuvura Ndayiramije Anastase amarozi nta byangombwa byo kuvura gakondo afite nyuma akamupfiraho iwe mu rugo.
Mu gihe imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma imaze amezi agera kuri atanu yarahagaze kubera rwiyemezamirimo wataye imirimo nyuma yo guhabwa miliyoni 48 n’akarere ka Ngoma, amazu ataruzura y’iri soko yabaye indiri yaho bakinira urusimbi.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwinkwavu bavuga ko bafite ikibazo cy’abantu bari kwiba insinga z’amashanyarazi zimanitse ku mapoto mu masaha y’umugoroba kuko umuriro w’amashanyarazi ukunze kuba wabuze.
Katabarwa Araika w’imyaka 51 na Mutarambirwa Sylvestre w’imyaka 50 bafatiwe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bapakiye ibiti byo mu ishyamba rya Leta byitwa “imisheshe” bivugwa ko bivamo imibavu (Parfum).
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye mu masaha ya sa moya z’ijoro ryo kuwa 28 Ukwakira 2013 yasakambuye amazu y’abaturage 25, mu Murenge wa Nyagihanga, Akarere ka Gatsibo.
Nsaziyinka Augustin w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimirama, Akagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yiyahuye tariki 28/10/2013 anyoye umuti ukoreshwa mu buhinzi bita Simikombe ngo kuko umugore bashakanye amuca inyuma.
Mu gihe imvura ikomeje kubura mu karere ka Ngoma, bamwe mu baturage batangiye guterwa ubwoba ndetse bamwe ngo batangiye gukubitwa babaziza ko ari abavubyi batuma imvura itagwa.
Abantu 54 ni bo bamaze kwakirwa n’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ya Bus ifite ikirango cya RAC 104 B yabereye mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza tariki 28/10/2013.
Umu local defense witwa Nkiko Anastasi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gusangwa atunze gerenade bwa stick kandi atabifitiye uburenganzira.
Minani Faustin wo mu mudugudu wa Kagasa, akagari ka Mugina, umurenge wa Mugina, yiyahuje umuti wica udukoko mu myaka witwa “Rocket”, agejejwe kwa muganga apfa nyuma y’umunsi umwe.
Mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango ahazwi nko kuri Café, tagisi itwara abagenzi izwi nka “Twegeranye” yakoze impanuka ku mugoroba wa tariki 26/10/2013 igonga imodoka ebyiri n’inzu abantu 5 barakomereka , bamwe ku buryo bukomeye.
Umugore witwa Gaudence Nyirahakizimana utuye mu mudugudu wa Muyange mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango avuga ko amaze iminsi 23 yarahunganye n’abana be bane kubera ko umugabo yabatezagaho umutekano mucye, umugore akagira impungenge z’uko umugabo ashobora no kumwica.
Mu ijoro rishyira kuwa 25 Ukwakira uyu mwaka, abantu bataramenyekana bateye mu nyubako za paruwasi Muhororo maze batwara amafaranga ibihumbi 65 yari mu bunyamabanga bw’iyo paruwasi.
Abasore bane n’abagore umunani bo mu murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bari mu maboko ya police, kubera ibyaha bakurikiranyweho birimo urugomo no guhungabanya umutekano.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake RAC 565 B yabuze feri iri kumanuka aho bita kuri Buranga mu murenge wa Nemba akarere ka Gakenke wenda kugera mu mujyi wa Gakenke, umushoferi ashaka kuyegeka ku mukingo biranga, imodoka yicurika mu muhanda ku bw’amahirwe ntihagira uhasiga ubuzima.
Kamugwera Agnes w’imyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe n’abantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Agnes Kamugwera wimyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe nabantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mugitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Murenzi Protais wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gitovu, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yagurishije ishyamba rya Leta ringana na hegitari eshatu amafaranga avuyemo ahitamo kuyifunga aho kuyageza mu isanduku y’Akarere.
Tumurere Jean yatemwe n’umugore we Uwimana Christine w’imyaka 24 amushinja kumuca inyuma ubwo nyamugore yari asanze umugabo avugana n’umukobwa kuri telephone.
Habimana Maheneri wari ufite imyaka 19, wo mu murenge wa Munyiginya ho muri Rwamagana yaguye mu kiyaga cya Muhazi mu ijoro rishyira tariki 24/10/2013 apfiramo.
Ndikumana bakunze kwita Rukara w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, Akagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yatemaguwe bikabije mu mutwe, igikanu no ku maboko bamuziza ko ngo abanye neza n’umukoresha acururiza inyama z’inka.
Umugabo witwa Nsengiyumva utuye mu kagari ka Kintambwe mu mudugudu wa Nyiragiseke mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi azira gukubita umugore we Uwamariya Marie Louise umugeri mu nda agahita apfa.
Umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya Butanga afungiye kuri station ya police Kibungo akekwaho gushuka umunyeshuri yigishaga ko agiye kumuha akazi yamugeza mu rugo akamufata ku ngufu.
Umugore witwa Mariya umaze iminsi agarutse muri aka karere ka Rusizi nyuma yo gusubizwa mu gihugu cye cy’UBurundi ubu noneho yagarukanye ingeso yo kwishora mu mvura abandi bugamye avuga ko ari kuvuga ubutumwa bwa nyuma.
Umurambo wa Nyakubyara Marie Jeanne w’imyaka 49 y’amavuko watoraguwe mu mugezi, icyakora umukobwa we witwa Mukarukundo Clarisse w’imyaka 21 y’amavuko bari kumwe aburirwa irengero, bikaba bikekwa ko bahanutse ku iteme ry’ibiti bibiri bambukagaho bataha iwabo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro.
Mu Tugari twa Karambo na Kirebe ho mu Murenge wa Karambo, Akarere ka Gakenke haravugwa ikibazo cy’umutekano muke uterwa n’ubujura butandukanye burimo gupfumura amazu nijoro bagasahura ibintu birimo.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 8 wo mu mudugudo wa Kavune mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yarohamye mu Kiyaga cya Kivu, tariki 22/10/2013 ubwo yari yajyanye n’abandi bana koga.
Abashumba babiri bo mu mudugudu wa Kiringa, mu kagari ka Musenyi mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera baragira mu rwuri rw’uwitwa Karayigi William bagiranye ubushyamirane maze bararwana bibaviramo umwe gutema undi ahasiga ubuzima.